• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 2, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Humvikanye amajwi y’abadashaka Gen. Gasita muri Uvira

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
September 1, 2025
in Conflict & Security
0
Gen.Gasita uheruka kugirwa komanda region, yahamagajwe igitaraganya i Kinshasa.
74
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Humvikanye amajwi y’abadashaka Gen. Gasita muri Uvira

You might also like

Nyuma y’aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane

Hahishuwe indwara Abanyamulenge bari muri Leta ya RDC barwaye ituma bifatanya na yo n’iy’u Burundi kwica benewabo, hanavugwa n’umubare w’Ingabo z’u Burundi zoherejwe iwabo.

Mu burakari bwinshi Moïse Nyarugabo yamaganye ubutegetsi bwa RDC n’ubw’u Burundi

Abo mu bwoko bw’Abavira n’Abapfulero batuye mu mujyi wa Uvira uherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, bumvikanye mu majwi bavuga ko badashaka kubona Brigadier General Olivier Gasita iwabo muri Uvira, bakavuga ko nubwo ari umusirikare mukuru mu ngabo za RDC, ariko ko ari Umunyamulenge, bityo ko ari Umwanzi kuri bo.

Bikubiye mu butumwa bwa majwi, aho bukomeje guhererekanwa ku mbugankoranyambaga zihuriyeho abanyekongo batandukanye, kandi b’ingeri zose.

Muri ubwo butumwa, uwavuze ko yitwa Sifa anavuga ko atuye i Remela mu nkengero z’umujyi wa Uvira, yagize ati: “Ndabwira benewacu, icyo mutazi, buriya kugira imbabazi nyinshi ni icyaha kinuka kandi kibi! Ubutegetsi bw’i Kinshasa, ibyo budukiniraho tugaceceka, tukababarira, ni ubupfu! Ntabwo dushaka ko batwoherereza uwo mugabo General Gasita, aratuzanira iki kindi kitari ukutwinjiriza abanzi!”

Yakomeje ati: “Umunsi azaza, tuzambare ibijangala, tumwamaganire kure. I Kinshasa badufata nk’impumyi, ariko twebwe turi ba Murere. Nti dushaka Gasita kandi naza tuzakora imyigaragambyo, tuzayihera i Remela duhuruke mu mujyi wa Uvira.”

Nyuma ye, hagiye undi mugabo agira ati: “Muhumure nta bwo Gasita azagera i Uvira, kuko aha ari iwabo Wazalendo, kandi si Umzalendo, no mu gihe yo haza ni kimwe n’ikigeragezo aba-kristo bahura nabyo baja mu ijuru.”

Uyu mugabo yanavuze ko bakoze ibiganiro basanga abo muri diaspora ari bo babazanira abanzi, kandi ko babazana babita abeza, ariko ko ubu babiganiriyeho neza, bityo ko General Olivier Gasita atazagera muri iki gice cy’iwabo i Uvira.

Ati: “Rwose ntazagera iwacu. Oya twarabyanze, twamaze kubiganiraho. Aba-diaspora babisabisha i Kinshasa, na yo ikabohereza hano, ariko umuti twarawutoye.”

Brigadier General Olivier Gasita ashyinzwe ibikorwa bya gisirikare mu mujyi wa Kindu mu ntara ya Maniema, mu Burasirazuba bw’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ubushize yari yitabye i Kinshasa, aho yari yahamagajwe kugira ngo aje gusobanura iby’umutekano ukomeje kuzamba mu ntara afite mu nshingano ze.

Ariko mbere y’uko atumizwa i Kinshasa, byagiye bivugwa ko ari i Bujumbura mu Burundi igihugu gikorana byahafi n’icya RDC mu byagisirikare no mu ntambara zose irimo mu Burasirazuba bwayo, bikavugwa ko ahava yinjira i Uvira akabona gusubira i Kindu.

