Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home History

I Mbarara mu gutegura kunamira Intwari y’i Mulenge bakoze akarusho.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 12, 2025
in History
0
I Mbarara mu gutegura kunamira Intwari y’i Mulenge bakoze akarusho.
76
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

I Mbarara mu gutegura kunamira Intwari y’i Mulenge bakoze akarusho.

You might also like

Umuryango wa Gen.Sikatende watanze umucyo kurupfu rwe.

Umukozi w’Imana Rutayisire wagize uruhare runini mu guhuza Abanyarwanda ni nde?

Bidasubirwaho amasengesho y’abanyeshuri bo mu Bibogobogo arashubijwe.

Abanyamulenge batuye i Mbarara mu gihugu cya Uganda barunamira Intwari y’i Mulenge General Rukunda Michel uzwi cyane nka Makanika, muri ubwo buryo bategura ko habanza gukinwa umupira w’amaguru ndetse kandi ku ifoto y’urwibutso bayandikaho amagambo yavuzwe bwa nyuma n’iyi ntwari.

Itangazo ubuyobozi bw’Abanyamulenge buzwi nka Mutualite bwashyize hanze ejo ku wa gatanu tariki ya 11/04/2025, ryibutsa abatuye i Mbarara kwitabira uyu muhango kandi bakazazira ku gihe.

Iri tangazo rigira riti: “Muraho batura Mbarara, nk’uko mu bizi dufite igikorwa cyo kwibuka Gen.Rukunda Makanika ku munsi w’ejo tariki ya 12/04/2025.”

Rikomeza rigira riti: “Turasaba abantu bose kuzitabira ku gihe. Amasaha ni saa tanu zuzuye. Bizabera ku rusengero rwa Daystar Cathedral.”

Ubundi kandi iri tangazo risaba n’imiryango y’aba Banyamulenge batuye muri iki gice cya majy’epfo ya Uganda guhigura imisanzu basabwe, ari nayo ifasha gutegura uyu muhango neza.

Ati: “Imiryango yose irasabwa guhigura imisanzu yasabwe.”

Minembwe Capital News yamenye ko iyi Mutualite iyoboye imiryango y’Abanyamulenge batuye i Mbarara, mu kwibuka cyangwa se kunamira iyi ntwari y’i Mulenge, mbere y’umuhango nyirizina, bateguye ko habanza gukinwa umupira w’amaguru mu rwego rwo kwibuka ko Gen.Makanika nawe yawukinaga.

Bakaba bateguye ko hakina ikipe y’urubyiruko rw’Abanyamulenge batuye i Mbarara n’indi iri buturuke i Nakivale ahasanzwe hatuye Abanyamulenge b’impunzi benshi.

Hejuru y’ibyo, ku ifoto y’urwibutso bayishyizeho inyandiko z’amagambo yagiye avugwa na Gen.Rukunda Makanika, ahanini mu minsi ye yanyuma.

Muri ayo magambo hari ayo yavuze ubwo yari mu muhango wo gusezera bwanyuma, Intwari yamubanjirije afande Mudabari watabarukiye mu Kalingi mu mirwano yahabereye mu mpera z’umwaka ushize wa 2024.

Icyo gihe yagize ati: “Tugomba gupfa, kuko tudapfuye ntagakiza kozaboneka i mulenge.”

Hari ahandi yagize ati: “Tuzarwana nk’amadubu kugira ngo turengere iwacu.”

Muri ubwo buryo, Abanye-Mbarara ku ifoto y’urwibutso bayishyizeho aya magambo: “Idubu, Imulenge, Duharanire uburenganzira bwacu ubudatuza.”

Tubibutsa ko Intwari y’i Mulenge, General Rukunda Michel Makanika, yatabarutse ku ya 19/02/2025. Akaba yaratabarukiye i Gakangala mu Minembwe, aho yarafite icyicaro kigamije gukumira ibitero by’ihuriro ry’Ingabo za Congo zagabaga ku baturage umunsi ku wundi.

