Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hatanzwe umucyo ku iturika ry’ibikoresho by’itumanaho byishe benshi abandi barakomereka muri Libani.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
September 19, 2024
in Regional Politics
0
Hatanzwe umucyo ku iturika ry’ibikoresho by’itumanaho byishe benshi abandi barakomereka muri Libani.
82
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hatanzwe umucyo ku iturika ry’ibikoresho by’itumanaho byishe benshi abandi barakomereka muri Libani.

You might also like

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Abantu 20 nibo bahasize ubuzima abandi 450 barakomereka, nyuma abakora ubutabazi bwihuse bateraniye ahabereye icyo gikorwa mu mujyi wa Sidon, mu majyepfo ya Libani.

Minisiteri y’ubuzima yo muri Libani yemeje aya makuru, aho ivuga ko abantu 20 bapfuye abandi 450 bakomeretse, kandi ko harimo abakomeretse bikabije mu iturika ry’ibikoresho by’itumanaho.Ivuga ko ari ibikoresho by’umutwe wa Hezbollah byaturikiye mu nkengero zo mu majyepfo y’umurwa mukuru wa Beirut, mu kibaya cya Bakaa no mu majyepfo ya Libani, ahazwi nk’indiri z’uwo mutwe.

Bivugwa ko bimwe mu byaturitse byabaye mu gihe barimo bashyingura abantu 12 abo minisiteri y’ubuzima ivuga ko bishwe ubwo ibikorwa by’itumanaho by’umutwe wa Hezbollah byaturikaga ku nshuro ya mbere ku wa Kabiri w’iki Cyumweru, itariki ya 17/09/2024.

Nyuma uyu mutwe wa Hezbollah waje gushinja Israel kuba ari yo yabagabyeho icyo gitero, ariko kugeza ubu ntacyo Israel irabivugaho.Ibyo bibaye mu gihe Minisitiri w’ingabo wa Israel Yoav Gallant yari aheruka gutangaza icyiciro gishya mu ntambara.

Uyu Minisitiri w’ingabo wa Israel yavuze ko Israel irimo ‘gufungura icyiciro gishya mu ntambara’ ndetse ko ingabo zabo zirimo kwi mukira mu majyaruguru zibanjye kubanza ku himurira ibikoresho byagisirikare.”

Igisirikare cya Israel kikaba cyaremeje ko umutwe w’ingabo uheruka kurwanira muri Gaza woherejwe mu majyaruguru.Mu gihe Hezbollah yo ivuga ko ibyo iri gukora biri mu buryo bwo gufasha umutwe wa Hamas nayo ifashwa na Irani, umutwe ufashwe na Israel n’ibindi bihugu byo mu Burengerazuba bw’isi nk’umutwe witerabwoba.

Ku wa gatatu, ibiro byitangaza makuru bya Hezbollah byatangaje urupfu rw’abarwanyi 13 bayo, barimo n’umuhungu w’imyaka 16, kuva icyiciro cya kabiri cy’ibuturika cyaba. Ibyo biro byanavuze ko uwo mutwe warashe ku ngabo za Israel ziherereye hafi y’umupaka no mu gace kigaruriwe na Israel kazwi nka Golan Heights, urasa za rokete mu birindiro by’iz’ingabo za Israel zikoresha imbunda za rutura.

Igisirikare cya Israel cyavuze ko ibisasu hafi 30 byambukiye muri Israel biva muri Libani ku wa gatatu, biteza inkongi y’umuriro ariko ntibyagira uwo bikomeretsa.Cyavuze kandi ko indege z’intambara za Israel zarashe ku barwanyi ba Hezbollah mu majyepfo ya Libani. Ibisigazwa by’icyombo cyo mu bwoko bwa ICOM, nyuma y’iturika mu nzu iri mu nkengero y’umujyi wa Baabek, mu kibaya cya Bakaa, mu majyaruguru ya Libani, ku itariki ya 18/09/2024. Ibyo bituruka byishe abantu byo ku wa gatatu ni ikindi gisebo kuri Hezbollah ndetse gishobora kuba ari ikimenyetso ko umuyoboro w’itumanaho wayo wose ushobora kuba warinjiriwe na Israel.

Ibi byanatumye abanya-Libani benshi bagwa mu kantu ndetse bagira n’uburakari, nyuma y’uko ibikoresho by’itumanaho bibarirwa mu bihumbi byaturikaga icyarimwe. Ibi bikoresho ngo byaturitse habanje kugaragara ubutumwa bwanditse kuri ibyo bikoresho bibwiraga ko buvuye ku mutwe wa Hezbollah.

              MCN.
Tags: Byishe abantuHezabollahIbiturikaLibani
Share33Tweet21Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails
Next Post

Economists See Few Monetary Policy Changes With Powell Leading Fed

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?