Muri icyo gihe ni bwo abo muri Uvira bagiye batanga ubutumwa, bakagaragaza ko batamushaka.

Abanye-Congo bandi bashinja ababo ba Banyamulenge n’Abatutsi bose muri rusange kuba ari Abanyarwanda, ndetse bakavuga ko ari abashitsi muri iki gihugu, bityo ko batagomba kugira umurimo bashingwa haba muri Leta cyangwa no mu bindi bikorwa bitandukaniye. Uretse n’icyo bavuga ko bakwiye gusubira mu Rwanda iyo bavuga ko baturutse.

Ibi ni nabyo soko y’intambara ikomeje kubica bigacika muri iki gihugu. Ariko nubwo ari uko bimeze ntibibuza ko bamwe muri aba Banyamulenge bakomeza gukorera muri Leta y’i Kinshasa, kabone nubwo kandi abenshi bafashe imbunda bahanganye nabwo.

Ndetse hafi u Burasirazuba bw’iki gihugu bwose buri mu biganza bya AFC/M23/MRDP-Twirwaneho iburwanya.

Tags: GasitaUvira
Share30Tweet19Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Nyuma y’aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane

by Bruce Bahanda
September 2, 2025
0
Nyuma y’aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane

Nyuma y'aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane Brigadier General Olivier Gasita wo mu ngabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, ushinzwe ibikorwa bya...

Read moreDetails

Hahishuwe indwara Abanyamulenge bari muri Leta ya RDC barwaye ituma bifatanya na yo n’iy’u Burundi kwica benewabo, hanavugwa n’umubare w’Ingabo z’u Burundi zoherejwe iwabo.

by Bruce Bahanda
September 2, 2025
0
I Goma no mu nkengero zayo hagabwe ibitero bikaze.

Hahishuwe indwara Abanyamulenge bari muri Leta ya RDC barwaye ituma bifatanya na yo hamwe n'iy'u Burundi kwica benewabo, hanavugwa n'umubare w'Ingabo z'u Burundi zoherejwe iwabo. Guverinoma y'u Burundi...

Read moreDetails

Mu burakari bwinshi Moïse Nyarugabo yamaganye ubutegetsi bwa RDC n’ubw’u Burundi

by Bruce Bahanda
September 1, 2025
0
Mu burakari bwinshi Moïse Nyarugabo yamaganye ubutegetsi bwa RDC n’ubw’u Burundi

Mu burakari bwinshi Moïse Nyarugabo yamaganye ubutegetsi bwa RDC n'ubw'u Burundi Moïse Nyarugabo wahoze mu bategetsi bavuga rikijana muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, igihe cya Joseph Kabila...

Read moreDetails

Mu ibanga rikomeye Gen.Gasita yinjiye muri Uvira, ubuhamya twahawe

by Bruce Bahanda
September 1, 2025
0
Mu ibanga rikomeye Gen.Gasita yinjiye muri Uvira, ubuhamya twahawe

Mu ibanga rikomeye Gen.Gasita yinjiye muri Uvira, ubuhamya twahawe Brigadier General Olivier Gasita uyoboye ibikorwa bya gisirikare mu mujyi wa Kindu ufatwa nk'umurwa mukuru w'i ntara ya Maniema,...

Read moreDetails

AFC/M23 mu gikorwa cyo gutangiza umwaka wa mashuri wa 2025-2026.

by Bruce Bahanda
September 1, 2025
0
Auto Draft

AFC/M23 mu gikorwa cyo gutangiza umwaka wa mashuri wa 2025-2026. Abayobozi bakuru bo mu ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23, Corneille Nangaa na Bisimwa bagaragaye bari kumwe n'abana...

Read moreDetails
Next Post
Umwe mu barinzi ba komanda secteur yishwe arashwe i Uvira.

Ibyabaye ku ngabo za FARDC n'iz'u Burundi ku Ndondo ya Bijombo biteye ubwoba bukomeye.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?