Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Havuzwe ibyangirijwe n’imirwano ikomeje kubera muri teritware ya Mwenga.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 22, 2024
in World News
0
Havuzwe ibyangirijwe n’imirwano ikomeje kubera muri teritware ya Mwenga.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Havuzwe ibyangirijwe n’imirwano ikomeje kubera muri teritware ya Mwenga.

You might also like

U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk’igihugu cyigenga.

Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya.

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

Ni imirwano ihanganishije imitwe y’itwaje imbunda ibiri ya Maï Maï, umwe uyobowe na Ruma undi nawo ukaba urebwa na komanda Kitwamaga, intambara ishamiranije izi mpande zombi niyo yatumye abaturage benshi bahunga n’imihana iratwikwa, nk’uko byavuzwe mu butumwa bw’amajwi MCN yahawe.

Agace kari kuberamo iyi mirwano yasubiranishijemo impande z’ibiri za Maï Maï, ni akitwa Muhuzi, gaherereye muri Grupema ya Kihogo ko muri Chefferie ya Lwindi, Secteur ya Itombwe, muri teritware ya Mwenga, intara ya Kivu y’Amajy’epfo.

Amakuru avuga kuri iyi mirwano avuga ko impande zombi zatangiye guhangana mu mpera z’iki Cyumweru dusoje, ndetse akavuga kandi ko izi mpande zombi ko zapfuye ubuyobozi, ni mu gihe buri ruhande rushaka kuba arirwo ruyobora aka gace ka Muhuzi.

Mu butumwa bwo bw’amajwi bwashizwe hanze buvuga ko iyi mirwano yangirije byinshi harimo ko harabantu bayiburiyemo ubuzima abandi bagakomeraka, udasize ko n’imihana yasenywe kandi ahanini iyi Mihana ikaba yaragiye itwikwa n’izi mpande zihanganye zipfa ubuyobozi.

Mu mashusho yo yagiye hanze, agaragaza abarimo abana bato n’abagore bahungiye ahantu mu bihuru, anagaragaza kandi ko abahunze bakikijwe n’imizigo myinshi ubona ko baremererewe.

Muri ubwo butumwa bw’amajwi kandi bwumvikanamo uwarimo atabaza aho yavugaga m’ururimi rw’igipfulero agira ati: “Intambara yakomeye hano i Muhuzi, imihana yahiye, ndetse n’imirima bayiranduye.”

Yakomeje agira ati: “Abazi gusenga musenge naho ubundi ho byakomeye. Kandi abari kurwana ni abavukana. Hararwana Maï Maï yo kwa Kitwamaga na Ruma.”

Si ubwa mbere abarwanyi ba Maï Maï basubiranyemo, kuko ibi bihora biba muri iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, kandi mu gihe bibaye usanga ari ntakindi bapfa usibye ubuyobozi.

              MCN.
Tags: ImirwanoMaï MaïMuhizi
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk’igihugu cyigenga.

by Bruce Bahanda
July 25, 2025
0
U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk’igihugu cyigenga.

U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk'igihugu cyigenga. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zateye utwatsi icyemezo cya perezida Emmanuel Macron w'u Bufaransa cyo kwemerera...

Read moreDetails

Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya.

by Bruce Bahanda
July 25, 2025
0
Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya.

Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho guverinoma nshya igizwe n'abaminisitiri 21, abanyamabanga ba Leta 10 n'abandi bayobozi bakuru. Iyi guverinoma nshya...

Read moreDetails

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y'indege. Indege yari itwaye abagenzi yakoze impanuka ikomeye mu gihugu cy'u Burusiya, ihitana abantu 48. Amakuru avuga ko iyo ndege yavaga mu mujyi...

Read moreDetails

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma. Umuyobozi wo muri Leta ya Ethiopia yanyomoje perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump, nyuma y'aho atangaje ko Amerika yateye inkunga umushinga wo...

Read moreDetails

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo. Ibihugu 25 byo ku isi, ahanini byo mu Burayi byahagurukiye gusaba Israel guhagarika intambara yashoye kuri Gaza. Bikubiye mu itangazo ibi...

Read moreDetails
Next Post
Twagarutse kudushya n’ubugome ndenga kamere bwakozwe na perezida Idi Amini Dada wayoboye Uganda.

Twagarutse kudushya n'ubugome ndenga kamere bwakozwe na perezida Idi Amini Dada wayoboye Uganda.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?