
Imyigaragambyo yari yateguwe n’abayobozi batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa President Félix Antoine Tshisekedi, yarikuba uyumunsi i Kinshasa, yasubitswe.
Yanditswe na Bruce Bahanda kw’itariki 13.05.2023, saa 10:45 am, Kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Kuruyu wagatandatu i Kinshasa, hari hateganijwe kubera imyigaragambyo igamije gusaba President Félix Antoine Tshisekedi, kuzanira Abacongomani amahoro, iyo myigaragambyo yasubitswe maze bayimurira kuwa gatandatu, utaha tariki ya 20.05.2023, nkuko ayamakuru tuyakesha ikinyamakuru cya RFI.
Byavuzweko ko iyo myigaragambyo yari yateguwe nabatavuga rumwe nubutegetsi bwa Republika ya Demokarasi ya Congo, harimo Martin Fayulu nabandi.
Nyuma y’ibyo abatavuga rumwe n’ubutegetsi, arinabo bari bateguye iyo myigaragambyo, bavuga ko baburiwe na Guverneri w’intara ya Kinshasa, abasaba guhagarika iyo myigaragambyo, kubera umutekano muntara ye aho bivugwa ko yababwiye ko ashaka umutekano mwiza mumujyi wa Kinshasa.
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyateguwe na Martin Fayulu wo mu ishyaka rya ECIDE, yavuze ko bahagaritse iyo myigaragambyo kumpamvu zabo bwite asobanura ko Kandi batayihagaritse ahubwo kobagiye kuyitegura muburyo bwiza.
Yagize ati: “Ntabwo twayihagaritse burundu ahubwo dusubiye inyuma kuyitegura neza.”
Abafatikanije na Martin Fayulu, gutegura iyo myigaragambyo harimo na
Matata Ponyo wo mu ishyaka ry’Ubuyobozi n’imiyoborere myiza, harikandi Moïse Katumbi(Perezida wa Ensemble pour la République).
Muriyo myigaragambyo bivugwa ko bari bateguye urubyiriko rwa Kinshasa rugwiriyemo abakiri bato dore ko Martin Fayulu akunze kwitabirwa nabantu bakiri bato.





