• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, December 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

I Luvungi naho rwambikanye ivumbi riratumuka.

minebwenews by minebwenews
April 25, 2025
in Conflict & Security
0
Ihuriro ry’ingabo za Congo ryagabye igitero i Kavumu.
96
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

I Luvungi naho rwambikanye ivumbi riratumuka.

You might also like

Olivier Rumenge: “Turi muri Uvira kugira ngo turengere abaturage, kandi urugendo rwo kugera i Kinshasa rurakomeje”

Corneille Nangaa Yasobanuye Ifatwa rya Uvira, Ahakana Ubufasha bw’u Rwanda

Uvira Mu Maboko ya AFC/M23/MRDP-Twitwaneho: Ifatwa ry’Umujyi Rihinduye Imiterere y’Intambara muri Kivu y’Amajyepfo

Ihuriro rya Wazalendo risanzwe rifatikanya n’ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo kurwanya umutwe wa M23, ryasubiranyemo n’izi ngabo za Congo i Uvira muri Kivu y’Amajyepfo ahimuriwe ibiro bikuru by’iyi ntara.

Kuva mu ijoro ryo ku wa gatatu rishyira ku wa kane tariki ya 24/04/2025, ni bwo imirwano hagati y’abarwanyi bo mu ihuriro rya Wazalendo na FARDC yatangiye mu mujyi wa Uvira.

Isubiranamo ry’izi mpande zombi, amakuru avuga ko ryavuye kukuba FARDC yarishe umukomando wo muri Wazalendo.

Bikavugwa ko yamwishe mu ijoro ryo ku wa gatatu, kandi ko yamwishe nyuma yuko izi ngabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo zasabye Wazalendo kuva mu mujyi wa Uvira zikaja mu misozi ya Uvira ugana igice cy’i Ndondo ya Bijombo na Rurambo.

Ibyo Wazalendo banze, bikaza kuviramo urupfu rw’uwo mukomando wabo no gusubiranamo kwabo n’umufatanyabikorwa wabugufi.

FARDC ishinja Wazalendo guteza umutekano muke muri Uvira n’imfu za hato na hato zibasira abaturage batuye muri uyu mujyi. Kuva umujyi wa Bukavu ubohojwe na M23 ku ya 16/02/2025, ihuriro ry’ingabo za Congo ririmo FARDC, FDLR, ingabo z’u Burundi na Wazalendo bari bawurimo bahungiye i Uvira, kuva icyo gihe abaturage bahatuye ntibongeye kugira amahoro, kuko rimwe na rimwe bagabwaho ibitero n’abantu bitwaje intwaro mu majoro ubundi bakabigabwaho ku manywa.

Ibi bitero bisiga bibambuye, ndetse ubundi bigahitana n’ubuzima bwabo. Nta mubare nyawo uratangazwa wabamaze kwicwa muri ubwo buryo, ariko mu mezi abiri ashyize hishwe abantu batanu, nk’uko amasoko yacu atandukanye abivuga.

Ni muri ubwo buryo, FARDC isaba Wazalendo kwimura ibirindiro byayo, ikabikura mu mujyi rwagati ikabyimurira mu misozi iri hejuru y’umujyi.

Ibyatumye ku munsi w’ejo ku wa kane hari riwe imirwano ikomeye hagati ya FARDC na Wazalendo.

Iyi mirwano yabereye mu mujyi rwagati, ndetse kandi iza no kubera no mu bindi bice bigize uyu mujyi.

Ni mirwano kandi yongeye kuharamukira kuri uyu wa gatanu tariki ya 25/04/2025.

Kuri uyu wa gatanuho, yanabereye n’i Luvungi ahari abarwanyi benshi bo muri Wazalendo. Mu ntangiriro z’uku kwezi turimo kwa kane ni bwo abarwanyi benshi b’iri huriro rya Wazalendo bavuye i Uvira berekeza i Luvungi.

Icyo gihe byavuzwe ko bagiye gutangiza ibitero kuri M23 i Kamanyola, Nyangenzi n’i Bukavu.

Aya makuru yavugaga ko atari Wazalendo bonyine bavuye i Uvira baja i Luvungi, hubwo yagaragazaga ko bajanye n’ingabo z’u Burundi n’iza FARDC.

Rero, aba bari Ruvungi n’abo basubiranyemo bararasana bikomeye ivumbi riratumuka muri ibyo bice.

Umutangabuhamya yavuze ko uyu munsi wabaye uw’imirwano gusa.

Yagize ati: “Uyu munsi i Uvira wabaye uw’imirwano gusa. Hari intambara ikomeye hagati ya Wazalendo na FARDC.”

Yongeyeho kandi ati: “Ni Luvungi ni uko hiriwe. Ibiturika byinshi nibyo biri kuhumvikana.”

