Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home History

I Mbarara mu gutegura kunamira Intwari y’i Mulenge bakoze akarusho.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 12, 2025
in History
0
I Mbarara mu gutegura kunamira Intwari y’i Mulenge bakoze akarusho.
76
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

I Mbarara mu gutegura kunamira Intwari y’i Mulenge bakoze akarusho.

You might also like

Mu gikombe cy’isi cy’amakipe, PSG yanyagiriwe imbere ya perezida Trump.

Icyo Umusesenguzi avuga kuri gahunda ndende Tshisekedi na Ndayishimiye barimo yo kurimbura Abanyamulenge.

Abashinwa bavumbuye umuti wa Diyabete, ibirambuye.

Abanyamulenge batuye i Mbarara mu gihugu cya Uganda barunamira Intwari y’i Mulenge General Rukunda Michel uzwi cyane nka Makanika, muri ubwo buryo bategura ko habanza gukinwa umupira w’amaguru ndetse kandi ku ifoto y’urwibutso bayandikaho amagambo yavuzwe bwa nyuma n’iyi ntwari.

Itangazo ubuyobozi bw’Abanyamulenge buzwi nka Mutualite bwashyize hanze ejo ku wa gatanu tariki ya 11/04/2025, ryibutsa abatuye i Mbarara kwitabira uyu muhango kandi bakazazira ku gihe.

Iri tangazo rigira riti: “Muraho batura Mbarara, nk’uko mu bizi dufite igikorwa cyo kwibuka Gen.Rukunda Makanika ku munsi w’ejo tariki ya 12/04/2025.”

Rikomeza rigira riti: “Turasaba abantu bose kuzitabira ku gihe. Amasaha ni saa tanu zuzuye. Bizabera ku rusengero rwa Daystar Cathedral.”

Ubundi kandi iri tangazo risaba n’imiryango y’aba Banyamulenge batuye muri iki gice cya majy’epfo ya Uganda guhigura imisanzu basabwe, ari nayo ifasha gutegura uyu muhango neza.

Ati: “Imiryango yose irasabwa guhigura imisanzu yasabwe.”

Minembwe Capital News yamenye ko iyi Mutualite iyoboye imiryango y’Abanyamulenge batuye i Mbarara, mu kwibuka cyangwa se kunamira iyi ntwari y’i Mulenge, mbere y’umuhango nyirizina, bateguye ko habanza gukinwa umupira w’amaguru mu rwego rwo kwibuka ko Gen.Makanika nawe yawukinaga.

Bakaba bateguye ko hakina ikipe y’urubyiruko rw’Abanyamulenge batuye i Mbarara n’indi iri buturuke i Nakivale ahasanzwe hatuye Abanyamulenge b’impunzi benshi.

Hejuru y’ibyo, ku ifoto y’urwibutso bayishyizeho inyandiko z’amagambo yagiye avugwa na Gen.Rukunda Makanika, ahanini mu minsi ye yanyuma.

Muri ayo magambo hari ayo yavuze ubwo yari mu muhango wo gusezera bwanyuma, Intwari yamubanjirije afande Mudabari watabarukiye mu Kalingi mu mirwano yahabereye mu mpera z’umwaka ushize wa 2024.

Icyo gihe yagize ati: “Tugomba gupfa, kuko tudapfuye ntagakiza kozaboneka i mulenge.”

Hari ahandi yagize ati: “Tuzarwana nk’amadubu kugira ngo turengere iwacu.”

Muri ubwo buryo, Abanye-Mbarara ku ifoto y’urwibutso bayishyizeho aya magambo: “Idubu, Imulenge, Duharanire uburenganzira bwacu ubudatuza.”

Tubibutsa ko Intwari y’i Mulenge, General Rukunda Michel Makanika, yatabarutse ku ya 19/02/2025. Akaba yaratabarukiye i Gakangala mu Minembwe, aho yarafite icyicaro kigamije gukumira ibitero by’ihuriro ry’Ingabo za Congo zagabaga ku baturage umunsi ku wundi.

