I Kabare haramukiye ibitero by’ihuriro ry’Ingabo za Congo.
Ingabo zirimo iza Congo(FARDC), iz’u Burundi(FDNB) n’imitwe yitwaje intwaro ikorana byahafi na Leta y’i Kinshasa irimo uwa FDLR na Wazalendo, zazindutse zigaba ibitero mu duce dutuwe cyane n’abasivili two muri teritware ya Kabare, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.
Ibi bitero byatangiye igihe c’isaha ya saa kumi n’imwe z’urukerera rwo kuri uyu wa kane tariki ya 10/04/2025, aho iri huriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta zabigabye mu duce twegereye cyane Pariki y’igihugu ya Kahuzi-Biega muri teritware ya Kabare muri Kivu y’Amajyepfo.
Amakuru agaragaza neza ko iki gitero cyagabwe ahitwa Tshivanga. Ni agace gatuwe cyane n’abasivili kakaba kegereye i Pariki y’igihugu ya Kahuzi-Biega.
Nyuma abarwanyi bo mu mutwe wa M23 ubarizwa mu ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, bahise berekeza muri iki gice, ubundi batangira guhana iri huriro rirwanirira ubutegetsi bw’i Kinshasaryagabye igitero mu baturage.
Aya makuru anavuga ko iki gitero iri huriro ry’ingabo za Congo zakigabye ziturutse muri iri shyamba rya Kahuzi-Biega.
Iki gitero kije gikurikira ibindi bitero iri huriro rirwanirira ubutegetsi bw’i Kinshasa riheruka kugaba ku wa kabiri w’iki cyumweru mu duce turi aho hafi two muri teritware ya Kalehe isanzwe ihana umupaka n’iyi ya Kabare na yo yagabwemo ikindi uyu munsi ku wa kane.
Ibyo bitero, nk’uko amakuru akomeza abivuga ririya huriro ryabigabye mu duce twa Bushaku, Katale na Kafufula.
Nyamara nubwo iri huriro ry’ingabo za Congo ariryo rigaba ibi bitero, ariko birangira abarwanyi b’uyu mutwe wa M23 babisubije inyuma.
Ndetse bagahakikisha ko babigijeje kure, nubwo buja guca ryongeye kubigaba ahandi.
Ku rundi ruhande, M23 ikomeje ibikorwa byo guteza imbere uduce twose igenzura harimo n’umujyi wa Bukavu. Bakora imiganda igamije gusukura umujyi, ubundi kandi bagasana n’ibikorwa remezo ibyo basanze ingabo za Congo zarangije.
Ikigeretseho kuri ibyo, mu ntangiriro z’iki cyumweru turimo AFC yafunguye Bank i Goma, mu rwego rwo kugira ngo ifashe abaturage.
Iyi miganda kandi ikorwa no mu Minembwe, Kamanyola, n’ahandi.