Ibihugu birimo na RDC, Amerika yabujije abaturage bayo kubikoreramo ingendo
Leta Zunze ubumwe z’Amerika zasabye abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu bihugu 21 byo hirya no hino ku isi, mu rwego rwo kwirinda ibyago bashobora guhura nabyo ku mpamvu z’umutekano muke ubirimo.
Ni byatangajwe n’ishami rya Leta Zunze ubumwe z’Amerika rishyinzwe ibikorwa bya dipolomasi mu mahanga, aho uru rwego rwagaragaje ko ibihugu 21 bidakwiye gukorerwamo ingendo ku baturage bayo.
Amerika ikaba yasabye abaturage bayo kwitwararika mu gihe bakorera ingendo mu mahanga, bakirinda ngo kuko bashobora guhura n’ibyago.
Ibihugu Amerika yasabye abaturage bayo kwirinda birimo Afghanistan, Belarus, Buruknafaso, Burma, Centrafrique na Repubulika ya demokarasi ya Congo (RDC).
Birimo kandi Haiti, Iran, Iraq, Libani, Libya, Mali, Koreya ya Ruguru, u Burusiya, Somalia, Sudan y’Epfo, Sudan, Syria, Ukraine, Venezuela na Yamen.
Amerika yamenyesheje abaturage bayo ko kubakumira muri biriya bihugu bishingiye ku kuba ibintu bitibifashe neza, ikindi ikaba ifite ubushobozi buke bwo kubatabara mu gihe baba babihuriyemo n’akaga.
Amerika yagize iti: “Gukorera ingendo muri biriya bihugu mwaba muri gushyira ubuzima bwanyu mukaga.”
Ibi bihugu hafi yabyose bimaze igihe biberamo intambara, bityo akaba ari yo mpamvu Amerika yabujije abaturage bayo kwirinda kubigiriramo ingendo.