• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, October 15, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

I Kinshasa bagize icyo bavuga kubasirikare bayo batsinzwe urugamba bahungira kuri MONUSCO.

minebwenews by minebwenews
May 4, 2025
in Regional Politics
0
I Kinshasa bagize icyo bavuga kubasirikare bayo batsinzwe urugamba bahungira kuri MONUSCO.
88
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

I Kinshasa bagize icyo bavuga kubasirikare bayo batsinzwe urugamba bahungira kuri MONUSCO.

You might also like

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

Leta y’i Kinshasa ibinyujije kuri minisitiri wayo w’intebe, Judith Sumunwa Tuluku, yashimiye abasirikare bahungiye mu bigo by’ingabo z’umuryango w’Abibumbye, Monusco, ubwo umutwe wa M23 urwanya ubwo butegetsi wafataga umujyi wa Goma mu Burasizuba bw’iki gihugu.

Ni ahagana mu rukerera rwo ku itariki ya 27/01/2025 ni bwo M23 yafashe i Goma nyuma y’aho hari hashyize iminsi ibiri isabye ingabo zose zari ziyirimo kurambika intwaro zabo hasi, mu rwego rwo kwirinda ko hari ibyakwangirika.

Abasirikare binangiye bahanganye na M23, nyuma yo gutsindwa bamwe bahungiye mu bigo by’ingabo ziri mu butumwa bwa SADC abandi muri Monusco, nubwo bivugwa ko SADC yanze kubakira ariko hari abo yakiriye ku munota wanyuma.

Ni mu gihe Monusco yo yabakiririye mu bigo byayo biherereye mu mujyi wa Goma n’ibiri i Sake n’ahandi nka Mubambiro, icyakoze kugira ngo badahungabanya umutekano bariya basirikare ba Leta y’i Kinshasa barenga 2000 bambuwe intwaro zabo.

Mu ntangiriro z’ukwezi kwa mbere uyu mwaka, M23 yashinje Monusco kurekura abasirikare 800 mu bo yakiriye, isobanura ko ari bo bamaze iminsi bagerageza guhungabanya umutekano w’abaturage mu mujyi wa Goma.

Bikaba byari mu rwego rwo gukumira ikibazo aba basirikare n’abapolisi bashoboraga guteza. Komite mpuzamahanga y’umuryango wa Crois-Rouge (ICRC) yamenyesheje impande zirebwa n’aya makimbirane ko igiye gutanga ubufasha mu kubacyura.

Mu cyiciro cya mbere, ICRC yacyuye abasirikare 130 tariki ya 30/04/2025, nk’uko M23 yabitangaje. Aba batwawe mu ndege ya LONI, kukibuga mpuzamahanga cya Ndjili giherereye i Kinshasa ku murwa mukuru w’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Rero, aba basirikare bakiriwe na minisitiri w’intebe w’iki gihugu, Sumunwa Tuluku, ubwo yabakiraga yababwiye ko babaye intwari ngo kuko bagize uruhare rukomeye mu gutuma abarwanyi ba M23 badafata umujyi wa Goma vuba.

Yagize ati: “Turabizi ko mwakoze ibishoboka byose kugira ngo umujyi wa Goma udafatwa, nubwo waje gufatwa. Ni mwebwe mwatumye turwana uko dushoboye kandi turabibashimira. Nubwo biriya byose byabaye, ntimukwiye gucika intege. Turi kumwe namwe, Leta na perezida wa Repubulika bazakora ibishoboka kugira ngo byose bigende neza.”

Ubundi kandi minisitiri w’intebe yanababwiye ko na perezida Felix Tshisekedi azabasura kugira ngo abashimire.

Tags: abasirikareBatsinzwe urugambaKinshasaSumunwa Tuluku
Share35Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
1
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatangaje ko ibyo yavuze abizi, kandi ko abatamuzi ari bo bavuga ko yapfukamiye...

Read moreDetails

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 11, 2025
0
RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda Repubulika ya demokarasi ya Congo ibinyujije kuri minisitiri wayo w'ubanye n'amahanga, Therese Kayikwamba Wagner, yikomye umuryango w'ubumwe bw'u Burayi...

Read moreDetails

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Stephanie Nyombayire, yavuze ko ibyatangajwe na perezida Felix Tshisekedi...

Read moreDetails

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y'ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel Perezida Paul Kagame w'u Rwanda yatangaje ko umuntu agize ikibazo akabombolekana nk'ingungura irimo ubusa, na we yaba afite...

Read moreDetails
Next Post
Umushumba Misigaro yatanze ibisobanuro byimbitse hejuru yo “kuramya Imana no kuyihimbaza.”

Umushumba Misigaro yatanze ibisobanuro byimbitse hejuru yo "kuramya Imana no kuyihimbaza."

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?