• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, March 11, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibikomeje kuvugwa n’ingabo z’u Burundi ziri mu Bibogobogo, biri gutera Abanyamulenge ubwoba.

minebwenews by minebwenews
March 8, 2025
in Regional Politics
0
FARDC iri guhiga Abasore ba Banyamulenge bukware mu Bibogobogo.
96
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibikomeje kuvugwa n’ingabo z’u Burundi ziri mu Bibogobogo, biri gutera Abanyamulenge ubwoba.

You might also like

Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris

Kinshasa: Jean-Luc Habyarimana Aravugwa mu Mugambi wa Tshisekedi wo Guhuza Imitwe Irwanya u Rwanda

Abasirikare b’u Burundi baherutse kuza mu Bibogobogo ubwo Abanyamulenge bagabwagaho ibitero n’inyeshyamba za Mai-Mai mu ntangiriro z’iki cyumweru, bakomeje kubwira aba Banyamulenge ko umwanzi wabo mukuru ari Twirwaneho na m23, bityo ko bagomba kwirinda ubufatanye ubwo aribwo bwose n’iyo mitwe.

Tariki ya 03/03/2025, nibwo mu Bibogobogo, Mai-Mai yahagabye ibitero, aho yabigabye iturutse i Baraka, i Kalele n’i Lweba.

Ibi bitero byatumye Abanyamulenge baha mu Bibogobogo bahagurukana n’iyonka, birwanaho, ndetse babasha kubisubiza inyuma.

Ahagana mu masaha y’umugoroba urugamba rutangije guhumuza, ingabo z’u Burundi n’iza Congo zatanze umusaada ku Banyamulenge bituma aba barwanyi ba Mai-Mai bari bagabye ibitero ku Banyamulenge bahungira kure.

Imirwano imaze kurangira neza, nibwo ingabo z’u Burundi n’iza Congo zahise zitangira kubwira aba Banyamulenge ko umwanzi wabo mukuru ari Twirwaneho na m23, bityo ko bagomba kutagira ubufatanye ubwo aribwo bwose n’iyo mitwe ibiri.

Umwe uherereye muri ibyo bice yabwiye Minembwe Capital News ati: “Igitangaje izi ngabo z’u Burundi ziheruka gutanga umusaada mu Bibogobogo ziri kutubaza ibibazo biteye ubwoba! Bari kutubaza ati, aho none ntimukorana na Twirwaneho cyangwa m23?”

Ngw’aba basirikare b’u Burundi bakababwira ko abo ari bo banzi babo baruta abandi muri Kivu y’Amajyepfo, ati: “abo ni bo banzi dufite muri Kivu y’Epfo.”

Yavuze ko ‘igisubizo’ abaturage bo mu Bibogobogo baheza ziriya ngabo z’u Burundi, bababwira ko bo ari abasivili, bafite imbunda zihishe mu mazu, birwanaho igihe batewe.

Ati: “Twe turi abasivili, bafite imbunda zihishe mu mazu, twirwanaho igihe tugabweho ibitero.”

Hagataho, iri joro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa gatandatu, aha mu Bibogobogo haje izindi ngabo nyinshi, zigwiriyemo iz’u Burundi n’iza Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Zikaba zarahageze ziturutse i Baraka izindi i Uvira aho Mai-Mai yinuka ikagaba ibitero ku Banyamulenge.
Nk’uko byavuzwe ahanini iza FARDC zigizwe n’abavuga ikinyarwanda bakomoka muri Kivu y’Amajyaruguru.

Nyamara nubwo Mai-Mai ari yo yagabye ibitero ku Banyamulenge batuye mu Bibogobogo, mu ntangiriro z’iki cyumweru. Iyo Mai-Mai bizwi ko ikorana byahafi n’izi ngabo z’u Burundi n’iza Congo, ndetse n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Usibye n’icyo imyambaro iriya Mai-Mai yambara n’imbunda barwanisha bagaba ibitero ku Banyamulenge, babihabwa n’ubutegetsi bw’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ku rundi ruhande umutwe wa m23 urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa, uwo ingabo z’u Burundi zita umwanzi wabo mukuru, umaze kugira ibice byinshi ufata biri muri teritware zitanu zo muri Kivu y’Amajyepfo, harimo iya Kalehe, iya Kabare, Walungu, Mwenga, aho ndetse ifite n’igice irimo cyo muri Uvira.

Ni mu gihe kandi n’umutwe wa Twirwaneho, ufite igice kinini cyo muri Fizi wigaruriye.

Tags: BibogobogoIngabo z'u BurundiM23Umwanzi
Share38Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

by Bahanda Bruce
March 10, 2026
0
Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (East African Community – EAC) ukomeje guhura n’ikibazo gikomeye cy’ibura ry’amafaranga, gishobora kugira ingaruka zikomeye...

Read moreDetails

Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris

by Bahanda Bruce
March 10, 2026
0
Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris

Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, ari mu bayobozi bakomeye ku isi bitabiriye inama mpuzamahanga ya kabiri...

Read moreDetails

Kinshasa: Jean-Luc Habyarimana Aravugwa mu Mugambi wa Tshisekedi wo Guhuza Imitwe Irwanya u Rwanda

by Bahanda Bruce
March 10, 2026
0
Kinshasa: Jean-Luc Habyarimana Aravugwa mu Mugambi wa Tshisekedi wo Guhuza Imitwe Irwanya u Rwanda

Kinshasa: Jean-Luc Habyarimana Aravugwa mu Mugambi wa Tshisekedi wo Guhuza Imitwe Irwanya u Rwanda Amakuru aturuka mu nzego zikurikirana ibibera muri politiki y’akarere k’Ibiyaga Bigari akomeje kugaragaza ko...

Read moreDetails

EAC Yahagurukiye Ikibazo cy’Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
March 10, 2026
0
EAC Yahagurukiye Ikibazo cy’Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC

EAC Yahagurukiye Ikibazo cy’Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, uzwi nka East African Community (EAC), wasabye impande zihanganye mu ntambara yo mu burasirazuba bwa Repubulika...

Read moreDetails

Uvira: Ihuriro Rikomeye ry’Ingamba z’Igihe Kirekire za FDLR n’Ingaruka Zabyo ku Mutekano w’Akarere k’Ibiyaga Bigari

by Bahanda Bruce
March 9, 2026
0
Loni Yashinje Ingabo za Leta ya RDC n’Umutwe wa FDLR Gukora Ihohoterwa Rishingiye ku Gitsina ku Baturage

Uvira: Ihuriro Rikomeye ry’Ingamba z’Igihe Kirekire za FDLR n’Ingaruka Zabyo ku Mutekano w’Akarere k’Ibiyaga Bigari Mu mujyi wa Uvira, umwe mu mijyi ifite uruhare rukomeye mu ntara ya...

Read moreDetails
Next Post
Ibyo Afrika y’Epfo ivuga ku ngabo zayo niba zikomeza kuba muri RDC.

Ibyo Afrika y'Epfo ivuga ku ngabo zayo niba zikomeza kuba muri RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?