
Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 11/12/2023, mu bice biheruka kubera mo imirwano biherereye mu nkengero za Komine Minembwe, muri teritware ya Fizi, mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, mu Gihugu ca Republika ya Demokarasi ya Congo, hatoraguwe indi mirambo ya Red Tabara, Maï Maï na FDLR, irenga 25.
Mu mpera z’iki Cyumweru, dusoje ahagana tariki 08/12/2023, Inyeshamba zo mu mutwe wa Maï Maï, iyobowe na Gen Yakutumba, FDLR irimo abasize bakoze Genocide mu Rwanda na Red Tabara, ikomoka mu gihugu c’u Burundi, bagabye ibitero mu bice byo muri Grupema ya Basimunyaka y’Amajy’epfo, Secteur ya Lulenge, nka Lumba, Ngandura, Rutigita, Kivumu na Kabingo.
Nyuma y’uko bagabye biriya bitero mu Mihana ituwe n’Abanyamulenge bo mu bwoko bw’Abatutsi, abaturage b’Irwanaho bo mw’itsinda rya Twirwaneho, bahanganye na z’iriya nyeshamba aho bya vuzwe ko iriya mirwano yamaze umwanya ungana n’amasaha icyenda. Bikaba bya ranavuzwe ko muriyo mirwano hagaragaye imirambo 19 ya Maï Maï, Red Tabara na FDLR.
Kuriki Cyumweru, tariki 10/12/2023, umuryango utabara imbare wa Croix-Rouge (Red-Cross), byavuzwe ko nawo wagiye gushingura Indi mirambo ya Maï Maï, FDLR na Red Tabara, itandatu ( 6). Mugihe bivugwa ko abo k’uruhande rwa baturage hakomeretse batatu, nk’uko iy’inkuru tuyikesha bamwe mu baturage baturiye ibyo bice.
Mu makuru yizewe Minembwe Capital News, imaze kwakira n’uko iriya mirambo ya toraguwe mu misozi ya Lumba na Rutigita ahabereye i mirwano ikaze yo kuri uwo wa Gatanu. Umwe mu baturage bahaye Minembwe Capital News, ay’amakuru ya duhamirije ko biriya bitero bya guyemo Maï Maï, Red Tabara na FDLR, abarenga 58.
Bruce Bahanda.