Itangazo umutwe wa Twirwaneho washyize hanze icyo gihe, wagaragaje ko yishwe n’igitero cya drone yaje iturutse i kisangani ahari icyicaro gikuru cya zone ya gatatu y’ingabo za Congo. Icyo cyicyaro kikaba gikuriwe na Lt.Gen.Pacifique Masunzu.

Hari amakuru avuga ko Masunzu mu gushyira imbaraga nyinshi mu kwica benewabo, abikora mu rwego rwo kugira ngo Leta y’i Kinshasa imugirire icyizere, ngo akaba ari nabyo byagiye bituma azamurirwa amapeti.

Kuko ubwo yahabwaga irya Maj.Gen. ni uko yari yahakanye ko nta Banyamulenge baguye mu Gatumba mu mwaka wa 2004. Ni mu gihe Ingabo za Congo n’imitwe yitwaje intwaro irimo n’iy’u Burundi arizo zashyizwe mu majwi gukora ubwo bwicanyi.

Tags: IntwariKunamiraMakanikaMbararaUganda
Share30Tweet19Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Mu gikombe cy’isi cy’amakipe, PSG yanyagiriwe imbere ya perezida Trump.

by Bruce Bahanda
July 14, 2025
0
Mu gikombe cy’isi cy’amakipe, PSG yanyagiriwe imbere ya perezida Trump.

Mu gikombe cy'isi cy'amakipe, PSG yanyagiriwe imbere ya perezida Trump. Muri Leta Zunze ubumwe z'Amerika hasojwe imikino y'igikombe cy'isi cy'amakipe, aho cyegukanywe na Chelsea inyagiye PSG ibitego 3...

Read moreDetails

Icyo Umusesenguzi avuga kuri gahunda ndende Tshisekedi na Ndayishimiye barimo yo kurimbura Abanyamulenge.

by Bruce Bahanda
July 9, 2025
0
Icyo Umusesenguzi avuga kuri gahunda ndende Tshisekedi na Ndayishimiye barimo yo kurimbura Abanyamulenge.

Icyo Umusesenguzi avuga kuri gahunda ndende Tshisekedi na Ndayishimiye barimo yo kurimbura Abanyamulenge. Umusesenguzi akaba n'Umujyanama w'umutwe wa M23 n'uwa Twirwaneho, Kabare Girinka William, yavuze ko nta muntu...

Read moreDetails

Abashinwa bavumbuye umuti wa Diyabete, ibirambuye.

by Bruce Bahanda
July 8, 2025
0
Abashinwa bavumbuye umuti wa Diyabete, ibirambuye.

Abashinwa bavumbuye umuti wa Diyabete, ibirambuye. Abashinwa bavumbuye uburyo bushya bwo kuvura indwara ya Diyabete yo mu bwoko bwa kabiri, bakaba bashobora gusubiza ku murongo uturemangingo twitwa beta...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku gitabo kivuga hejuru y’amabuye y’agaciro cyanditswe na Mundekeza.

by Bruce Bahanda
July 2, 2025
0
Ibyimbitse ku gitabo kivuga hejuru y’amabuye y’agaciro cyanditswe na Mundekeza.

Ibyimbitse ku gitabo kivuga hejuru y'amabuye y'agaciro cyanditswe na Mundekeza. Dr.Justin Mundekeza uri mu Banye-Congo babagenzuzi babahanga ku bijyanye na politiki y'iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya...

Read moreDetails

Bimwe mu bihugu bidashobora kugerwaho n’intambara ya 3 y’isi mu gihe yoramuka ibaye.

by Bruce Bahanda
June 25, 2025
0
Bimwe mu bihugu bidashobora kugerwaho n’intambara ya 3 y’isi mu gihe yoramuka ibaye.

Bimwe mu bihugu bidashobora kugerwaho n'intambara ya 3 y'isi mu gihe yoramuka ibaye. Nyuma y'aho Isi ikomeje kugarizwa n'ubushyamirane bwa politiki n'intambara hirya no hino z'urudaca, benshi batekereza...

Read moreDetails
Next Post
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?