I “Uvira tugize ikibazo,” ubutumwa butanzwe n’Abanyamulenge.
Amakuru aturuka i Uvira muri Kivu y’Amajyepfo mu gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, avuga ko hari Umunyamulenge wafashwe na Wazalendo bitera ubwoba abasigaye ni mu gihe muri icyo gice hari umutekano muke wabo.
Ni mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 12/05/2025, ni bwo uwo munyamulenge bivugwa ko yari n’umu-prefet kw’ishuri rimwe ryo muri Uvira yafashwe na Wazalendo.
Abari i Uvira, umwe muri bo yabwiye Minembwe Capital News ati: “Uvira tugize ikibazo. Bafashe umugabo witwa Kizeze ni préfet ku masomo hano i Uvira.”
Uyu kandi yongeye ati: “Ba musanze iwe mu rugo. Abazalendo baramujana.”
Nk’uko aya makuru akomeza abivuga ni ko mukumujana bamwerekeje muri Quartier iyo bivugwa ko iteye ubwoba yitwa Kiribura. Ni yo biciramo abatavuga rumwe na bo nk’uko byakomeje bivugwa.
Byanavuzwe ko Kizeze we asanzwe atuye kuri Karyamabenge iherereye mu mujyi wa Uvira.
Hari n’u butumwa bw’amajwi bwumvikanye butabariza Kizeze, aho uwamutabarizaga yavuze ko Wazalendo bamujanye nabi, ni mu gihe ngo bagiye bamukubuta. Ndetse ko bafashe n’inkweto zabo bazirambika mu rugo kwa Kizeze bavuga ko ari we wazihazanye.
Abanyamulenge bari i Uvira bagize igihe baterwa ubwoba n’ihuriro ry’ingabo za Congo. Zibashinja ururimi bavuga rw’ikinyarwanda no kuba ari Abatutsi.
Uvira ni igice kigwiriyemo ingabo zirimo iza FARDC iz’u Burundi, imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR zatsinzwe intambara i Goma, Bukavu n’ahandi nka Kamanyola na Nyangenzi.
Ibi bituma bibasira Abanyamulenge n’abasa n’abo babashinja kuba ari benewabo n’umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho igize igihe ibajegeza mu Burasizuba bwa Congo.