• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

I Kabare haramukiye ibitero by’ihuriro ry’Ingabo za Congo.

minebwenews by minebwenews
April 10, 2025
in Conflict & Security
0
Imirwano yo gusubiranamo ya Wazalendo yongeye gufata indi ntera ku mugoroba wajoro.
77
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

I Kabare haramukiye ibitero by’ihuriro ry’Ingabo za Congo.

You might also like

Abigaragambya bahaye Brig.Gen. Gasita isaha ntarengwa zo kuba yavuye muri Uvira

Aho imyigaragambyo ya Wazalendo igeze isatira kuri Meri muri Uvira

Abyukiye i Uvira ahanini ku myigaragambyo simusiga yazindukiye i Kavimvira

Ingabo zirimo iza Congo(FARDC), iz’u Burundi(FDNB) n’imitwe yitwaje intwaro ikorana byahafi na Leta y’i Kinshasa irimo uwa FDLR na Wazalendo, zazindutse zigaba ibitero mu duce dutuwe cyane n’abasivili two muri teritware ya Kabare, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.

Ibi bitero byatangiye igihe c’isaha ya saa kumi n’imwe z’urukerera rwo kuri uyu wa kane tariki ya 10/04/2025, aho iri huriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta zabigabye mu duce twegereye cyane Pariki y’igihugu ya Kahuzi-Biega muri teritware ya Kabare muri Kivu y’Amajyepfo.

Amakuru agaragaza neza ko iki gitero cyagabwe ahitwa Tshivanga. Ni agace gatuwe cyane n’abasivili kakaba kegereye i Pariki y’igihugu ya Kahuzi-Biega.

Nyuma abarwanyi bo mu mutwe wa M23 ubarizwa mu ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, bahise berekeza muri iki gice, ubundi batangira guhana iri huriro rirwanirira ubutegetsi bw’i Kinshasaryagabye igitero mu baturage.

Aya makuru anavuga ko iki gitero iri huriro ry’ingabo za Congo zakigabye ziturutse muri iri shyamba rya Kahuzi-Biega.

Iki gitero kije gikurikira ibindi bitero iri huriro rirwanirira ubutegetsi bw’i Kinshasa riheruka kugaba ku wa kabiri w’iki cyumweru mu duce turi aho hafi two muri teritware ya Kalehe isanzwe ihana umupaka n’iyi ya Kabare na yo yagabwemo ikindi uyu munsi ku wa kane.

Ibyo bitero, nk’uko amakuru akomeza abivuga ririya huriro ryabigabye mu duce twa Bushaku, Katale na Kafufula.

Nyamara nubwo iri huriro ry’ingabo za Congo ariryo rigaba ibi bitero, ariko birangira abarwanyi b’uyu mutwe wa M23 babisubije inyuma.

Ndetse bagahakikisha ko babigijeje kure, nubwo buja guca ryongeye kubigaba ahandi.

Ku rundi ruhande, M23 ikomeje ibikorwa byo guteza imbere uduce twose igenzura harimo n’umujyi wa Bukavu. Bakora imiganda igamije gusukura umujyi, ubundi kandi bagasana n’ibikorwa remezo ibyo basanze ingabo za Congo zarangije.

Ikigeretseho kuri ibyo, mu ntangiriro z’iki cyumweru turimo AFC yafunguye Bank i Goma, mu rwego rwo kugira ngo ifashe abaturage.

Iyi miganda kandi ikorwa no mu Minembwe, Kamanyola, n’ahandi.

Tags: IbiteroIhuriro ry'ingabo za CongoKabare
Share31Tweet19Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Abigaragambya bahaye Brig.Gen. Gasita isaha ntarengwa zo kuba yavuye muri Uvira

by Bahanda Bruce
September 8, 2025
0
Brig.Gen.Gasita woherejwe i Uvira ari hagati y’urupfu n’umupfumu

Abigaragambya bahaye Brig.Gen. Gasita isaha ntarengwa zo kuba yavuye muri Uvira Mu gihe igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo muri Uvira cyari cyatanze itegeko ryo kurasa abigaragambya...

Read moreDetails

Aho imyigaragambyo ya Wazalendo igeze isatira kuri Meri muri Uvira

by Bahanda Bruce
September 8, 2025
0
Aho imyigaragambyo ya Wazalendo igeze isatira kuri Meri muri Uvira

Aho imyigaragambyo ya Wazalendo igeze isatira kuri Meri muri Uvira Abazindukiye mu myigaragambyo i Uvira muri Kivu y'Amajyepfo yo kwamagana Brigadier General Olivier Gasita, igeze hafi naho igambiriye...

Read moreDetails

Abyukiye i Uvira ahanini ku myigaragambyo simusiga yazindukiye i Kavimvira

by Bahanda Bruce
September 8, 2025
0
Wazalendo batangaje ibindi bazakora ku munsi w’ejo kugira ngo birukane Gen Gasita i Uvira

Abyukiye i Uvira ahanini ku myigaragambyo simusiga yazindukiye i Kavimvira Amakuru aturuka i Uvira avuga ko muri iki gice giherereye ku nkombe y'ikiyaga cya Tanganyika, kibyukiyemo imyigaragambyo ikomeye...

Read moreDetails

Abanyamulenge badaciye ku ruhande babwiye Meya wa Uvira akaga bari gukorerwa, n’impamvu bagakorerwa

by Bahanda Bruce
September 8, 2025
0
Uvira byakomeje kudogera abatari bake bakomerekejwe abandi bafunzwe

Abanyamulenge badaciye ku ruhande babwiye Meya wa Uvira akaga bari gukorerwa, n'impamvu bagakorerwa Abanyamulenge batuye mu mujyi wa Uvira muri Kivu y'Amajyepfo babwiye Meya w'uyu mujyi akababaro kabo...

Read moreDetails

Iby’igitero cyagabwe mu Rugezi

by Bahanda Bruce
September 7, 2025
0
Hafi n’i kaziba haravugwa imirwano mishya hagati ya AFC/M23/MRDP n’ingabo za RDC

Iby'igitero cyagabwe mu Rugezi Amakuru aturuka mu Rugezi mu majy'Epfo ashyira uburengerazuba bwa teritware ya Minembwe muri Kivu y'Amajyepfo, avuga ko hagabwe igitero cy'ihuriro ry'ingabo za Congo, ariko...

Read moreDetails
Next Post
Minembwe Under Siege: Two Territories Attacked by FARDC, Mai Mai, FDLR

Minembwe Under Siege: Two Territories Attacked by FARDC, Mai Mai, FDLR

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?