• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, December 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

I Mulenge muri Kivu y’Amajyepfo haramukiye imirwano ikomeye.

minebwenews by minebwenews
April 12, 2025
in Conflict & Security
0
Minembwe Under Siege: Two Territories Attacked by FARDC, Mai Mai, FDLR
82
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

I Mulenge muri Kivu y’Amajyepfo haramukiye imirwano ikomeye.

You might also like

Minembwe: Abanyamulenge Bishimiye Ifatwa ry’Umujyi wa Uvira, Bizeye Ihumure n’Isubukurwa ry’Ubuhahirane

Olivier Rumenge: “Turi muri Uvira kugira ngo turengere abaturage, kandi urugendo rwo kugera i Kinshasa rurakomeje”

Corneille Nangaa Yasobanuye Ifatwa rya Uvira, Ahakana Ubufasha bw’u Rwanda

Ihuriro ry’Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo ryazindutse rigaba ibitero mu nkengero za centre ya Minembwe, abarwanyi bo mu mutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho bibarizwa mu ihuriro rya Alliance Fleuve Congo( AFC), babisubiza inyuma.

Mu mpera z’ukwezi gushize ni bwo abarwanyi bo mu mutwe wa M23 basesekaye mu Minembwe, aho baje gufatikanya n’abo muri Twirwaneho kurwanya ihuriro ry’ingabo za Congo rigaba ibitero ku Banyamulenge bigamije kubarimbura no kubangaza, nk’uko Abanyamulenge bagiye babisobanura.

Kuva aho abo barwanyi bagereye muri iki gice cya Minembwe, bamaze kurwana intambara nyinshi, zirimo izo barwanye mu Mikenke, Mukoko, Rusuku, Gahwela na Rugezi.

Amakuru avuga ko aho barwanaga hose, byarangiraga bahigaruriye, gusa bakagira aho bivana nta mirwano ibaye nka Rusuku no kwa Mulima, ariko ahandi baracyahagenzura harimo igice cya Rugezi cyose n’inkengero zacyo ndetse na Gahwela haherereye mu majy’epfo ashyira uburengerazuba bwa komine ya Minembwe.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 12/04/2025, ihuriro ry’ingabo za Congo ririmo FARDC, FDLR, ingabo z’u Burundi, na Wazalendo ryagabye ibitero bikomeje kuri iyi mitwe ibiri irwanirira Abanyamulenge mu bice bya Nyamurombwe n’ahandi hafi aho, ariko nk’uko amakuru akomeza abivuga, iyi mitwe yabashe ku bisubiza inyuma.

Ndetse bivugwa ko M23 na Twirwaneho birukanye iri huriro ry’ingabo za Congo barigeza mu Kabanju hahereye mu Lelenge muri Fizi ahari ibirindiro byaryo bikomeye, ari naho iri huriro ryaturutse rigaba ibyo bitero ku Banyamulenge. Maze ngo iyi mitwe ibiri irwanirira aba Banyamulenge ibiha inkongi y’umuriro.

Amakuru agira ati: “Kabanju yahindutse umuriro. Ahari ibirindiro bikomeye by’ihuriro ry’Ingabo za Congo.”

Nyamara kandi, amakuru ababaje ku Banyamulenge, avuga ko iri huriro ry’ingabo za Congo ryaraye rinyaze Inka z’abo mu nche za Gahwela ahari ibiroro by’inka zabo.

Minembwe Capital News yamenye ko zanyazwe igihe c’isaha z’urukerera rwo kuri uyu wa gatandatu. Usibye ko nta mubare wazo uramenyekana neza, ariko bivugwa ko zibarirwa mu mirongo.

Ibitero iri huriro ry’ingabo za Congo ryagabye uyu munsi mu bice by’i Nyamulombwe, bije bikurikira ibindi ryagabye ku wa kane tariki ya 10/04/2025, mu Gahwela, Kivumu no kwa Sekaganda.

Gusa, Twirwaneho na M23, byabisubije inyuma, nk’uko n’uyu munsi ikomeje kubisubiza inyuma.