Itangazo umutwe wa Twirwaneho washyize hanze icyo gihe, wagaragaje ko yishwe n’igitero cya drone yaje iturutse i kisangani ahari icyicaro gikuru cya zone ya gatatu y’ingabo za Congo. Icyo cyicyaro kikaba gikuriwe na Lt.Gen.Pacifique Masunzu.

Hari amakuru avuga ko Masunzu mu gushyira imbaraga nyinshi mu kwica benewabo, abikora mu rwego rwo kugira ngo Leta y’i Kinshasa imugirire icyizere, ngo akaba ari nabyo byagiye bituma azamurirwa amapeti.

Kuko ubwo yahabwaga irya Maj.Gen. ni uko yari yahakanye ko nta Banyamulenge baguye mu Gatumba mu mwaka wa 2004. Ni mu gihe Ingabo za Congo n’imitwe yitwaje intwaro irimo n’iy’u Burundi arizo zashyizwe mu majwi gukora ubwo bwicanyi.

Tags: IntwariKunamiraMakanikaMbararaUganda
Share30Tweet19Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Umuryango wa Gen.Sikatende watanze umucyo kurupfu rwe.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Umuryango wa Gen.Sikatende watanze umucyo kurupfu rwe.

Umuryango wa Gen.Sikatende watanze umucyo kurupfu rwe. General Sikatende Dieudonne wari uzwi cyane ku izina rya Mutupeke munyeshyamba za Mai Mai i Lulenge muri teritware ya Fizi mu...

Read moreDetails

Umukozi w’Imana Rutayisire wagize uruhare runini mu guhuza Abanyarwanda ni nde?

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Umukozi w’Imana Rutayisire wagize uruhare runini mu guhuza Abanyarwanda ni nde?

Umukozi w'Imana Rutayisire wagize uruhare runini mu guhuza Abanyarwanda ni nde? Pasiteri Antoine Rutayisire ni umwe mu bakozi b'Imana bamenyekanye cyane mu Rwanda no mu karere, azwi cyane...

Read moreDetails

Bidasubirwaho amasengesho y’abanyeshuri bo mu Bibogobogo arashubijwe.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Mu Bibogobogo bongeye kugarurirwa icyizere ko abanyeshuri baho bashobora gukora dissertation, menya impamvu.

Bidasubirwaho amasengesho y'abanyeshuri bo mu Bibogobogo arasubijwe. Abanya-Bibogobogo, yaba abanyeshuri n'ababyeyi babo, barahimbaza Imana nyuma y'uko inspecteur w'amashuri amaze kugeza ibizamini bizwi nka dissertation mu Bibogobogo, by'abanyeshuri bo...

Read moreDetails

Ya nkumi ibyayigaragayeho biteye inkenke, kubabibonye.

by Bruce Bahanda
June 1, 2025
0
Agezweho i Mulenge, ya nkumi yarekuwe, menya nuko umutekano wifashe muri icyo gice.

Ya nkumi ibyayigaragayeho biteye inkenke, kubabibonye. Nyamanoro uheruka kubabarirwa nyuma yogutabwa muri yombi, aho yashinjwaga gushaka kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu Minembwe, yongeye kugaragara yitwaje Motorola kandi...

Read moreDetails

Mu Bibogobogo bongeye kugarurirwa icyizere ko abanyeshuri baho bashobora gukora dissertation, menya impamvu.

by Bruce Bahanda
June 1, 2025
0
Mu Bibogobogo bongeye kugarurirwa icyizere ko abanyeshuri baho bashobora gukora dissertation, menya impamvu.

Mu Bibogobogo bongeye kugarurirwa icyizere ko abanyeshuri baho bashobora gukora dissertation, menya impamvu. Abanyeshuri bo mu Bibogobogo bo mu mwaka wa 6 w'amashuri yisumbuye, bagaruriwe icyizere cyo kuba...

Read moreDetails
Next Post
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?