Ndondo: FARDC n’Ingabo z’u Burundi Bahuye n’Igihombo Gikomeye, Bahunga mu Kavuyo
Mu misozi miremire y’i Mulenge, mu gace ka Ndondo muri grupema ya Bijombo, teritwari ya Uvira mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, hongeye kuvugwa imirwano ikomeye yasize ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’iz’u Burundi rihuye n’igihombo gikomeye, nyuma yo kugabwaho ibitero bya drone.
Amakuru aturuka muri ako gace, yemezwa n’abaturage n’abandi bahari, aravuga ko izi ngabo zarashweho n’indege zitagira abapilote (drones) mu bice bitandukanye, birimo ku Murambya kwa Nzamwita, aho bivugwa ko zateje igihombo gikomeye mu basirikare, bigatuma abasigaye bakizwa n’amaguru berekeza i Uvira.
Umwe mu batanze amakuru yagize ati: “Haje drone ebyiri zibamishamo amasasu menshi ku Murambya kwa Nzamwita, zirabakubita bikomeye. Abasigaye bahise bahunga berekeza i Uvira.”
Undi muturage wo muri ako gace na we yavuze ko ibyo bitero byatangiye mu ijoro ryo ku wa Gatanu rishyira ku wa Gatandatu, tariki ya 11/04/2026, bikomeza no mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru, tariki ya 12/04/2026, aho indi drone yongeye kugaba igitero ku ngabo zari zimaze gusubira inyuma.
Nubwo umubare nyawo w’abahitanywe n’ibi bitero utaratangazwa ku mugaragaro, amakuru yizewe agaragaza ko abasirikare benshi, cyane cyane mu ngabo z’u Burundi n’iza FARDC, bahasize ubuzima, mu gihe abandi benshi bakomeretse bikomeye.
Amakuru agera kuri Minembwe Capital News aravuga ko ingabo nyinshi zahungiye ku misozi irimo uwa Kirungwa, aho zimwe zikomeje kumanuka zigana mu mujyi wa Uvira, ziri mu kavuyo gakomeye.
Ikindi kivugwa ni uko izi ngabo zasize inyuma ibikoresho bya gisirikare byinshi, birimo imbunda ziremereye, izirasa amabombe n’ibindi bikoresho bikomeye, bikaba bishobora kongera guhindura isura y’imirwano muri aka gace.
Abaturage bavuga kandi ko hari imirambo myinshi y’abasirikare b’u Burundi n’aba FARDC yasigaye ku misozi, cyane cyane ahabereye ibitero, harimo ku Murambya, aho bivugwa ko hari n’iyatawe mu buryo buteye impungenge.
Ibi bitero bibaye mu gihe, mu cyumweru gishize, izi ngabo zari zazamutse mu duce dutuwe n’Abanyamulenge, aho zahise zitangira kugaba ibitero muri iyo mihana irimo uwa Gongwa, Mitamba na Murambya, aho zari zatangiye ibikorwa by’imirwano bikomeye zigamije gusenya no gutatanya abaturage b’Abanyamulenge.
Ku rundi ruhande, umutwe wa MRDP-Twirwaneho urwanira kurengera abaturage b’Abanyamulenge wakomeje guhangana n’izi ngabo, ugerageza kuzisubiza inyuma mu bice byinshi byo muri Ndondo.
Akarere ka Minembwe na Bijombo kamaze igihe kirekire karangwa n’umutekano muke uterwa n’imirwano ihoraho ihanganishije Abanyamulenge.
Kugeza ubu, amakuru ava muri ako gace agaragaza ko ihuriro ry’ingabo za FARDC n’iz’u Burundi rikomeje gusubira inyuma mu bice byinshi bya Ndondo, mu gihe MRDP-Twirwaneho bavuga ko bakomeje kugenzura ibice bimwe by’ingenzi.
Icyakora, nta ruhande ruratanga imibare nyayo y’ibyabaye, kandi ubuyobozi bwa gisirikare ntiburagira icyo butangaza ku mugaragaro ku bijyanye n’ibi bitero bya drone n’ingaruka zabyo.
Ibi bitero bya drone bishobora kuba impinduka ikomeye mu mirwano yo mu misozi y’i Mulenge, aho bishobora guhindura uburyo impande zihanganye zitegura kandi zigakora ibikorwa bya gisirikare. Mu gihe amakuru akomeje kugera hanze mu buryo bucagase, haracyakenewe amakuru yemewe n’impande zose kugira ngo hamenyekane neza ingaruka z’ibi bitero n’icyerekezo cy’umutekano muri aka karere.