Hagataho, centre ya Minembwe n’ibindi bice bya komine ya Minembwe byinshi, biragenzurwa na Twirwaneho na M23.

Tubibutsa ko Twirwaneho yafashe komine ya Minembwe ku ya 21/02/2025, nyuma y’imirwano ikomeye yasize ingabo za Congo n’abambari bayo bahunze muri iki gice.

Tags: I MulengeIbiteroM23NyamurombweTwirwanaho
Share33Tweet21Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Minembwe: Abanyamulenge Bishimiye Ifatwa ry’Umujyi wa Uvira, Bizeye Ihumure n’Isubukurwa ry’Ubuhahirane

by Bahanda Bruce
December 10, 2025
0
Minembwe: Abanyamulenge Bishimiye Ifatwa ry’Umujyi wa Uvira, Bizeye Ihumure n’Isubukurwa ry’Ubuhahirane

Minembwe: Abanyamulenge Bishimiye Ifatwa ry’Umujyi wa Uvira, Bizeye Ihumure n’Isubukurwa ry’Ubuhahirane Abaturage b’Abanyamulenge batuye mu Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, batangaje ko bishimiye cyane ifatwa ry’umujyi wa...

Read moreDetails

Olivier Rumenge: “Turi muri Uvira kugira ngo turengere abaturage, kandi urugendo rwo kugera i Kinshasa rurakomeje”

by Bahanda Bruce
December 10, 2025
0
Olivier Rumenge: “Turi muri Uvira kugira ngo turengere abaturage, kandi urugendo rwo kugera i Kinshasa rurakomeje”

Olivier Rumenge: “Turi muri Uvira kugira ngo turengere abaturage, kandi urugendo rwo kugera i Kinshasa rurakomeje” Olivier Rumenge Rugeyo, wahoze ahatanira kuba umudepite mu karere ka Fizi, yongeye...

Read moreDetails

Corneille Nangaa Yasobanuye Ifatwa rya Uvira, Ahakana Ubufasha bw’u Rwanda

by Bahanda Bruce
December 9, 2025
0
Corneille Nangaa Yasobanuye Ifatwa rya Uvira, Ahakana Ubufasha bw’u Rwanda

Corneille Nangaa Yasobanuye Ifatwa rya Uvira, Ahakana Ubufasha bw’u Rwanda Amakuru mashya aturuka mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo yemeza ko ihuriro rya Alliance Fleuve Congo,...

Read moreDetails

Uvira Mu Maboko ya AFC/M23/MRDP-Twitwaneho: Ifatwa ry’Umujyi Rihinduye Imiterere y’Intambara muri Kivu y’Amajyepfo

by Bahanda Bruce
December 9, 2025
0
Uvira Mu Maboko ya AFC/M23/MRDP-Twitwaneho: Ifatwa ry’Umujyi Rihinduye Imiterere y’Intambara muri Kivu y’Amajyepfo

Uvira Mu Maboko ya AFC/M23/MRDP-Twitwaneho: Ifatwa ry’Umujyi Rihinduye Imiterere y’Intambara muri Kivu y’Amajyepfo Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23/MRDP-Twitwaneho) ryamaze kwigarurira umujyi wa Uvira, nubwo hari uduce duke...

Read moreDetails

AFC/M23 Yiyemeje Gusana Igihugu: “Tugiye Kugarura Ubutware bwa Leta muri Congo Hose”

by Bahanda Bruce
December 9, 2025
0
AFC/M23 Yiyemeje Gusana Igihugu: “Tugiye Kugarura Ubutware bwa Leta muri Congo Hose”

AFC/M23 Yiyemeje Gusana Igihugu: "Tugiye Kugarura Ubutware bwa Leta muri Congo Hose" Mu itangazo ryasohowe kuri uyu wa kabiri, umutwe wa AFC/M23 watangaje ko ibiri kuba hirya no...

Read moreDetails
Next Post
Government Forces Launch Major Assault on AFC/M23 Near Goma

Government Forces Launch Major Assault on AFC/M23 Near Goma

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?