Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Havuzwe amakuru y’umugore umaze imyaka 30 adasinzira, hamenyekana n’impamvu yabiteye.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 3, 2024
in Uncategorized
0
Havuzwe amakuru y’umugore umaze imyaka 30 adasinzira, hamenyekana n’impamvu yabiteye.
61
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Havuzwe amakuru y’umugore umaze imyaka 30 adasinzira, hamenyekana n’impamvu yabiteye.

You might also like

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Ni umugore witwa Nguyen Ngoc My Kim, uzwi cyane ku izina rya “Umudozi w’umugore utaryama(The seamstress who never sleeps), atuye mu Ntara ya Long An mu gihugu cya Vietnnam, ntiyeze asinzira mu myaka 30 mu gihe amaze imyaka 49 avutse, nk’uko uyu mudamu yagiye abitangariza ibitangaza makuru bitandukanye.

Mu gihe cyose, uyu mugore yabajijwe n’itangaza makuru ku bijanye no kuba amaze igihe ataryama, yakomeje kubihamya ko amaze imyaka 30 ataryama ngo asinzire, kandi ko bitigeze bigira ingaruka ku buzima bwe na gato.

Gusa, uwo mugore avuga ko atavukanye ubwo bushobozi bwo kutaryama ngo asinzire ahubwo ko yagiye abyitoza mu gihe yari umukobwa w’umwangavu. Ibitotsi bye ngo byatakaye cyane kubera ko yimenyereje kujya asoma mu masaha y’ijoro cyane, ndetse ngo mu gihe yari atangiye umwuga we wo kudoda yarakoraga cyane akageza n’ijoro kugira ngo ashobore kurangiza imyenda y’abakiriya yabaga afite. Byaje kugera ku rwego rw’uko yumva nta bitotsi na bikeya agira, akumva adakeneye kuryama rero, akabyihorera rwose.

Amajoro yose akajya abigenza atyo, agakomeza agakora ijoro rigaca. Aganira n’abanyamakuru, hamwe yagize ati: “Nicaraga imbere y’imashini yanjye idodo, singerageze kujya mu buriri ngo ndyame kuko nabaga mfite impungenge ko byambuza kurangiza imyenda y’abakiriya ku gihe.”

Yakomeje agira ati: “Ku ntangiriro, hari ubwo nahuraga n’ibintu binkomereye mu masaha y’ijoro, nko kuba agatotsi gatoya kaza kakantwara, ngakora amakosa menshi mu gihe ndimo ndoda, ubundi rimwe na rimwe nkumva naniwe cyane, hari n’igihe nagize impanuka nkeya zo mu muhanda biturutse ku munaniro.”

Yunzemo kandi ati: “Ariko, nyuma yo kumara igihe ntaryama, bikamara amezi, imyaka, amaso yanjye ndetse n’umubiri wanjye byaje ku menyera kubura ibitotsi. Kuva ubwo, sinashoboraga kuryama no mu gihe nabaga numva mbishaka.”

Uyu mudamu Ngoy My Kim yaje kuba icyamamare ku mbuga nkoranyambaga muri iyi Ntara akomokamo, kuko abantu baramubonaga akora umunsi wose, ndetse n’ijoro ryose arimo adoda, amatara yaka ndetse n’imiryango yaho adodera ngo ikarara ifunguye, hakaba n’ubwo abantu binjiramo mu ijoro ngo barebe uko arimo akora.

Ati: “Ku ntangiriro, abantu bacyeya nibo batangazwaga cyane no kuba ntaryama, nyuma umubare w’abatangazwaga no kubona mpora mu kazi nkora ugenda wiyongera, nyuma birenga kumvikana nk’ibihuha, nkomeza kugenda namamara cyane kubera ubushobozi bwanjye bwo kudasinzira.”

Kimwe mu binyamakuru byamuganirije, hari icyitwa OddityCentral cyatangaje ko, ubu Nguyen Ngoc My Kim asurwa n’abaturutse imihanda yose, baje kureba uko ahora mu kazi kandi akaba amaze imyaka 30 ataryama, gusa ngo si we wa mbere muri Viennam ukoze icyo kintu kidasanzwe, kuko hari undi musaza witwa Thi Luu, uwo akaba ari umuhinzi w’imyaka 80, akaba amaze imyaka 60 ataryama ngo asinzire.

                    MCN.
Tags: AdasinziraNgoy Ngoc My KimUmaze imyaka 30Umugore
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

by Bruce Bahanda
May 29, 2025
1
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi. Hafashwe umukobwa wari ufite misiyo yo kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu misozi miremire y'i Mulenge muri Kivu...

Read moreDetails

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

by Bruce Bahanda
April 28, 2025
0
Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Iby'impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi. Urubuga rwa Whatsapp rwamamaye ku isi cyane, ahanini mu gufasha abantu kuganira, rugiye gushyiraho uburyo bwo kurinda...

Read moreDetails

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

by Bruce Bahanda
April 12, 2025
0
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge living in Mbarara, Uganda, are honoring the hero of Mulenge, General Rukunda Michel, widely known as Makanika. In this regard, they are organizing a football match, and...

Read moreDetails

The Kinshasa Government has once again shown AFC/M23 severe Obstacles in Negotiations

by Bruce Bahanda
April 11, 2025
0

The government of the Democratic Republic of the Congo has requested the authorities in Doha, Qatar, to ask AFC/M23 to withdraw its fighters from all areas it has...

Read moreDetails

What you should know about what is being said in Kisangani.

by minebwenews
April 2, 2025
0
What you should know about what is being said in Kisangani.

The city of Kisangani in the province of Tshopo, which is the third largest in Congo after Kinshasa, the capital city of DRC Congo, and Lubumbashi in the...

Read moreDetails
Next Post
Havuzwe ibyimbitse ku basirikare benshi barwanirira leta ya Kinshasa bafashwe matekwa n’umutwe wa M23.

Havuzwe ibyimbitse ku basirikare benshi barwanirira leta ya Kinshasa bafashwe matekwa n'umutwe wa M23.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?