• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Havuzwe uko imirwano ihagaze ku mirongo y’urugamba hagati ya M23 n’ingabo za RDC.

minebwenews by minebwenews
January 12, 2025
in Regional Politics
0
FARDC yatakaje abayobozi ba komeye muri teritware ya Masisi.
166
SHARES
4.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Havuzwe uko imirwano ihagaze ku mirongo y’urugamba hagati ya M23 n’ingabo za RDC.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Kuri iki cyumweru tariki ya 12/01/2025, havuzwe imirwano ikomeye hagati y’ingabo za Repubulika ya demokorasi ya Congo n’umutwe wa M23, mu bice byo muri teritware ya Nyiragongo haherereye mu marembo y’u mujyi wa Goma no muri teritware ya Masisi; ni mirwano iri kubica bigacika, aho uyu mutwe wigaruriye tumwe muri utwo duce twabereyemo imirwano.

Amakuru avuga ko iyi mirwano yabaye kuri uyu munsi, yatangiye saa kumi n’ebyiri za mu gitondo ku masaha yo mu Burasirazuba bwa RDC. Kugeza ubu iyi mirwano ikaba igikomeje mu duce tumwe, mu gihe utundi M23 yatwigaruriye.

Ku mirongo y’urugamba, hari uguhangana gukaze, aho ndetse hari kumvikana imbunda ziremereye n’izito. Iri hangana ryabereye mu kibaya cya Kibumba muri teritware ya Nyiragongo mu birometero bike n’umujyi wa Goma.

Nanone kandi, indi mirwano ikomeye yabereye muri teritware ya Masisi, ikaba yo yabereye mu duce twinshi; hariho iyabereye ku misozi iherereye muri grupema ya Mupfunyi-Shanga, cyane cyane mu nkengero za Ngungu aho umutwe wa M23 uheruka gufata matekwa y’ingabo z’u Burundi zirenga 48. Aya makuru anavuga ko uruhande rurwana ku ruhande rwa Leta rwahunze rwerekeza muri Kasake.

Utundi duce twarimo twumvikanamo ibiturika byinshi, hari akitwa Ruzirantaka, Kamatane, Kabingo, Bitaana na Rwangara. Aha muri utwo duce niho imbunda zikomeye zarasiwe, nk’uko sosiyete sivile yo muri ibyo bice ibihamya.

Umuyobozi wa sosiyete sivile wo muri ibyo bice, Thierry Gasisiro, yagize ati: “Muri Masisi imirwano iri kubera ahantu henshi harimo iyabereye mu duce two muri grupema ya Mupfunyi-Shanga.”

Nyamara kandi aya makuru avuga ko uyu mutwe wa M23 wirukanye ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ku musozi wa Ndumba n’indi misozi ihanamiye centre ya Bwerimana, ndetse na Kashingamutwe.

Gusa, mu gace ka Kalonge kugeza ubu haracyarimo kubera intambara, nubwo amakuru amwe avuga ko uruhande rwa Leta ruri kurwana rusubira inyuma.

Hagataho, ku ruhande rw’umutwe wa M23 haravugwa imbaraga zidasanzwe kandi ko iz’imbaraga zishya zatangiye kugaragara mu minsi mike ishize.

Ndetse kandi uyu mutwe ukaba uri kwigarurira uduce cyane, kuruta ibindi bihe byose byabanje. Kugeza ubu nta gace nakamwe byavuzwe ko uruhande rwa Leta rwafashe,usibye kuvugwa ko urwo ruhande rukizwa n’amaguru, maze M23 igakomeza kwigarurira aho Ingabo za FARDC n’abambari bayo bahunze.

Tags: FardcImirwanoM23
Share66Tweet42Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Abandi bantu muri Leta ya Kinshasa basabiwe kuzajya bahabwa igihano cy’urupfu.

Intambara hagati ya M23 na FARDC yahinduye isura, mu marembo ya Goma byakaze.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?