Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Havuzwe imirwano ikaze kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 24/08/2024 muri teritware ya Masisi.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 24, 2024
in Regional Politics
0
Havuzwe imirwano ikaze kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 24/08/2024 muri teritware ya Masisi.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Havuzwe imirwano ikaze kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 24/08/2024 muri teritware ya Masisi.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ni imirwano yabaye hagati ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa, aho yabereye mu duce two muri teritware ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, nk’uko amakuru ava muri ibyo avuga.

Ahitwa Kironko ha herereye hafi na Localite ya Buguri niho habereye iyi mirwano ikaze ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirimo iza FARDC, FDLR, Wazalendo, ingabo z’u Burundi, abacanshuro na SADC.

Iyi mirwano yatangiye igihe c’isaha z’igicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu, nyuma y’uko iri huriro ry’ingabo z’ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo ryagabye ibitero mu birindiro bya M23 biri muri ibyo bice.

Aya makuru avuga ko imirwano yaje gukomeza mu bindi bice, nka hitwa Muheto mu birometero 16 uvuye i Masisi ku i Zone, ndetse kandi no mu duce turimo Kisuma, Nyange, Kaniro, Lukopu na Katale, hose hagiye humvikana urusaku rw’imbunda ziremereye n’izito kuri uyu munsi.

Andi makuru yo ku ruhande avuga ko muri utu duce twabereyemo imirwano, utwinshi kuri ubu turagenzurwa n’abarwanyi ba M23.

Utwamaze ku menyekana ko twigaruriwe n’abarwanyi ba M23 ni Kisuma, Muheto n’ahandi.

Kuva mu ntangiriro z’iki Cyumweru turimo, hagiye humvikana imirwano hirya no hino muri za teritware ya Masisi, Lubero na Rutshuru. Ibi byatumye abaturage bakomeza guhunga ku bwinshi, nk’uko Sosiyete sivile yo muri ibyo bice yabitangaje.

Imiryango itegamiye kuri Leta nayo ikorera i Goma ahazwi nk’umurwa mukuru w’i Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, yashize inyandiko hanze igaragaza ko ihangayikishijwe n’imirwano iri kubera i Masisi, inasaba ko haba kubahiriza agahenge ka mahoro kasabwe mu biganiro by’i Luanda mu gihugu cya Angola. Ibi biganiro bikaba byarahuje u Rwanda na Congo.

              MCN.
Tags: ImirwanoM23Masisi
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post

This Video Game Is Turning the Pandemic Jobless Into Crypto Traders

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?