Havuzwe imirwano y’umvikanye umwanya muto ahagana mu masaha y’icamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 12/01/2024, n’i mirwano yarimo ihanganisha umutwe wa M23 n’ihuriro ry’Ingabo za Guverinoma ya Kinshasa, FDLR, FARDC, Wagner ingabo z’u Burundi na Wazalendo.
Nk’uko bya vuzwe iriya mirwano yabereye mu nkengero za Localité ya Karuba, Gurupema ya Bashali, muri teritware ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Iy’i mirwano ibaye mugihe no kumunsi w’ejo hashize, tariki ya 11/01/2024, mu bice byo muri grupema ya Gatare, habaye imirwaro ikomeye yasize M23 yirukanye ihuriro ry’Ingabo za RDC muri ibyo bice. Gusa bya vuzwe ko iyo mirwano itamaze umwanya munini, kimwe n’ibyabaye kuri uyu wa Gatanu.
K’urundi ruhande umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, muri Kivu Yaruguru, Lt Colonel Ndjike Kaiko Guillaume, yashinjye umutwe w’inyeshamba wa M23, gutera igisasu cy’imbunda yo mu bwoko bwa Mortier 120, ahatuwe n’abaturage benshi, i Sake.
Lt Col Ndjike Kaiko Guillaume, yavuze ko kiriya kibombe cyatewe neza mugace kitwa Birere, muri Sake, muri teritware ya Masisi.
Yagize ati:”Umutwe wa M23 warashe ikibomba i Birere, ho muri Sake, muri teritware ya Masisi, ahantu hatuwe n’a baturage benshi. Nta muntu wakomerekejwe nicyo gisasu, nta n’uwahasize ubuzima.”

Ibi ntacyo ubuyobozi bw’u mutwe wa M23, burabitangazaho.
Bruce Bahanda.