
Hatagajwe Ibiganiro bindi bigira iciciro ca Kane bigamije kuzana amahoro numutekano mwiza muburasirazuba bwa Republika ya democrasi ya Congo (RDC).
Yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 10.04.2023, saa 5:00 PM, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Amakuru agera kuri Minembwe Capital News, nuko hongewe gutangazwa ko hagiye kuba Ibindi biganiro bihuza abaturiye Uburasirazuba bwa Republika ya democrasi ya Congo, ibi biganiro byatangajwe na Serbe Tshibangu.
Nkuko Tshibangu yabivuze yavuze ko ibi biganiro arikimwe nibyabereye i Nairobi ati gusa ibi byo duteganya gukora bizabera kubutaka bwa Congo Kinshasa, bikazabera Beni, Uvira, Bukavu ndetse na Bunia.
Gusa bwana Serge Tshibangu yirinze gutangaza itariki bizaberaho ariko yemeza ko leta ya Kinshasa ariyo irimo kubitegura.
Ibiganiro bihuza Abanyecongo byakunze kubera i Kinshasa, Nairobi nahandi gusa ibi biganiro ntamahoro byatanze, intambara ziracakomeje guca ibintu hirya nohino muburasirazuba bw’ikigihugu ca Congo Kinshasa.
Ikindi nuko leta ya Kinshasa yakomeje gutsemba ivuga ko itazigera yicarana numutwe winyeshamba womumutwe wa M23.
Leta ikavuga ko izakomeza Inzira yi Luanda ivuga ko umutwe wa M23 ugomba kuva mubice wafashe ukaja mubice bya Sabyinyo. Umutwe wa M23 nawo wavuze ko utazaja kuba mwishamba ngo kuko ishamba rijamo inyamanswa.




