
I Shanje, hiciwe Umuturage yicwa na Wazalendo, bo muri RDC.
Yanditswe na Bruce Bahanda, kw’itariki 18.05.2023, saa 10:15 pm, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Ishanje ho muri Teritware ya Kalehe, muntara ya Kivu yamajy’Epfo, hiciwe umuturage uzwi kwizina rya Mugabo Kubitiro, bikavugwa ko yishwe na Wazalendo bazwiho gukorana n’Ingabo za leta ya Republika ya Demokarasi ya Congo (FARDC).
Nkuko ayamakuru tumaze kuyahabwa nabamwe mubaturage baturiye aka gace, bavuze ko abaturage bahagurukiye kwigaragambya, maze berekeza kubirindoro bya Wazalendo muri Kalehe ho muri Kivu y’Epfo, uwishwe akaba yishwe isaha za samoya kumasaha yumugoroba.
Subwambere muri Kalehe, haba ubushamirane hagati yabaturage bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda baturiye Kalehe nimitwe yitwaje Intwaro ishigikiwe na leta ya Kinshasa, nka Wazalendo na Nyatura.
Gusa biravugwa ko uyu wishwe aruwo mubwoko bwa Bahutu, ariko ico aba batuye Kalehe bazira bazira kuvuga ururimi rw’Ikinyarwanda.
Mukwezi kwa kane ( 4), uyumwaka harashwe abandi basore babiri baraswa na Wazalendo, barasigwa mugace ka Nyabibwe, kubufasha bw’ingabo za Republika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), nyuma yogukomereka boherejwe kubitaro i Bukavu, umwe murabo babiri yaje gupfa muntangiriro ziki cyumweru turimo.
Ibi bikomeje kuba mugihe havugwa ubushamirane bukaze muri Kivu y’Amajyaruguru, nigihe hari kurebana ayingwe hagati yihuriro ry’ingabo za Republika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) numutwe wa M23, urwanira ukubaho kwabo nababo, Muburasirazuba bw’ikigihugu.
Ikindi kivuggwa haravugwa ko iki gihugu cya RDC kocaba citeguye kuza kw’ingabo zo mumuryango wa SADC, bakazaza baje kurwanya inyeshamba zo mumutwe wa M23.




