• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

I Doha hari kubera ibiganiro hagati ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

minebwenews by minebwenews
August 27, 2025
in Regional Politics
0
I Doha hari kubera ibiganiro hagati ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.
74
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

I Doha hari kubera ibiganiro hagati ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

You might also like

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

Intumwa za AFC/M23 n’iza leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo ziri kuganira kumeza imwe mu biganiro biri kubera i Doha muri Qatar.

Mu cyumweru gishize ahagana mu mu ntangiriro zacyo, nibwo Qatar yakiriye ibiganiro bishya bigamije gushakira impande zishyamiranye muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, AFC/M23 na Leta y’iki gihugu ari yo ya Kinshasa.

Umuvugizi wa minisiteri y’ubanyi n’amahanga wa Qatar yemeje ko ku wa kabiri intumwa za AFC/M23 n’iza leta y’i Kinshasa zageze muri iki gihugu kugira ngo zisubukure ibiganiro.

Avuga ko ibi biganiro bizibanda cyane kumbanzirizamushinga y’amahoro yumvikanyweho mu kwezi kwa gatandatu uyu mwaka hagati y’u Rwanda na RDC.

Yakomeje avuga ko mu biganiro bishya byibanda cyane ku buryo bwajyaho mu rwego rwo kugenzura ko agahenge ko guhagarika imirwano kubahirizwa, ndetse no guhererekanya imfungwa.

Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa we, yari aheruka gutangaza ko bazasaba guhagarika imirwano, ndetse no guhabwa imfungwa nk’uko ngo byemejwe mu masezerano yasinywe, kandi ibyo ngo mu gihe bitokorwa n’ibindi byose bizahite bihagarara.

Qatar ivuga ko ibi biganiro biri kubera i Doha biyobowe na Leta Zunze ubumwe z’Amerika n’umuryango mpuzamahaga wita kumbabare wa Red-cross.

Kimwe mu bitangazamakuru mpuzamahanga cya RFI cyatangaje ko cyabonye inyandiko isobanura ibizaganirwaho muri ibi biganiro by’i Doha, ngo zivuga ko bazarebera hamwe mu gushyinga igisirikare kitagira aho kibogamiye, kandi kikazagenzura uduce AFC/M23 yigaruriye, mu rwego rwo kuhasubiza ubutegetsi bwa Leta.

Ibi bigafatwa nk’ikintu gikaze, kuko AFC/m23 yo ubwayo yagiye isaba ko yahayobora mu gihe cy’imyaka umunani cyangwa irenga, bigakorwa muri gahunda yo kugerageza Leta Yunze ubumwe bwa Congo. Muri icyo gihe intara zo mu Burasirazuba bw’iki gihugu zikaba zifite uburenganzira busesuye bwo gukora ibiziteza imbere.

Gusa, ibyo Leta y’i Kinshasa ntibikozwa, ahubwo ibirwanyiriza kure kuko ibyita “balkanisation.”

Tags: AFC/m23DohaibiganiroRdc
Share30Tweet19Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
1
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatangaje ko ibyo yavuze abizi, kandi ko abatamuzi ari bo bavuga ko yapfukamiye...

Read moreDetails

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 11, 2025
0
RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda Repubulika ya demokarasi ya Congo ibinyujije kuri minisitiri wayo w'ubanye n'amahanga, Therese Kayikwamba Wagner, yikomye umuryango w'ubumwe bw'u Burayi...

Read moreDetails

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Stephanie Nyombayire, yavuze ko ibyatangajwe na perezida Felix Tshisekedi...

Read moreDetails

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y'ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel Perezida Paul Kagame w'u Rwanda yatangaje ko umuntu agize ikibazo akabombolekana nk'ingungura irimo ubusa, na we yaba afite...

Read moreDetails
Next Post
Umunye-Congo Wissa yavuze impamvu yifuza gukomereza mu yindi kipe.

Umunye-Congo Wissa yavuze impamvu yifuza gukomereza mu yindi kipe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?