Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibihugu birimo u Rwanda na RDC birimubyo perezida Trump yadohoreye.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 3, 2025
in Regional Politics
0
Ibihugu birimo u Rwanda na RDC birimubyo perezida Trump yadohoreye.
109
SHARES
2.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibihugu birimo u Rwanda na RDC birimubyo perezida Trump yadohoreye.

You might also like

U Rwanda rudaciye ku ruhande rwasubije RDC iheruka kuvuga kuri FDLR.

Yasabye ko FDLR na Wazalendo bisenywa burundu.

Kabila yashinje Tshisekedi kugendera kubihuha anavuga icyo agiye gukora byihuse.

Perezida wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump yadohoreye u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo ku bijyanye n’imisoro ni mu gihe yaraye atangaje imisoro njira muri iki gihugu iturutse hirya no hino ku isi.

Iki cyemezo perezida Trump yagifashe mu rwego rwo kunganisha imisoro y’ibicuruzwa bituruka muri Amerika, byinjira mu bindi bihugu.

Ubwo uyu mukuru w’iki gihugu yatangazaga iriya misoro yise “Reciprocal Tariffs” muri White House ku munsi yise uwibwigenge, yavuze ko iriya misoro yazamuye ku bihugu byinshi iri mu rwego rwo kwihimura ku bihugu byari bimaze igihe byiba Amerika.

Nk’uko yabitangaje yagize ati: “Hari hashize imyaka myinshi igihugu cyacu cyibwa, gifatwa ku ngufu ndetse kikanasahurwa n’ibihugu bitwegereye ndetse n’ibya kure; yaba iby’inshuti ndetse n’iby’abanzi.”

Yavuze kandi ko “abategetsi b’abanyamahanga bibye imirimo yabo, ndetse ko n’ababeshyi b’ababanyamahanga basahuye inganda zabo. Ikindi ngo nuko abanyamahanga bashegeshe inzozi zahoze ari iz’Amerika.”

Trump yashimangiye ko icyemezo yafashe kigomba kuzana impinduka zikomeye mu mateka y’Amerika, ndetse kigashyira iherezo ku bitero yavuze ko igihugu cye cyari kimaze igihe kigabwaho.

Yagize ati: “Itariki ya kabiri z’ukwezi kwa Kane izahora yibukwa nk’umunsi uruganda rw’ Amerika rwavukiyeho bundi bushya, umunsi urwandiko rw’Amerika rwasubirijweho.”

Hagataho, imisoro mishya ku bicuruzwa byo mu mahanga byinjira muri Amerika Trump yavuze ko izatangira gukurikizwa ku itariki ya 09/04.

Yasobanuye ko mu kugena iriya misoro hagendewe ku yo ibihugu by’amahanga bisanzwe bica ibicuruzwa biva muri Amerika, ibyatumye na we abica kuri kimwe cya kabiri cy’amafaranga bisoresha ibicuruzwa byo muri Amerika.

Ati: “Tuzabica hafi kimwe cyakabiri cy’amafaranga badusoresha cyangwa ayo badusoresheje. Ibicuruzwa ntabwo bizangana neza n’ibyo badushyiriyeho. Nakabaye ari ko nabigenje, ariko ntekereza ko byari kugora ibihugu byinshi. Ibyo ntabwo tubishaka.”

Mu bihugu Trump yazamuriye imisoro birimo u Bushinwa, imisoro ku bicuruzwa bibuturukamo bijya muri Amerika yashyizwe kuri 34%.

Minisitiri w’imari wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Scott Bossent yavuze ko uyu musoro wiyongereye ku wa 20% Amerika yacaga ibicuruzwa biturutse mu Bushinwa ibivuze ko wahise ugera kuri 54%.

Umusoro ku bicuruzwa bituruka mu bihugu bigize umuryango w’ubumwe bw’u Burayi wo washyinzwe kuri 20%, ibituruka muri Lesotho no muri Saint Pierre na Miquelon bisanzwe bisoresha ibicuruzwa by’Amerika 99% ushyirwa kuri 50%.

