• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, December 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Havuzwe impinduka zimaze kugaragara mu Minembwe kuva Twirwaneho yahafata, ndetse nuko haramutse.

minebwenews by minebwenews
April 6, 2025
in Conflict & Security
0
Iby’ibitero by’ejo ku wagatandatu FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bagabye mu Banyamulenge.
96
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Havuzwe impinduka zimaze kugaragara mu Minembwe kuva Twirwaneho yahafata, ndetse nuko haramutse.

You might also like

Minembwe: Abanyamulenge Bishimiye Ifatwa ry’Umujyi wa Uvira, Bizeye Ihumure n’Isubukurwa ry’Ubuhahirane

Olivier Rumenge: “Turi muri Uvira kugira ngo turengere abaturage, kandi urugendo rwo kugera i Kinshasa rurakomeje”

Corneille Nangaa Yasobanuye Ifatwa rya Uvira, Ahakana Ubufasha bw’u Rwanda

Uyu munsi mu Minembwe babonye agahenge nyuma yuko iminsi itanu yarishize mu nkengero zayo habyukira imirwano, ndetse kandi kuva iki gice Twirwaneho yacirukanamo ingabo za Congo n’abambari bazo i centre ya Minembwe irimo isuku n’ituze, ubundi abaturage bishimiye uyu mutwe wa Twirwaneho.

Ni ubutumwa bwanditse tumaze kwakira kuri Minembwe Capital News bwatanzwe n’uri mu Minembwe bugaragaza ko kuri uyu wa mbere babyutse amahoro bitandukanye n’iy’iminsi ishize, kuko kuva ku wa gatatu kugeza ejo ku cyumweru, Abanyamulenge batuye mu nkengero za komine ya Minembwe bagiye bagabwaho ibitero ariko ko byose umutwe wa Twirwaneho wabisubizaga inyuma.

Ati: “Tubyutse neza mu Minembwe, nta mirwano yongeye kuhabyukira. Kandi n’ibitero byose batugabaho, Twirwaneho ibisubiza inyuma.”

Bivugwa ko igitero Abanyamulenge bagabweho mu Gahwela ejo ku cyumweru, Twirwaneho yabashe ku gisubiza inyuma cyane, kandi ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta zakigabye zigitakarizamo abasirikare benshi, mu gihe ku ruhande rwa Twirwaneho byarangiye ari amahoro ntawagikomerekeyemo cyangwa ngwa kigwemo.

Ubu butumwa kandi buvuga ko kuva Twirwaneho yigaruriye i komine ya Minembwe na centre yayo, byahise bihinduka iki gice kibamo isuku n’umutekano mwinshi.

Bugira buti: “Minembwe centre kuva yirukanwamo ingabo za FARDC mu mpera z’ukwezi kwa kabiri, habaye isuku ryinshi cyane. Ubu harasa n’i Kigali, kuko nta mwanda wo hagaragara haba muri centre no mu mihana ikikije iyi centre.”

Ubu butumwa bukomeza buvuga ko imiganda iri mugukorwa buri wa Gatandatu kugira ngo bamareho imyanda yazanywe muri iki gice ubwo cyarebwaga n’Ingabo za Leta ya Congo mu myaka myinshi ishize.

Sibyo gusa kuko ngo n’abaturage kuva Minembwe yafatwa na Twirwaneho barishimye kuburyo batembera ntarwikekwe bafite, haba mu ijoro cyangwa amanywa.

Bikaba bizwi ko igihe FARDC yaharebaga, Abanyamulenge benshi barishwe, ubundi kandi ntawatemberaga ari wenyine kuko waricwaga nk’igihe wabaga uhuye n’izo ngabo haba kumanywa cyangwa ari mu ijoro. Ariko ubu umutekano ni wose, ndetse kandi bivugwa ko abaturage barimo guhunguka bagaruka mu bice bari barahunzemo.

Hagataho, muri iki gice bishimiye kuza kwa m23 yamaze kugera mu nkengero z’iki gice, kuko iri mu bice bya Bijabo, aha akaba ari mu ntera y’i birometero bibarirwa muri 40 uvuye muri centre ya Minembwe.

