• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, December 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

I Mulenge hiriwe ituze, gusa ku Ndondo niho Ingabo z’u Burundi ziri guteza akajagari

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
September 5, 2025
in Conflict & Security
0
I Mulenge hiriwe ituze, gusa ku Ndondo niho Ingabo z’u Burundi ziri guteza akajagari
83
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

I Mulenge hiriwe ituze, gusa ku Ndondo niho Ingabo z’u Burundi ziri guteza akajagari

You might also like

Menya Igihe AFC/M23/MRDP-Twirwaneho Yatangiriye Kwinjira mu Mujyi w’Ingenzi wa Uvira

Ubutumwa Bukomeye bw’Umunyamulenge wo mu Minembwe Nyuma y’Ifatwa rya Uvira: “Harakabaho Imana n’Ababatabaye”

AFC/M23/MRDP-Twirwaneho Yahamagariye Abaturage Gutaha, Isezeranya Umutekano n’Ubutabera mu Mujyi wa Uvira

I Mulenge muri Kivu y’Amajyepfo biravugwa ko hiriwe ituze, usibye ko ku Ndondo ya Bijombo Ingabo z’u Burundi zikorera yo zikomeje kuhateza akajagari, nyuma y’aho zishyinze amaka mu mihana ituwe n’Abanyamulenge.

Ibice byiriwemo ituze kuri uyu wa gatanu tariki ya 05/09/2025, ni Rugezi, Minembwe na Mikenke ndetse n’inkengero zo muri ibi bice.

Bitandukanye n’iminsi ishize kuko kuva ku wa mbere, ibi bice byagiye biberamo imirwano ikomeye, aho ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta y’i Kinshasa, zirimo FARDC, FDNB, FDLR na Wazalendo zagiye zibigabamo ibitero ahari ibirindiro bya MRDP-Twirwaneho n’ahatuye Abanyamulenge.

Ariko uyu munsi ibi bice byiriwemo amahoro, nk’uko amakuru dukesha abariyo abivuga, bagize bati: “Rugezi, muri za nkengero za centre ya Minembwe, na Mikenke izuba rirenze hatavugiye imbunda. Ntibisanzwe, kuko umunsi ku wundi harategwaga.”

Ku rundi ruhande mu Mikenke umutwe wa Twirwaneho wahakiririye abashitsi, abo uheruka kwakira vuba, binavugwa ko wabazimanye Inka. Ni abashitsi amakuru akomeza avuga ko bahageze baturutse i Bukavu, ariko ko babanje gutinda mu mayira yo mu bice by’i Uvira no muri Mwenga. Gusa, nta byinshi byavuzwe kuri aba bashitsi, ariko ni abaje gutabara Abanyamulenge bagize igihe mu kaga ko kugabwaho ibitero by’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta. Ibi bikaba byishimiwe cyane n’Abanyamulenge benshi.

Umwe yabwiye Minembwe Capital News ati: “Kubera ituze ryiriweho, mu Mikenke Twirwaneho yahise yakira babashitsi baje kudutabara. Babagiye Inka. Ubu dufite ibyishimo bivanze n’umunezero mwinshi cyane.”

Undi yagize ati: “FARDC, FDLR, ingabo z’u Burundi na Wazalendo batatwishe tutarabona ubutabazi, kuri ubu ntiboba bakidushoboye piii. Ubu Imana yatworereje abatabazi. Abanzi tuzabarya nk’imitsima.”

Nubwo mu Minembwe na Mikenke bafite amahoro, ariko ku Ndondo ya Bijombo ho siko biri, kuko ubu ingabo z’u Burundi ziri kuhateza akajagari.

Amakuru ava yo akavuga ko ziriya ngabo ziri gushyinga amaka mu mihana hagati y’aba Banyamulenge.

Ubuhamya bugira buti: “Ikambi yazo imwe bayishyize kw’Irango, mu gice kigana mu Kanyaga, Gahuna no ku Kiziba.”

Bukomeza buti: “I Ndondo bayujuje amaka, biteye impungenge si no kubwira. Kandi twe biduteye ubwoba bwinshi.”

Si yo mihana yonyine yashyinzwemo amaka, ahubwo hari n’ibindi bice byayashyinzwemo nka Bijombo centre, Kirumba, Mitamba, Murambya n’ahandi.

