Hatangajwe igikorwa kibi gishobora gukorwa n’abagore ba basirikare, ndetse n’abasirikare ubwabo muri RDC.
Muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, abagore basirikare ngo bashobora kwigaragambya bambaye ubusa ubu vuba, ndetse n’abasirikare ubwabo bakagumuka.
Byatangajwe na guverineri w’i ntara ya Ituri ku rwego rwa gisirikare, Lt.Gen. Johnny Luboya Nkashama mu kiganiro yagiranye n’itangaza makuru muri iyo ntara ya Ituri.
Ari muri icyo kiganiro, Lt.Gen. Johnny Luboya Nkashama, yavuze ko abapfakazi ba basirikare bashobora kujya mu muhanda kwigaragambya bambaye ubusa, bityo avuga ko ibyo bashobora kubikora kugira ngo bagaragaze ibibazo by’imibereho mibi bafite.
Yanasabye ko hadakwiye kujyaho gahunda igenzura abasirikare bari ku rugamba, ngo kuko igihe bikozwe byongera ibibazo igisirikare cy’iki gihugu gifite.
Ibyo yabitangaje nyuma y’aho ubugenzuzi bwa gisirikare muri RDC bwari buheruka gushyiraho gahunda yo gukora igenzura ry’imbitse ry’igisirikare kugira ngo hamenyekane abasirikare abatari mu kazi.
Kubera iyi gahunda, ubuyobozi bw’ingabo bwabaye buhagaritse amafaranga atangwa ku miryango y’abasirikare bapfiriye ku rugamba, ni mu gihe bifuza ko habanza gukorwa igenzura ngo hamenyekane umubare nyawo w’abapfuye, n’abasirikare bari mu kazi. Uru rwego rukaba ruri gukora ibi kugira ngo rurusheho kunoza ibijyanye n’ibyerekeye igisirikare.
Ni igikorwa abasirikare benshi bo muri iki gihugu batishimiye, mu batabyishimiye barimo na Lt Gen Johnny Luboya Nkashama, aho yavuze ko ari igikorwa kigamije guca intege abasirikare.
Yagize ati: “Iki kibazo cyo kumenya abapfakazi gihoraho, twe turi mu gace k’ahabera intambara, ntabwo bakwiye kuza kuturangaza, kuza kuduca intege kubera icyo kibazo.”