Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hatahuwe ibindi bishya ku Ngabo z’umuryango w’ubukungu bw’ibihugu byo muri Afrika y’Amajy’epfo, (SADC).

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
January 14, 2024
in Regional Politics
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mu gihe hari amakuru avuga ko Ingabo z’u muryango w’ubukungu bw’ibihugu byo muri Afrika y’Amajy’epfo (SADC), ko zitavuga rumwe n’ubuyobozi bw’Ingabo za FARDC, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, andi makuru yemeza neza iz’Ingabo za SADC zamaze kw’injira m’urugamba na M23 ariko ko bisa nibyamaze kuba amabuye ku Ngabo za SADC.

You might also like

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Ahagana tariki ya 15/12/2023, n’ibwo Ingabo za SADC zageze k’u butaka bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, aho zaje gufasha igisirikare cy’igihugu cya RDC, ku rwanya uy’umutwe w’inyeshamba wa M23.

Nk’uko bya vuzwe Ingabo za SADC zaje ziva mu Gihugu cya Afrika y’Epfo, Malawi na Tanzania, baza muri misiyo yahawe izina rya SAMIDRC.

Umubare ugize Ingabo za SADC bivugwa bwa mbere bya vuzwe ko ari abasirikare 200 ariko amakuru y’ukuri n’uko ari abasirikare 580, nk’uko inyandiko zagiye hanze zuwo muryango zibivuga.

Izo nyandiko zigira ziti: “Ku cyicaro gikuru cya SAMIDRC, kiri Keshero, i Goma, hashizwe abasirikare babanyamalawi 244 n’Abanyafrika y’Epfo 102, abandi bo mu mutwe udasanzwe (Special force) bo muri Botswana, Angola , Afrika y’Epfo na Tanzania boherejwe ku kibuga cy’i ndege cya Goma.”

“Naho abandi 50 bo mu gihugu ca Afrika y’Epfo boherejwe i Sake muri teritware ya Masisi, bakaba bari kumwe na FARDC, bahageze tariki ya 10/01/2024.”

Amakuru rero yemeza ko kuvaho ingabo za SADC zigereye i Masisi, ihuriro ry’Ingabo z’i gihugu ca Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC, FDLR, Ingabo z’u Burundi na Wazalendo, batangiye kugaba ibitero bikaze mu bice M23 igenzura, muri teritware ya Masisi, ibi bitero bivugwa ko byahitanye ubuzima bwa basivile bo mugace ka Birere mu bilometre 3 n’u Mujyi wa Sake.

Gusa amakuru yizewe agera kuri MCN avuga ko ubuyobozi bw’Ingabo za SAMIDRC bwa sabye FARDC guha SAMIDRC ikayobora operasiyo yo guhashya umutwe w’inyeshamba wa M23, ibyo FARDC idakozwa hubwo FARDC ihita isaba SADC ku bavira mu gihugu.

Mu bitero bya gabwe n’ihuriro ry’Ingabo za RDC, k’u munsi w’ejo hashize, tariki ya 13/01/2024, bigabwa i Mushaki, Karuba, Ruvunda, Nkingo no mu nkengero zaho, bya gabwe na FARDC, FDLR, Wagner, Ingabo z’u Burundi na Wazalendo.

Mu gihe SADC yo bivugwa ko yabaye mu gitero cyo kw’itariki ya 12/01/2024, cyonyine; n’igitero cyari cyagabwe mu birindiro bya M23 mu nkengero za Sake, muri teritware ya Masisi.

Bruce Bahanda.

Tags: FardcM23Samidrcurugamba
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails
Next Post

Umundyane ukomeje gufata indi ntera, hagati mu bategetsi ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?