Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hatanze umucyo ku musirikare uheruka kwicwa arashwe mu Minembwe.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
January 15, 2025
in Regional Politics
0
Esikoti wo kwa Lt Gen. Masunzu yishwe arashwe mu Minembwe.
154
SHARES
3.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hatanze umucyo ku musirikare uheruka kwicwa arashwe mu Minembwe.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Bikubiye mu ibaruwa yashyizwe hanze n’umuyobozi w’ungirije wa sosiyete sivile ya Minembwe, Mufashi Santos, aho igaragaza ko Captain Eric Uwimana uheruka kwitaba Imana, yarashwe n’ingabo za Congo zikorera ku Kiziba mu Minembwe.

Ahagana isaha ya saa moya z’ijoro ryo ku itariki ya 13/01/2025, ni bwo Captain Eric Uwimana wari usanzwe arinda inzu ya Lt.Gen Masunzu iri ku Kiziba yishwe arashwe.

Iyi nzu uriya murinzi wo kwa Masunzu yarasiweho, iherereye hafi n’ikibuga cy’indege cya Minembwe, ikaba kandi iri mu ntera y’ikirometero kimwe uvuye aho ikambi y’abasirikare ba FARDC iri ku Kiziba.

Nk’uko bigaragara mu ibaruwa yashyizwe hanze n’umuyobozi w’ungirije wa sosiyete sivile ya Minembwe, ivuga ko “nubwo bitaratangazwa ku mugaragaragaro uwishe Captain Eric Uwimana, ariko ko amakuru y’ibanze yemeza ko yarashwe na Major Papy ureba abasirikare ba FARDC ku Kiziba.”

Muri iyi baruwa kandi, sosiyete sivile yagaragaje ko iki gikorwa cyo kwica Major Papy yakoze, atari cyo cya mbere ngo kuko tariki ya 27/10/2024, nabwo kandi yategetse Esikoti we kurasa mugenzi we warimo asaba umushahara we. Aramurasa arapfa.

Nubwo muri iyi baruwa sosiyete sivile itagaragaje icyatumye Maj Papy yica Captain Eric, amakuru yo kuruhande avuga ko mbere y’uko haba igikorwa cyo kwica barashe, hari habanje kuba intonganya hagati ya Papy na Eric. Aya makuru akavuga ko Eric yari yameneye ibanga bagenzi be ko Papy ari “interahamwe” yihinduye umunye-Kongo.

Mu busanzwe, interahamwe(FDLR) zikorana byahafi n’igisirikare cya Congo, FARDC, ndetse abenshi murizo usanga banakora mu nzego zohejuru mu buyobozi bukuru bw’Ingabo za RDC.

Uyu Eric wishwe we, akomoka mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, ariko akaba yarashakanye n’umukobwa w’Umunyamulenge uvuka i Gakenke.

Nyuma y’iraswa rya Captain Eric Uwimana, sosiyete sivile yavuze ko muri ibyo bice humvikanye urusaku rw’imbunda rwinshi, kandi ko zaraswaga n’ingabo za Congo.

Uyu musirikare wishwe, yasize umugore n’abana 11, akaba kandi asize n’umukazana.

Tubibutse ko yashinguwe mu cyubahiro ahar’ejo tariki ya 14/01/2025, ashingurwa i Gakenke ahari umuryango w’iwe.

Tags: EricKuziba
Share62Tweet39Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Umuyobozi w’Abanyamulenge muri Kamanyola yafunzwe.

Umuyobozi w'Abanyamulenge muri Kamanyola yafunzwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?