I Kibuga cy’Indege cya Kisangani Kiravugwaho Ibitero Karahabutaka
Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko ishinja u Rwanda n’umutwe wa AFC/M23 kuba ari bo bari inyuma y’ibitero bya drone biherutse kugabwa ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bangboka, giherereye mu Ntara ya Tshopo, hafi y’umujyi wa Kisangani.
Nk’uko byemejwe n’ubuyobozi bw’Intara ya Tshopo, ibi bitero byabaye mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki ya 31/01/2026 rishyira ku Cyumweru tariki ya 01/02/2026, aho drone nyinshi zarashwe zigana ku kibuga cy’indege cya Bangboka, kiri mu bilometero 17 uvuye mu mujyi wa Kisangani.
Itangazo ryasohowe n’ubuyobozi bw’iyo ntara rivuga ko izo drone zari zitwaye amasasu adasanzwe, arimo uduce twinshi tw’amasasu ashobora guteza ingaruka zikomeye ku baturage no ku bikorwa remezo. Iryo tangazo rishimangira ko ibyo bitero byakozwe “n’u Rwanda ku bufatanye n’abafatanyabikorwa barwo ba AFC/M23,” ribyita igikorwa cy’ubugome, kidafite ishingiro mu mategeko mpuzamahanga, kandi kigamije guhungabanya umutekano wa RDC.
Ubuyobozi bwa Tshopo bwatangaje ko, kubera ubushishozi n’ubunyamwuga by’Ingabo za RDC (FARDC) n’abafatanyabikorwa bazo mu by’umutekano, drone umunani zashoboye guhanurwa mbere yo kugera ku ntego zazo. Bwongeyeho ko nta muntu wapfuye cyangwa wakomeretse, ndetse ko nta bikorwa remezo byangiritse muri ibyo bitero.
Ku bwa Leta ya RDC, ibi bitero bigaragaza “ubushake bukomeje” bwo gutesha agaciro amasezerano y’amahoro aherutse gusinyirwa i Washington, agamije kugabanya umwuka mubi no kugarura ituze mu karere k’Ibiyaga Bigari. Kinshasa ivuga ko ibi ari ikindi kimenyetso cy’uko hari imbaraga zigamije gukomeza intambara n’umutekano muke mu burasirazuba bwa Congo.
Kugeza ubu, ubuyobozi bw’u Rwanda ntiburagira icyo butangaza ku mugaragaro ku birego bishya byatanzwe na RDC.
Leta ya Congo yasabye umuryango mpuzamahanga kudahagararira ku kwamagana gusa, ahubwo ugafata ingamba zifatika kandi zikumira, zigamije guhagarika ibyo yita igitero kimaze imyaka irenga mirongo itatu, no gutuma ingabo z’amahanga n’abazifasha bava mu bice bya RDC bivugwa ko byigaruriwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Mu gusoza, Kinshasa yahumurije abaturage baturiye ikibuga cy’indege cya Kisangani bari batangiye guhunga kubera ubwoba batewe n’ayo makuru, ibasaba gusubira mu ngo zabo, ivuga ko umutekano umeze neza kandi ko nta mpamvu ikwiye gutuma bakomeza guhunga ihari.
Nyamara, ku rundi ruhande, andi makuru aturuka mu baturage begereye icyo kibuga cy’indege avuga ko kigoswe n’ingabo zidasanzwe kandi zitazwi, nubwo ayo makuru atashyizwe mu itangazo ryemewe n’ubuyobozi, ariko akaba akomeje kuvugwa n’abahatuye n’abahakorera ibikorwa bya buri munsi.