Ni mu gihe abarwanyi b’uyu mutwe binjiye mu Rurambo mu cyumweru gishize, aho bahise bakomeza n’i Ndondo ya Bijombo kuri ubu bakaba bamaze kugera mu Bijabo.

Ibi Abanyamulenge bakaba babifata nk’ubutsinzi budasanzwe.

Tags: IsukuMinembweTwirwanehoUko habyutse
Share38Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Minembwe: Abanyamulenge Bishimiye Ifatwa ry’Umujyi wa Uvira, Bizeye Ihumure n’Isubukurwa ry’Ubuhahirane

by Bahanda Bruce
December 10, 2025
0
Minembwe: Abanyamulenge Bishimiye Ifatwa ry’Umujyi wa Uvira, Bizeye Ihumure n’Isubukurwa ry’Ubuhahirane

Minembwe: Abanyamulenge Bishimiye Ifatwa ry’Umujyi wa Uvira, Bizeye Ihumure n’Isubukurwa ry’Ubuhahirane Abaturage b’Abanyamulenge batuye mu Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, batangaje ko bishimiye cyane ifatwa ry’umujyi wa...

Read moreDetails

Olivier Rumenge: “Turi muri Uvira kugira ngo turengere abaturage, kandi urugendo rwo kugera i Kinshasa rurakomeje”

by Bahanda Bruce
December 10, 2025
0
Olivier Rumenge: “Turi muri Uvira kugira ngo turengere abaturage, kandi urugendo rwo kugera i Kinshasa rurakomeje”

Olivier Rumenge: “Turi muri Uvira kugira ngo turengere abaturage, kandi urugendo rwo kugera i Kinshasa rurakomeje” Olivier Rumenge Rugeyo, wahoze ahatanira kuba umudepite mu karere ka Fizi, yongeye...

Read moreDetails

Corneille Nangaa Yasobanuye Ifatwa rya Uvira, Ahakana Ubufasha bw’u Rwanda

by Bahanda Bruce
December 9, 2025
0
Corneille Nangaa Yasobanuye Ifatwa rya Uvira, Ahakana Ubufasha bw’u Rwanda

Corneille Nangaa Yasobanuye Ifatwa rya Uvira, Ahakana Ubufasha bw’u Rwanda Amakuru mashya aturuka mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo yemeza ko ihuriro rya Alliance Fleuve Congo,...

Read moreDetails

Uvira Mu Maboko ya AFC/M23/MRDP-Twitwaneho: Ifatwa ry’Umujyi Rihinduye Imiterere y’Intambara muri Kivu y’Amajyepfo

by Bahanda Bruce
December 9, 2025
0
Uvira Mu Maboko ya AFC/M23/MRDP-Twitwaneho: Ifatwa ry’Umujyi Rihinduye Imiterere y’Intambara muri Kivu y’Amajyepfo

Uvira Mu Maboko ya AFC/M23/MRDP-Twitwaneho: Ifatwa ry’Umujyi Rihinduye Imiterere y’Intambara muri Kivu y’Amajyepfo Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23/MRDP-Twitwaneho) ryamaze kwigarurira umujyi wa Uvira, nubwo hari uduce duke...

Read moreDetails

AFC/M23 Yiyemeje Gusana Igihugu: “Tugiye Kugarura Ubutware bwa Leta muri Congo Hose”

by Bahanda Bruce
December 9, 2025
0
AFC/M23 Yiyemeje Gusana Igihugu: “Tugiye Kugarura Ubutware bwa Leta muri Congo Hose”

AFC/M23 Yiyemeje Gusana Igihugu: "Tugiye Kugarura Ubutware bwa Leta muri Congo Hose" Mu itangazo ryasohowe kuri uyu wa kabiri, umutwe wa AFC/M23 watangaje ko ibiri kuba hirya no...

Read moreDetails
Next Post
Kera kabaye, umujyi wa Kisangani ugiye kwamburwa ingabo za Congo.

Kera kabaye, umujyi wa Kisangani ugiye kwamburwa ingabo za Congo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?