Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibikomeje kuvugwa n’ingabo z’u Burundi ziri mu Bibogobogo, biri gutera Abanyamulenge ubwoba.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 8, 2025
in Regional Politics
0
FARDC iri guhiga Abasore ba Banyamulenge bukware mu Bibogobogo.
96
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibikomeje kuvugwa n’ingabo z’u Burundi ziri mu Bibogobogo, biri gutera Abanyamulenge ubwoba.

You might also like

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Abasirikare b’u Burundi baherutse kuza mu Bibogobogo ubwo Abanyamulenge bagabwagaho ibitero n’inyeshyamba za Mai-Mai mu ntangiriro z’iki cyumweru, bakomeje kubwira aba Banyamulenge ko umwanzi wabo mukuru ari Twirwaneho na m23, bityo ko bagomba kwirinda ubufatanye ubwo aribwo bwose n’iyo mitwe.

Tariki ya 03/03/2025, nibwo mu Bibogobogo, Mai-Mai yahagabye ibitero, aho yabigabye iturutse i Baraka, i Kalele n’i Lweba.

Ibi bitero byatumye Abanyamulenge baha mu Bibogobogo bahagurukana n’iyonka, birwanaho, ndetse babasha kubisubiza inyuma.

Ahagana mu masaha y’umugoroba urugamba rutangije guhumuza, ingabo z’u Burundi n’iza Congo zatanze umusaada ku Banyamulenge bituma aba barwanyi ba Mai-Mai bari bagabye ibitero ku Banyamulenge bahungira kure.

Imirwano imaze kurangira neza, nibwo ingabo z’u Burundi n’iza Congo zahise zitangira kubwira aba Banyamulenge ko umwanzi wabo mukuru ari Twirwaneho na m23, bityo ko bagomba kutagira ubufatanye ubwo aribwo bwose n’iyo mitwe ibiri.

Umwe uherereye muri ibyo bice yabwiye Minembwe Capital News ati: “Igitangaje izi ngabo z’u Burundi ziheruka gutanga umusaada mu Bibogobogo ziri kutubaza ibibazo biteye ubwoba! Bari kutubaza ati, aho none ntimukorana na Twirwaneho cyangwa m23?”

Ngw’aba basirikare b’u Burundi bakababwira ko abo ari bo banzi babo baruta abandi muri Kivu y’Amajyepfo, ati: “abo ni bo banzi dufite muri Kivu y’Epfo.”

Yavuze ko ‘igisubizo’ abaturage bo mu Bibogobogo baheza ziriya ngabo z’u Burundi, bababwira ko bo ari abasivili, bafite imbunda zihishe mu mazu, birwanaho igihe batewe.

Ati: “Twe turi abasivili, bafite imbunda zihishe mu mazu, twirwanaho igihe tugabweho ibitero.”

Hagataho, iri joro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa gatandatu, aha mu Bibogobogo haje izindi ngabo nyinshi, zigwiriyemo iz’u Burundi n’iza Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Zikaba zarahageze ziturutse i Baraka izindi i Uvira aho Mai-Mai yinuka ikagaba ibitero ku Banyamulenge.
Nk’uko byavuzwe ahanini iza FARDC zigizwe n’abavuga ikinyarwanda bakomoka muri Kivu y’Amajyaruguru.

Nyamara nubwo Mai-Mai ari yo yagabye ibitero ku Banyamulenge batuye mu Bibogobogo, mu ntangiriro z’iki cyumweru. Iyo Mai-Mai bizwi ko ikorana byahafi n’izi ngabo z’u Burundi n’iza Congo, ndetse n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Usibye n’icyo imyambaro iriya Mai-Mai yambara n’imbunda barwanisha bagaba ibitero ku Banyamulenge, babihabwa n’ubutegetsi bw’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ku rundi ruhande umutwe wa m23 urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa, uwo ingabo z’u Burundi zita umwanzi wabo mukuru, umaze kugira ibice byinshi ufata biri muri teritware zitanu zo muri Kivu y’Amajyepfo, harimo iya Kalehe, iya Kabare, Walungu, Mwenga, aho ndetse ifite n’igice irimo cyo muri Uvira.

Ni mu gihe kandi n’umutwe wa Twirwaneho, ufite igice kinini cyo muri Fizi wigaruriye.

Tags: BibogobogoIngabo z'u BurundiM23Umwanzi
Share38Tweet24Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Icyo minisitiri Nduhungirehe yavuze ku biganiro biri kubera i Doha bihuza RDC na AFC/M23.

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Leta y'u Rwanda yatangaje ko yishimiye isinywa ry'inyandiko y'amahame y'ibanze ngenderwaho aganisha...

Read moreDetails
Next Post
Ibyo Afrika y’Epfo ivuga ku ngabo zayo niba zikomeza kuba muri RDC.

Ibyo Afrika y'Epfo ivuga ku ngabo zayo niba zikomeza kuba muri RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?