• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hatangajwe imibare mishya y’ingabo z’u Burundi, ziheruka gupfira mu gitero cyagabwe na Red Tabara, i Buringa, ho mu Ntara ya Bubanza.

minebwenews by minebwenews
March 15, 2024
in Regional Politics
0
Hatangajwe imibare mishya y’ingabo z’u Burundi, ziheruka gupfira mu gitero cyagabwe na Red Tabara, i Buringa, ho mu Ntara ya Bubanza.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hatangajwe umubare mushya w’i ngabo z’u Burundi ziciwe mu gitero giheruka kugabwa na Red Tabara i Buringa.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ni byatangajwe n’ishirahamwe ryo mu Burundi, Ligue Iteka, rishinzwe uburenganzira bwa muntu.

Ahagana mu mpera z’u kwezi kwa Kabiri, uyu mwaka n’ibwo Inyeshamba za Red Tabara zagabye igitero gikaze ku maposisiyo y’ingabo z’u Burundi yari ahitwa i Buringa, ha herereye muri Komine ya Gihanga, mu Ntara ya Bubanza.

Nyuma y’icyo gitero leta y’u Burundi yatangaje ko cyaguyemo abantu icenda, ivuga ko ari abasivile, bitandukanye kure nibyo Ligue Iteka yashize hanze muri iki Cyumweru turimo, yatangaje ko “igitero cya Red Tabara giheruka kugabwa i Buringa ko cyaguyemo abantu 19.”

Ligue Iteka ikavuga ko yakoze iperereza ryayo ku byerekeye igitero cy’i Buringa, mu rwego rwo kugira ngo hamenyekane ukuri no kugira ngo abahohotewe nabo bamenywe.

Ligue Iteka, ikemeza ko muri abo bapfuye harimo abasirikare icenda ba leta y’u Burundi, naho abasivile bakaba icumi, barimo abagore barindwi.

Iri shirahamwe rya Ligue Iteka ryanavuze n’amazina yabapfuye kugira ngo berekane ko hakozwe iperereza ry’imbitse.

Mu byo Ligue Iteka isobanura yagaragaje ko abarwanyi ba Red Tabara ko bagabye kiriya gitero ku masaha y’ijoro akuze, yo mu ijoro ryo ku itariki ya 25/02/2024, kandi ko bagabye iki gitero baturutse mu ishamba rya Rukoko.

Ikavuga ko uwahotewe wa mbere ko ari Sipiriyani Nizigiyimana, bakubise kugeza apfuye. Uyu yari umushumba w’ihene za Lieutenant Colonel Aaron Ndayishimiye. Ikavuga kandi ko aba barwanyi bamaze kuva mu ishyamba rya Rukoko mbere y’uko bagaba igitero babanjye guhagarara ku itorero rya Methodist libre, maze abasirikare ba leta y’u Burundi bari aho bakizwa n’amaguru batarwanye, bakaba bamwe barahunze berekeza ahari icyicaro gikuru cy’ishyaka rya CNDD FDD, abandi berekeza mu rugo rwa nyakwigendera Emile ahari icyunamo, nk’uko inyandiko za Ligue Iteka zibivuga.

Muri aka kanya Red Tabara yahise irasa ku basirikare bari bahunze , abasirikare bane bakaba barahise barasirwa ku cyicaro gikuru cy’ishyaka rya CNDD FDD, abandi basirikare batatu n’abasivile icenda baguye kurugo rwa nyakwigendera Emile, abandi basirikare ba biri baguye ahitwa kwa Badogo.

Inyandiko za Ligue Iteka ikavuga ko umurambo w’umushumba w’ihene wa Lt Col Aaron Ndayishimiye ko watwikiwe mu Modoka ubwo bari bawerekeje muri morgue, ikaba yari imodoka yo mu bwoko bwa Probox.

Inyandiko za Ligue Iteka zisoza zivuga ko “imirambo ya basivile yabanje kujanwa mu buruhukiro bwa DCA ha herereye ku k’ibuga cy’indege mpuzamahanga cyitiriwe Melchior Ndadaye, ariko iza gushingurwa mu irimbi rya mpanda, mu gihe imirambo yo ya basirikare yashinguwe ahitwa CECENI.

                MCN.
Tags: Imibare mushyaY'i Ngabo zu BurundiZaguye mu gitero cy'iburinga
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Ubwato bwari butwaye imiti ivura inkomeri zakomerekeye kurugamba, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru bwagabweho ibitero bikaze.

Ubwato bwari butwaye imiti ivura inkomeri zakomerekeye kurugamba, mu Ntara ya Kivu y'Amajyaruguru bwagabweho ibitero bikaze.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?