Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

I Masisi haramukiye imirwano ikaze hagati y’umutwe wa M23 n’ingabo za RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 21, 2024
in Regional Politics
0
I Masisi haramukiye imirwano ikaze hagati y’umutwe wa M23 n’ingabo za RDC.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

I Masisi haramukiye imirwano ikaze hagati y’umutwe wa M23 n’ingabo za RDC.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Iyi mirwano iremereye yabaye hagati ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo za RDC, yubuye igihe c’isaha umunani z’igitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 21/08/2024, aho iri kubera mu duce two muri teritware ya Masisi, mu Ntara ya Kivu Yaruguru.

Amakuru ava muri ibyo bice avuga ko iyi mirwano yabereye mu duce tubiri, akitwa Rupfunda na kandi kitwa Rukopfi two muriyi teritware ya Masisi, utu duce tu kaba duherereye nko mu birometero 10 uvuye muri centre ya Bihambwe.

Ni imirwano yongeye kumvikanomo imbunda ziremereye n’izito, nyuma y’iyindi mirwano yabaye ahar’ejo tariki ya 20/08/2024. Usibye ko iyi mirwano yabaye ku munsi w’ejo yo, yarimo ibera ahitwa Katwa ho muri teritware ya Lubero.

Nta byinshi byari byatangazwa kuri iyi mirwano, nubwo yabaye mu masaha y’igitondo cya kare, ariko amakuru agera kuri MCN dukesha abaturiye ibyo bice, avuga ko ihuriro ry’Ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa niryo ryagabye ibitero mu birindiro bya M23, uyu mutwe nawo uza kwirwanaho.

Kugeza ubu M23 iracyagenzura n’ubundi ibi bice yarimo, hubwo iri huriro ry’ingabo ryagabye ibitero kuri uyu mutwe byarangiye riyabangiye ingata.

Ku rundi ruhande, intumwa z’u Rwanda ziyobowe na minisitiri w’ubabanye n’amahanga n’ubutwererane wayo, Olivier Duhungirehe yageze i Luanda muri Angola aho yahahuriye n’izindi ntumwa za Repubulika ya demokarasi ya Congo, nazo ziyobowe na minisitiri w’ubabanye n’amahanga w’iki gihugu mu biganiro bigamije gushakira amahoro u Burasirazuba bwa RDC.

Mu biganiro kandi biheruka kubera aha i Luanda bihuje u Rwanda na RDC, impande zombi zari zumvikanye guhagarika imirwano hagati ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa leta ya Kinshasa.

Ariko imirwano ishamiranije impande zombi ikaba igikomeje. Gusa M23 yari yaburiye RDC n’u Rwanda ndetse na Angola ko bo batarebwa n’ayo masezerano yo guhagarika intambara yumvikanyweho mu biganiro byari byahuje u Rwanda na Congo, Kinshasa ngo kuko wo utari wabitumiwemo.

Agahenge ka mahoro, nk’uko byari biteganyijwe kagombaga gutangira kubahirizwa tariki ya 04/08/2024.

            MCN.
Tags: Ihuriro ry'Ingabo za RDCImirwanoMasisi
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Ijoro ryaraye rikeye ngo ryari umubabaro ku baturiye u mujyi wa Goma, mu Burasirazuba bwa RDC.

Ijoro ryaraye rikeye ngo ryari umubabaro ku baturiye u mujyi wa Goma, mu Burasirazuba bwa RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?