• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, September 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Havuzwe ibyangirijwe n’imirwano ikomeje kubera muri teritware ya Mwenga.

minebwenews by minebwenews
August 22, 2024
in World News
0
Havuzwe ibyangirijwe n’imirwano ikomeje kubera muri teritware ya Mwenga.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Havuzwe ibyangirijwe n’imirwano ikomeje kubera muri teritware ya Mwenga.

You might also like

IDF yagabye igitero karundura i Doha ahari intumwa za Hamas

IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Ni imirwano ihanganishije imitwe y’itwaje imbunda ibiri ya Maï Maï, umwe uyobowe na Ruma undi nawo ukaba urebwa na komanda Kitwamaga, intambara ishamiranije izi mpande zombi niyo yatumye abaturage benshi bahunga n’imihana iratwikwa, nk’uko byavuzwe mu butumwa bw’amajwi MCN yahawe.

Agace kari kuberamo iyi mirwano yasubiranishijemo impande z’ibiri za Maï Maï, ni akitwa Muhuzi, gaherereye muri Grupema ya Kihogo ko muri Chefferie ya Lwindi, Secteur ya Itombwe, muri teritware ya Mwenga, intara ya Kivu y’Amajy’epfo.

Amakuru avuga kuri iyi mirwano avuga ko impande zombi zatangiye guhangana mu mpera z’iki Cyumweru dusoje, ndetse akavuga kandi ko izi mpande zombi ko zapfuye ubuyobozi, ni mu gihe buri ruhande rushaka kuba arirwo ruyobora aka gace ka Muhuzi.

Mu butumwa bwo bw’amajwi bwashizwe hanze buvuga ko iyi mirwano yangirije byinshi harimo ko harabantu bayiburiyemo ubuzima abandi bagakomeraka, udasize ko n’imihana yasenywe kandi ahanini iyi Mihana ikaba yaragiye itwikwa n’izi mpande zihanganye zipfa ubuyobozi.

Mu mashusho yo yagiye hanze, agaragaza abarimo abana bato n’abagore bahungiye ahantu mu bihuru, anagaragaza kandi ko abahunze bakikijwe n’imizigo myinshi ubona ko baremererewe.

Muri ubwo butumwa bw’amajwi kandi bwumvikanamo uwarimo atabaza aho yavugaga m’ururimi rw’igipfulero agira ati: “Intambara yakomeye hano i Muhuzi, imihana yahiye, ndetse n’imirima bayiranduye.”

Yakomeje agira ati: “Abazi gusenga musenge naho ubundi ho byakomeye. Kandi abari kurwana ni abavukana. Hararwana Maï Maï yo kwa Kitwamaga na Ruma.”

Si ubwa mbere abarwanyi ba Maï Maï basubiranyemo, kuko ibi bihora biba muri iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, kandi mu gihe bibaye usanga ari ntakindi bapfa usibye ubuyobozi.

              MCN.
Tags: ImirwanoMaï MaïMuhizi
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

IDF yagabye igitero karundura i Doha ahari intumwa za Hamas

by Bahanda Bruce
September 9, 2025
0
IDF yagabye igitero karundura i Doha ahari intumwa za Hamas

IDF yagabye igitero karundura i Doha ahari intumwa za Hamas Ingabo za Israel zakoze igitero gikomeye cyumvikanyemo iturika ridasanzwe, aho zakigabye i Doha muri Qatar ahari intumwa z'umutwe...

Read moreDetails

IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza

by Bahanda Bruce
September 8, 2025
0
IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza

IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza Ingabo za Israel (IDF) zatangaje ko zifite umugambi wo kugaba ibitero bikomeye no gusenya umujyi wa Gaza ugenzurwa n'abarwanyi bo mu...

Read moreDetails

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo avuga n'impamvu Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo ayita minisiteri y'intambara, avuga ko isi...

Read moreDetails

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

Icyemezo gikakaye n'icyo ubutabera bw'i Dubai bwafashe ku mwana w'umukobwa w'imyaka 23 Umukobwo w'imyaka 23 y'amavuko witwa Mia O'Brien ukomoka mu ntara ya Liverpool mu Bwongereza urukiko rw'i...

Read moreDetails

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango Mu karasisi gakomeye aho u Bushinwa bwamuritse intwaro zimwe zitari zizwi hamwe n'abasirikare ibihumbi batambuka badasobanya,...

Read moreDetails
Next Post
Twagarutse kudushya n’ubugome ndenga kamere bwakozwe na perezida Idi Amini Dada wayoboye Uganda.

Twagarutse kudushya n'ubugome ndenga kamere bwakozwe na perezida Idi Amini Dada wayoboye Uganda.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?