• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, August 25, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Hasobanuwe icyatumye ingabo z’u Burundi zikubita bamwe mu baturage b’i Ndondo zikabahindura intera.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 24, 2025
in Conflict & Security
0
Hasobanuwe icyatumye ingabo z’u Burundi zikubita bamwe mu baturage b’i Ndondo zikabahindura intera.
89
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hasobanuwe icyatumye ingabo z’u Burundi zikubita bamwe mu baturage b’i Ndondo zikabahindura intera.

You might also like

I Goma no mu nkengero zayo hagabwe ibitero bikaze.

Umwe mu barinzi ba komanda secteur yishwe arashwe i Uvira.

Akavuyo katejwe na Wazalendo i Uvira kateje impagarara ku Banyamulenge.

Nyuma y’aho umusirikare wo mu ngabo z’u Burundi ziherereye ku Ndondo ya Bijombo muri teritware ya Uvira yirashe wenyine agakomereka, bagenzi be bavuze ko yarashwe n’abaturage bo muri ibyo bice, ni ko guhera aho barabakubita kugeza babahinduye indembe!

I Ndondo ya Bijombo igizwe n’imihana ibarirwa mu magana. Binazwi ko ahanini igizwe n’uduce duherereye muri grupema ya Bijombo gusa, nubwo hari abavuga ko ihera kuri Kangwe uvuye mu bice byo mu Cyohagati, ugakomereza na za Gatanga werekeza mu Rurambo.

Ibice hafi yabyose bigize iyi Ndondo ya Bijombo, bituwe n’Abanye-kongo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge.

Ubutumwa twahawe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 24/06/2025, buvuga ko hari abagabo ba Banyamulenge bo muri ibyo bice by’i Ndondo ya Bijombo baheruka gukubitwa n’ingabo z’u Burundi zihakorera, bikarangira uko gukubitwa kubahinduye kuba abarwayi.

Ni ubutumwa bugaragaza kandi ko bariya bagabo bakubiswe ko ari abo mu gace ka Murambya, gaherereye mu ntera ngufi uvuye ku Wumugethi, ahari ibirindiro by’ingabo za FARDC zikorana byahafi n’izi z’u Burundi.

Ubutumwa bugira buti: “Turaho ariko abandi barwarwaye inkoni. Bakubiswe n’ingabo z’u Burundi ziraha ku Murambya.”

Ubu butumwa buri munyandiko twahawe kuri Minembwe Capital News bukomeza buvuga ko abakubiswe ko ari benshi kandi ko barimo n’abakozi b’Imana nka Mwalimu Ndereya na Mwalimu Fidel.”

Ati: “Hakubiswe benshi barimo abato n’abakuru. Hari nka Mwalimu Ndereya na Mwalimu Fidel.”

Mbere y’uko aba baturage bakubitwa inkoni nyinshi, hari umusirikare wo muri izi ngabo z’u Burundi wagiye ku ruzi kuvoma amazi. Ageze aho yajaga kuyavoma, yirasa ku kuguru. Begenzi be ntibemera ko yirashe, ni ko ku bishinja abantu bo muri uwo muhana wo ku Murambya waraho hafi naho uriya musirikare yari yagiye kuzana amazi yo gukoresha.

Icyakurikiyeho ni uko abasirikare b’u Burundi bafashe bariya bagabo babahata inkoni, benshi muri abo bakubiswe n’ubu bari kwivuza ibisebe, nk’uko aya makuru yakomeje abivuga.

Binavugwa ko uwo musirikare wirashe, yahise yoherezwa i Bujumbura mu Burundi kugira ngo yitabweho avurwe.

Ngayo nguko uko ingabo z’u Burundi zikomeje gutesa abaturage ba Banyamulenge ku butaka bw’igihugu cyabo.

Tags: AbaturageBijomboI NdondoIngabo zu BurundiInkoni
Share36Tweet22Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

I Goma no mu nkengero zayo hagabwe ibitero bikaze.

by Bruce Bahanda
August 25, 2025
0
I Goma no mu nkengero zayo hagabwe ibitero bikaze.

I Goma no mu nkengero zayo hagabwe ibitero bikaze. Ihuriro ry'ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo zagabye ibitero mu duce turi mu nkengero z'umujyi wa Goma ndetse...

Read moreDetails

Umwe mu barinzi ba komanda secteur yishwe arashwe i Uvira.

by Bruce Bahanda
August 25, 2025
0
Umwe mu barinzi ba komanda secteur yishwe arashwe i Uvira.

Umwe mu barinzi ba komanda secteur yishwe arashwe i Uvira. Umusirikare wa Repubulika ya demokarasi ya Congo wo mu ngabo zishinzwe umutekano wa Komanda secteur wa Uvira muri...

Read moreDetails

Akavuyo katejwe na Wazalendo i Uvira kateje impagarara ku Banyamulenge.

by Bruce Bahanda
August 25, 2025
0
Akavuyo katejwe na Wazalendo i Uvira kateje impagarara ku Banyamulenge.

Akavuyo katejwe na Wazalendo i Uvira kateje impagarara ku Banyamulenge. Mu mujyi wa Uvira muri Kivu y'Amajyepfo mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Wazalendo bakorera ubutegetsi...

Read moreDetails

AFC/M23/MRDP yafashe umwanzuro ukakaye ku ba canshuro barwana ku ruhande rwa RDC.

by Bruce Bahanda
August 25, 2025
0
AFC/M23/MRDP yafashe umwanzuro ukakaye ku ba canshuro barwana ku ruhande rwa RDC.

AFC/M23/MRDP yafashe umwanzuro ukakaye ku ba canshuro barwana ku ruhande rwa RDC. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho ryafashe icyemezo gishya ivuga ko itazongera kubabarira abacanshuro barwanirira ubutegetsi...

Read moreDetails

Abantu 14 barimo n’abanyamahanga bakatiwe urwo gupfa muri RDC.

by Bruce Bahanda
August 25, 2025
0
Abantu 14 barimo n’abanyamahanga bakatiwe urwo gupfa muri RDC.

Abantu 14 barimo n'abanyamahanga bakatiwe urwo gupfa muri RDC. Urukiko rukuru rw'igisirikare muri Repubulika ya demokarasi ya Congo ruherereye i Beni muri Kivu y'Amajyaruguru, rwakatiye abantu 14 barimo...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Olusegun Obasanjo.

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Olusegun Obasanjo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?