Ku ruhande, Ingabo z’u Burundi zizwiho ubufatanye n’iri huriro rya Wazalendo na FARDC mu kurwanya M23. Amakuru avuga ko zifashe nta ruhande zigaragaza ko zirushigikiye, kimwecyo mu minsi ishize hari ukutumvukana hagati y’izi ngabo z’u Burundi na Wazalendo.

Bikavugwa ko bapfaga ibyo kurwanya M23, ni mu gihe izi ngabo z’u Burundi zishinja Wazalendo kugaba ibitero kuri uyu mutwe wa M23 zitabiteguye neza, muri urwo rwego Wazalendo bagatakaza cyane, ndetse kandi ngo bakamburwa n’ibirindiro harimo ko banamburwa n’ intwaro.

Hagataho, iyi mirwano hagati ya Wazalendo na FARDC, ikomeje gutuma umutekano ukomeza kurushaho kuzamba muri ibyo bice. Ndetse kandi n’abaturage bakomeje guhunga, aho amakuru agaragaza ko bari guhungira i Burundi.

Nyamara kandi ngo hari n’abandi bari guhunga berekeza i Baraka, bagakomeza na Tanzania.

Tags: FardcIsubiranamoLuvungiWazalendo
Share38Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Olivier Rumenge: “Turi muri Uvira kugira ngo turengere abaturage, kandi urugendo rwo kugera i Kinshasa rurakomeje”

by Bahanda Bruce
December 10, 2025
0
Olivier Rumenge: “Turi muri Uvira kugira ngo turengere abaturage, kandi urugendo rwo kugera i Kinshasa rurakomeje”

Olivier Rumenge: “Turi muri Uvira kugira ngo turengere abaturage, kandi urugendo rwo kugera i Kinshasa rurakomeje” Olivier Rumenge Rugeyo, wahoze ahatanira kuba umudepite mu karere ka Fizi, yongeye...

Read moreDetails

Corneille Nangaa Yasobanuye Ifatwa rya Uvira, Ahakana Ubufasha bw’u Rwanda

by Bahanda Bruce
December 9, 2025
0
Corneille Nangaa Yasobanuye Ifatwa rya Uvira, Ahakana Ubufasha bw’u Rwanda

Corneille Nangaa Yasobanuye Ifatwa rya Uvira, Ahakana Ubufasha bw’u Rwanda Amakuru mashya aturuka mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo yemeza ko ihuriro rya Alliance Fleuve Congo,...

Read moreDetails

Uvira Mu Maboko ya AFC/M23/MRDP-Twitwaneho: Ifatwa ry’Umujyi Rihinduye Imiterere y’Intambara muri Kivu y’Amajyepfo

by Bahanda Bruce
December 9, 2025
0
Uvira Mu Maboko ya AFC/M23/MRDP-Twitwaneho: Ifatwa ry’Umujyi Rihinduye Imiterere y’Intambara muri Kivu y’Amajyepfo

Uvira Mu Maboko ya AFC/M23/MRDP-Twitwaneho: Ifatwa ry’Umujyi Rihinduye Imiterere y’Intambara muri Kivu y’Amajyepfo Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23/MRDP-Twitwaneho) ryamaze kwigarurira umujyi wa Uvira, nubwo hari uduce duke...

Read moreDetails

AFC/M23 Yiyemeje Gusana Igihugu: “Tugiye Kugarura Ubutware bwa Leta muri Congo Hose”

by Bahanda Bruce
December 9, 2025
0
AFC/M23 Yiyemeje Gusana Igihugu: “Tugiye Kugarura Ubutware bwa Leta muri Congo Hose”

AFC/M23 Yiyemeje Gusana Igihugu: "Tugiye Kugarura Ubutware bwa Leta muri Congo Hose" Mu itangazo ryasohowe kuri uyu wa kabiri, umutwe wa AFC/M23 watangaje ko ibiri kuba hirya no...

Read moreDetails

Uvira mu Marembera: Inzobere Ziraburira ko Ifatwa ry’Umujyi Ryagira Ingaruka Zikomeye ku Burundi n’Akarere

by Bahanda Bruce
December 9, 2025
0
Uvira mu Marembera: Inzobere Ziraburira ko Ifatwa ry’Umujyi Ryagira Ingaruka Zikomeye ku Burundi n’Akarere

Uvira mu Marembera: Inzobere Ziraburira ko Ifatwa ry’Umujyi Ryagira Ingaruka Zikomeye ku Burundi n’Akarere Amakuru aturuka mu bayobozi b’ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) avuga ko uyu mutwe ushobora...

Read moreDetails
Next Post
Mu Bibogobogo havutse amakimbirane hagati y’Abirwanaho n’abakorera mu kwaha k’u butegetsi bw’i Kinshasa.

Mu Bibogobogo havutse amakimbirane hagati y'Abirwanaho n'abakorera mu kwaha k'u butegetsi bw'i Kinshasa.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?