Tubibutsa ko iki gice cy’i Ndondo ya Bijombo hafi ya cyose gisanzwe kibarizwa muri teritware ya Uvira, kiracyagenzurwa n’uru ruhande rwa Leta.

Hagataho, abaturage bahatuye bafite umutekano muke, kimwe n’abandi batuye mu bice bikigenzurwa na Leta nko mu mujyi wa Uvira, Baraka, Bibogobogo n’ahandi.

Tags: AkajagariI Ndondo ya BijomboIngabo z'u Burundi
Share33Tweet21Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Menya Igihe AFC/M23/MRDP-Twirwaneho Yatangiriye Kwinjira mu Mujyi w’Ingenzi wa Uvira

by Bahanda Bruce
December 10, 2025
0
Menya Igihe AFC/M23/MRDP-Twirwaneho Yatangiriye Kwinjira mu Mujyi w’Ingenzi wa Uvira

Menya Igihe AFC/M23/MRDP-Twirwaneho Yatangiriye Kwinjira mu Mujyi w’Ingenzi wa Uvira Umujyi wa Uvira—wari umaze amezi menshi ukorerwamo n’inzego z’agateganyo za Kivu y’Amajyepfo kuva Bukavu yafatwa mu ntangiriro z'uyu...

Read moreDetails

Ubutumwa Bukomeye bw’Umunyamulenge wo mu Minembwe Nyuma y’Ifatwa rya Uvira: “Harakabaho Imana n’Ababatabaye”

by Bahanda Bruce
December 10, 2025
0
Ubutumwa Bukomeye bw’Umunyamulenge wo mu Minembwe Nyuma y’Ifatwa rya Uvira: “Harakabaho Imana n’Ababatabaye”

Ubutumwa Bukomeye bw’Umunyamulenge wo mu Minembwe Nyuma y’Ifatwa rya Uvira: “Harakabaho Imana n’Ababatabaye” Umwe mu Banyamulenge batuye mu misozi miremire ya Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, watangaje...

Read moreDetails

AFC/M23/MRDP-Twirwaneho Yahamagariye Abaturage Gutaha, Isezeranya Umutekano n’Ubutabera mu Mujyi wa Uvira

by Bahanda Bruce
December 10, 2025
0
AFC/M23/MRDP-Twirwaneho Yahamagariye Abaturage Gutaha, Isezeranya Umutekano n’Ubutabera mu Mujyi wa Uvira

AFC/M23/MRDP-Twirwaneho Yahamagariye Abaturage Gutaha, Isezeranya Umutekano n’Ubutabera mu Mujyi wa Uvira Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23/MRDP-Twirwaneho) ryatangaje ko ryafashe burundu umujyi wa Uvira, nyuma y’amezi arenga atatu...

Read moreDetails

Minembwe: Abanyamulenge Bishimiye Ifatwa ry’Umujyi wa Uvira, Bizeye Ihumure n’Isubukurwa ry’Ubuhahirane

by Bahanda Bruce
December 10, 2025
0
Minembwe: Abanyamulenge Bishimiye Ifatwa ry’Umujyi wa Uvira, Bizeye Ihumure n’Isubukurwa ry’Ubuhahirane

Minembwe: Abanyamulenge Bishimiye Ifatwa ry’Umujyi wa Uvira, Bizeye Ihumure n’Isubukurwa ry’Ubuhahirane Abaturage b’Abanyamulenge batuye mu Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, batangaje ko bishimiye cyane ifatwa ry’umujyi wa...

Read moreDetails

Olivier Rumenge: “Turi muri Uvira kugira ngo turengere abaturage, kandi urugendo rwo kugera i Kinshasa rurakomeje”

by Bahanda Bruce
December 10, 2025
0
Olivier Rumenge: “Turi muri Uvira kugira ngo turengere abaturage, kandi urugendo rwo kugera i Kinshasa rurakomeje”

Olivier Rumenge: “Turi muri Uvira kugira ngo turengere abaturage, kandi urugendo rwo kugera i Kinshasa rurakomeje” Olivier Rumenge Rugeyo, wahoze ahatanira kuba umudepite mu karere ka Fizi, yongeye...

Read moreDetails
Next Post
Uvira byakomeje kudogera abatari bake bakomerekejwe abandi bafunzwe

I Uvira umutekano wakomeje kurushaho kuzamba, muri iri joro ho byafashe indi ntera

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?