Ibiganiro kuri Ukraine byari bitaganyijwe mu Bwongereza byabayemo impinduka zikomeye.
Ibiganiro byo gushakira Ukraine amahoro byari bitaganyijwe kubera mu Bwongereza ntibyabaye bikiba nk’uko byari biteganyijwe kubera minisitiri w’ubanye n’amahanga wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika atabagiyemo i Londre.
Ni biganiro byari bitaganyijwe gukorwa tariki ya 23/04/2025, haba impinduka zikomeye zatumye bitaba mu rwego rwo hejuru.
Amakuru avuga ko izo mpinduka zatewe nuko minisitiri w’ubanye n’amahanga wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Marco Rubio, atabaye akibijamo i Londre mu Bwongereza.
Ibi biganiro byari guhuza abayobozi bakuru bo muri Amerika, u Bwongereza, u Bufaransa ndetse na Ukraine, bagamije kurebera hamwe uko intambara imaze imyaka itatu ibera muri Ukraine yahagarara.
Minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Bwongereza, David Lammy, yasobanuye ko ibi biganiro byitabirwa n’abayobozi bo ku rwego rwo hasi nyuma y’aho minisitiri Rubio atabonetse.
Ababyitabiriye barimo intumwa ya perezida Donald Trump muri Ukraine no mu Burusiya, Lt.Gen.Keith Kellogg ndetse n’abahagarariye Ukraine barimo na minisitiri w’ubanye n’amahanga, Andrii Sybiha, na minisitiri w’ingabo, Rustem Umerov.
Minisitiri Rubio yari yasobanuye ko inama ya Londres ari yo Amerika izashyingira yemeza niba ibiganiro by’amahoro iri kugirana na Ukraine n’u Burusiya byakomeza cyangwa bigahagara. Nyuma y’aho atabonetse, icyemezo igihugu cyabo kizafata ntikizwi.
Amerika yari yagaragaje ko kugira ngo intambara ibera muri Ukraine ihagarare, bizasaba ko irekera u Burusiya ubutaka yabwambuye guhera ku kirwa cya Crimea gusa perezida Volodymyr Zelensky ku 22/04/2025 yasubije ko ibyo bitazashoboka.
Mu gihe Amerika yifuza ko habaho agahenge hagati y’impande zombi kugira ngo ibiganiro by’amahoro bibe mu mwuka mwiza, ibitero birakomeje. Hari icyo u Burusiya bwagabye mu ntara ya Dnipropetrovsk kuri uyu wa 23/04/2025, cyapfiriyemo abantu icyenda.
Ibiro bya perezida wa Ukraine, biheruka gutangaza ko inzira y’amahoro igoye ariko ko Ukraine ishaka gukomeza ibiganiro.
Bisobanura ko icyo Ukraine n’ibihugu by’inshuti bishaka ari uko habaho ihagarikwa ry’imirwano ryihuse, kuko ari yo ntambwe izafasha impande zihanganye kugera ku mahoro.