• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, September 5, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home sport & entertainment

I Mbarara mu gutegura kunamira Intwari y’i Mulenge bakoze akarusho.

minebwenews by minebwenews
April 12, 2025
in sport & entertainment
0
I Mbarara mu gutegura kunamira Intwari y’i Mulenge bakoze akarusho.
76
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

I Mbarara mu gutegura kunamira Intwari y’i Mulenge bakoze akarusho.

You might also like

Uburyo umukino wanyuma wa CHAN wagenze n’udushya twawuranze.

Aho transfer ya Liverpool na Isak igeze.

The Ben mu rugendo rudasanzwe rwo kuzenguruka u Burayi.

Abanyamulenge batuye i Mbarara mu gihugu cya Uganda barunamira Intwari y’i Mulenge General Rukunda Michel uzwi cyane nka Makanika, muri ubwo buryo bategura ko habanza gukinwa umupira w’amaguru ndetse kandi ku ifoto y’urwibutso bayandikaho amagambo yavuzwe bwa nyuma n’iyi ntwari.

Itangazo ubuyobozi bw’Abanyamulenge buzwi nka Mutualite bwashyize hanze ejo ku wa gatanu tariki ya 11/04/2025, ryibutsa abatuye i Mbarara kwitabira uyu muhango kandi bakazazira ku gihe.

Iri tangazo rigira riti: “Muraho batura Mbarara, nk’uko mu bizi dufite igikorwa cyo kwibuka Gen.Rukunda Makanika ku munsi w’ejo tariki ya 12/04/2025.”

Rikomeza rigira riti: “Turasaba abantu bose kuzitabira ku gihe. Amasaha ni saa tanu zuzuye. Bizabera ku rusengero rwa Daystar Cathedral.”

Ubundi kandi iri tangazo risaba n’imiryango y’aba Banyamulenge batuye muri iki gice cya majy’epfo ya Uganda guhigura imisanzu basabwe, ari nayo ifasha gutegura uyu muhango neza.

Ati: “Imiryango yose irasabwa guhigura imisanzu yasabwe.”

Minembwe Capital News yamenye ko iyi Mutualite iyoboye imiryango y’Abanyamulenge batuye i Mbarara, mu kwibuka cyangwa se kunamira iyi ntwari y’i Mulenge, mbere y’umuhango nyirizina, bateguye ko habanza gukinwa umupira w’amaguru mu rwego rwo kwibuka ko Gen.Makanika nawe yawukinaga.

Bakaba bateguye ko hakina ikipe y’urubyiruko rw’Abanyamulenge batuye i Mbarara n’indi iri buturuke i Nakivale ahasanzwe hatuye Abanyamulenge b’impunzi benshi.

Hejuru y’ibyo, ku ifoto y’urwibutso bayishyizeho inyandiko z’amagambo yagiye avugwa na Gen.Rukunda Makanika, ahanini mu minsi ye yanyuma.

Muri ayo magambo hari ayo yavuze ubwo yari mu muhango wo gusezera bwanyuma, Intwari yamubanjirije afande Mudabari watabarukiye mu Kalingi mu mirwano yahabereye mu mpera z’umwaka ushize wa 2024.

Icyo gihe yagize ati: “Tugomba gupfa, kuko tudapfuye ntagakiza kozaboneka i mulenge.”

Hari ahandi yagize ati: “Tuzarwana nk’amadubu kugira ngo turengere iwacu.”

Muri ubwo buryo, Abanye-Mbarara ku ifoto y’urwibutso bayishyizeho aya magambo: “Idubu, Imulenge, Duharanire uburenganzira bwacu ubudatuza.”

Tubibutsa ko Intwari y’i Mulenge, General Rukunda Michel Makanika, yatabarutse ku ya 19/02/2025. Akaba yaratabarukiye i Gakangala mu Minembwe, aho yarafite icyicaro kigamije gukumira ibitero by’ihuriro ry’Ingabo za Congo zagabaga ku baturage umunsi ku wundi.

Itangazo umutwe wa Twirwaneho washyize hanze icyo gihe, wagaragaje ko yishwe n’igitero cya drone yaje iturutse i kisangani ahari icyicaro gikuru cya zone ya gatatu y’ingabo za Congo. Icyo cyicyaro kikaba gikuriwe na Lt.Gen.Pacifique Masunzu.

Hari amakuru avuga ko Masunzu mu gushyira imbaraga nyinshi mu kwica benewabo, abikora mu rwego rwo kugira ngo Leta y’i Kinshasa imugirire icyizere, ngo akaba ari nabyo byagiye bituma azamurirwa amapeti.

Kuko ubwo yahabwaga irya Maj.Gen. ni uko yari yahakanye ko nta Banyamulenge baguye mu Gatumba mu mwaka wa 2004. Ni mu gihe Ingabo za Congo n’imitwe yitwaje intwaro irimo n’iy’u Burundi arizo zashyizwe mu majwi gukora ubwo bwicanyi.

Tags: IntwariKunamiraMakanikaMbararaUganda
Share30Tweet19Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Uburyo umukino wanyuma wa CHAN wagenze n’udushya twawuranze.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Uburyo umukino wanyuma wa CHAN wagenze n’udushya twawuranze.

Uburyo umukino wanyuma wa CHAN wagenze n’udushya twawuranze. Umukino wa nyuma wa CHAN 2024 wabereye kuri Moi International Sports Centre i Nairobi, tariki ya 30 zukwezi kwa munani...

Read moreDetails

Aho transfer ya Liverpool na Isak igeze.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Aho transfer ya Liverpool na Isak igeze.

Aho transfer ya Liverpool na Isak igeze. Liverpool iri mu biganiro bya nyuma kugira ngo isinyishe rutahizamu w’Umunyasuwede Alexander Isak ukinira Newcastle United, mu masezerano ashobora kuba manini...

Read moreDetails

The Ben mu rugendo rudasanzwe rwo kuzenguruka u Burayi.

by minebwenews
August 29, 2025
0
The Ben mu rugendo rudasanzwe rwo kuzenguruka u Burayi.

The Ben mu rugendo rwokuzenguruka u Burayi. Umuhanzi w’Umunyarwanda The Ben, wamamaye mu ndirimbo z’urukundo n’izihuza abakunzi b’umuziki w’iwacu n’uw’isi yose, yatangaje gahunda y’urugendo rw’ibitaramo mu burayi mu...

Read moreDetails

Umunye-Congo Wissa yavuze impamvu yifuza gukomereza mu yindi kipe.

by minebwenews
August 27, 2025
0
Umunye-Congo Wissa yavuze impamvu yifuza gukomereza mu yindi kipe.

Umunye-Congo Wissa yavuze impamvu yifuza gukomereza mu yindi kipe. Umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umunye-Congo, Yoane Wissa, arifuza kwimukira mu ikipe nshya nyuma y’imyaka myinshi akina muri Brentford. Wissa, wavukiye...

Read moreDetails

Kenny G agiye gususurutsa ab’i- Nairobi mu gitaramo cya Jazz cy’akataraboneka.

by minebwenews
August 26, 2025
0
Kenny G agiye gususurutsa ab’i- Nairobi mu gitaramo cya Jazz cy’akataraboneka.

Kenny G agiye gususurutsa ab'i- Nairobi mu gitaramo cya Jazz cy’akataraboneka. Umuhanzi w’icyamamare ku rwego rw’isi mu njyana ya Jazz, Kenny G, agiye kuza mu gihugu cya Kenya...

Read moreDetails
Next Post
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?