Naho ibicuruzwa bituraka muri Cambodge bizajya bisora 49%, Vietnam 46%, Mynmar 44%, Srilanka 42%, Laos 48%, Syria 41%, Bangladesh na Serbia 37%, Thailand 36%, Afrika y’Epfo 30%.

Congo n’u Rwanda n’ibindi bihugu byo muri Afrika y’i Burasizuba biri mubyo Trump yashyiriyeho umusoro muto, kuko bizajya bisora 10%. Ni amafaranga angana n’ayo ibicuruzwa byinjira muri ibi bihugu biturutse muri Amerika bisora.

RDC n’u Rwanda kimwe n’ibindi bihugu birimo nk’u Bwongereza, Qatar, Ukraine, Maroc, Misiri, Arabie Saoudite, Leta Zunze ubumwe z’Abarabu, Australia, Turkiya, Bresil, Singapore, Nouvelle Zaeland n’ibindi, Trump yabidohoreye.

Ikindi nuko Trump yanze gushyiraho imisoro ku gihugu cya Mexique na Canada ngo kubera ko bisanzwe ari ibituranyi na Leta Zunze ubumwe z’Amerika.

Tags: AmerikaImisoroRdcRwandaTrumpYadohoye
Share44Tweet27Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda rudaciye ku ruhande rwasubije RDC iheruka kuvuga kuri FDLR.

by Bruce Bahanda
May 25, 2025
0
Auto Draft

U Rwanda rudaciye ku ruhande rwasubije RDC iheruka kuvuga kuri FDLR. U Rwanda rubinyujije kuri minisitiri warwo w'ubanye n'amahanga, Olivier Nduhungurehe, yatangaje ko bitangaje kubona guverinoma ya Kinshasa...

Read moreDetails

Yasabye ko FDLR na Wazalendo bisenywa burundu.

by Bruce Bahanda
May 24, 2025
0
Yasabye ko FDLR na Wazalendo bisenywa burundu.

Yasabye ko FDLR na Wazalendo bisenywa burundu. Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, aza kubusigira Felix Tshisekedi, yamusabye ko asenya umutwe w'iterabwoba...

Read moreDetails

Kabila yashinje Tshisekedi kugendera kubihuha anavuga icyo agiye gukora byihuse.

by Bruce Bahanda
May 24, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Kabila yashinje Tshisekedi kugendera kubihuha anavuga icyo agiye gukora byihuse. Joseph Kabila wabaye perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo yashinje Tshisekedi wa musimbuye kuri uwo mwanya kuba...

Read moreDetails

Intwaro zikorerwa mu Rwanda zatangiye kubona isoko.

by Bruce Bahanda
May 22, 2025
0
Intwaro zikorerwa mu Rwanda zatangiye kubona isoko.

Intwaro zikorerwa mu Rwanda zatangiye kubona isoko. Nyuma y'aho u Rwanda rumuritse bwa mbere mu nama mpuzamahanga y'umutekano iheruka kubera i Kigali intwaro zarwo zirukorerwamo bigatungura ibihugu byinshi,...

Read moreDetails

Minisitiri w’ubutabera wa RDC ararira ayo kwarika nyuma yo kugira ibyo ashinjwa.

by Bruce Bahanda
May 22, 2025
0
Minisitiri w’ubutabera wa RDC ararira ayo kwarika nyuma yo kugira ibyo ashinjwa.

Minisitiri w'ubutabera wa RDC ararira ayo kwarika nyuma yo kugira ibyo ashinjwa. Umushinjacyaha w'urukiko rushyinzwe imanza muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, yandikiye inteko ishinga amategeko ayisaba kwambura...

Read moreDetails
Next Post
Rwongeye kwambikana i Masisi hagati ya m23 n’ihuriro ry’ingabo za Congo.

Rwongeye kwambikana i Masisi hagati ya m23 n'ihuriro ry'ingabo za Congo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?