
Major Gen Jeff Nyagah, uhagarariye ingabo zirimubutumwa bwamahoro zo mumuryango wa AFrica y’iburasirazuba (EAC), ari i Goma yakoze ikiganiro nab’anyamakuru.
Yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 18.04.2023, saa 7:50 AM, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Amakuru agera kuri Minembwe Capital News, dukesha abaturiye Goma batanze amakuru avuga ko Umukuru w’ingabo zirimubutumwa bwamahoro zomubihugu biri mumuryango wa AFrica y’iburasirazuba (EAC), koyagiranye ikiganiro nab’anyamakuru batandukanye bomurico gisagara.
Murico kiganiro i Goma bwana Major Gen Jeffe Nyagah, yagiranye nabanyamakuru yababwiye ko Amahoro Muburasirazuba bwa Republika ya democrasi ya Congo amaze kugaruka.
Major Gen Jeff Nyagah, yagize ati : “Nyuma yuko aba Presidents bagize umuryango wa EAC bahuye bemezanya ko intambara ihagarara kumpande zihanganye muburasirazuba bw’iki gihugu, byarubahirijwe kandi umutwe wa M23 urubahiriza bava mubice bari barigaruriye.”
Bwana Jeff Nyagah yakomeje avuga ko kubwo kubahiriza amasezerano yabakuru b’ibihugu bigize umuryango wa EAC biri mubitumye uburasirazuba bwa Republika ya democrasi ya Congo (RDC), hagaruka amahoro.
Indi nkuru kubyerekeye uburasirazuba bwa Congo Kinshasa, nuko muriki Cumweru turimo hateguwe ibiganiro bihuza abakuru b’Ingabo zibihugu bigize umuryango wa EAC.
Uyu mubonano byavuzwe kuvambere ko uzabera i Goma ho muntara ya Kivu yamajyaruguru. Ikigenderewe muruwo mubonano wabakuru b’Ingabo zibihugu bigize umuryango wa AFrica y’iburasirazuba (EAC), bivugwa ko ari ugusuzuma aho ibikorwa byokugarura amahoro bigeze nogusubira inyuma kumutwe Winyeshamba wa M23.





This is the right blog for everyone who wants to find out about this topic. You understand so much its almost hard to argue with you (not that I personally would want toÖHaHa). You certainly put a new spin on a topic thats been written about for decades. Wonderful stuff, just great!