Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Ibindi bitavuzwe ku mirwano yabereye mu Rugezi hagati ya Twirwaneho n’ihuriro ry’ingabo za Congo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 23, 2025
in Conflict & Security
0
Iby’igitero ihuriro ry’ingabo za Congo zagerageje kugaba mu Minembwe ku munsi wa Pasika.
89
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibindi bitavuzwe ku mirwano yabereye mu Rugezi hagati ya Twirwaneho n’ihuriro ry’ingabo za Congo.

You might also like

Umusirikare wa FARDC yishe bagenzi be i Kisangani.

Uvira ngo yaba igiye gufatwa cyangwa ni amayeri Leta y’i Kinshasa irimo gukoresha, ibirambuye

Mu Gipupu hubuye imirwano ikaze.

Amakuru ava mu Rugezi ho muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aho Twirwaneho na M23 bigenzura kuva mu byumweru bitatu bishize, avuga ko ihuriro ry’ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, mu bitero zahagabye, zahateye mu duce twaho tune, ariko Twirwaneho na M23 bihagenzura bizisubiza inyuma, ndetse ngo bizikubita na nabi cyane.

Uduce izi ngabo zagabyemo ibi bitero muri Rugezi hari ako mu Badinzi, ako kuri Nyakirango, ku w’ihene n’ako kuri Mugera.

Ibi bitero byatangije kumvikana ahagana igihe c’isaha z’igitondo zija gushyira mu masaha y’amanywa yo kuri uyu wa gatatu tariki ya 23/04/2025. Aho byarimo byumvikanamo imbunda ziremereye n’izito.

Ni bitero kandi amakuru akomeza avuga ko bitigeze bihira iri huriro ry’ingabo za Congo, nubwo ari zo zabigabye.

Umwe mu Banyamulenge uherereye muri ibyo bice ariko utashatse ko amazina ye aja hanze, yabwiye Minembwe Capital News ko Twirwaneho na M23 byabababaje cyane uruhande rwa Leta rwabagabyeho ibyo bitero.

Yagize ati: “Uyu munsi ihuriro ry’ingabo za Congo ryateye mu Rugezi mu duce twayo tune, ariko zakubiswe bikomeye, ku buryo zitabonye n’umwanya wogukusanya intumbi z’abasirikare babo baguye ku rugamba, n’inkomeri zarutakayemo.”

Yashimangiye ibi avuga ko n’ibirindiro iri huriro ryari rifite i Gasiro, byahiye, nyuma y’aho uyu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 bibyirukanyemo izi ngabo zo ku ruhande rwa Leta, bakabiha inkongi y’umuriro.

Yongeyeho kandi ati: “Uwateye mu gice cyo Mubadinzi, kuri Nyakirango, ku w’ihene no mu Rugera, yahuye n’akaga gakomeye. Kandi yasubijwe inyuma, yamburwa n’ibyo yarafite.”

Imibare y’abapfuye ku ruhande rwa Leta irimo abo mu ngabo z’u Burundi, iza Congo, n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR, ntirashyirwa hanze, ariko amakuru yibanze agaragaza ko babarirwa mu mirongo, mu gihe abakomeretse bo barihejuru y’ijana.

Hejuru y’ibyo, uyu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 wambuye iri huriro ry’ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, ibikoresho bya gisirikare, birimo intwaro zito n’izinini ndetse n’ibindi bikoresho birimo iby’itumanaho.

Iri huriro mu guhunga, ryerekeje mu Matanganika muri secteur ya Lulenge, dore n’ubundi kwariyo abarigize baturutse.

Tubibutsa ko ibyo bice byose, biherereye muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Tags: IhuriroImirwanoRugezi
Share36Tweet22Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Umusirikare wa FARDC yishe bagenzi be i Kisangani.

by Bruce Bahanda
July 13, 2025
0
Umusirikare wa FARDC yishe bagenzi be i Kisangani.

Umusirikare wa FARDC yishe bagenzi be i Kisangani. Umusirikare wa Repubulika ya demokarasi ya Congo yarashe bagenzi be batatu babiri bahasiga ubuzima undi umwe arakomereka bikabije, ibi bikaba...

Read moreDetails

Uvira ngo yaba igiye gufatwa cyangwa ni amayeri Leta y’i Kinshasa irimo gukoresha, ibirambuye

by Bruce Bahanda
July 13, 2025
0
Uvira bari mu marira menshi nyuma y’aho FARDC yishe irashe umuyobozi waho ukomeye.

Uvira ngo yaba igiye gufatwa cyangwa ni amayeri Leta y'i Kinshasa irimo gukoresha, ibirambuye. Ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo bwashinje ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23...

Read moreDetails

Mu Gipupu hubuye imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 12, 2025
0
Ingabo z’u Burundi zagaruye Inka zari zanyazwe.

Mu Gipupu hubuye imirwano ikaze. Amakuru aturuka mu Gipupu mu gice kigenzurwa n'ihuriro ry'imitwe yitwaje intwaro yibumbiye mu ciswe Wazalendo izwiho ubufatanye bwa bugufi n'Ingabo za Leta ya...

Read moreDetails

Byinshi ku ngabo za FARDC, FDLR na Wazalendo zoherejwe mu duce du tatu two mu misozi ya Rurambo.

by Bruce Bahanda
July 12, 2025
0
Byinshi ku ngabo za  FARDC, FDLR na Wazalendo zoherejwe mu duce du tatu two mu misozi ya Rurambo.

Byinshi ku ngabo za FARDC, FDLR na Wazalendo zoherejwe mu duce du tatu two mu misozi ya Rurambo. Grupema zibiri iya Runingu n'iya Kigoma ziherereye muri teritware ya...

Read moreDetails

Icyo uruzinduko rwa Commandant secteur mu Bibogobogo rugamije.

by Bruce Bahanda
July 12, 2025
0
Icyo uruzinduko rwa  Commandant secteur mu Bibogobogo rugamije.

Icyo uruzinduko rwa Commandant secteur mu Bibogobogo rugamije. Commandant secteur wungirije, uruzinduko yagiriye mu Bibogobogo agace gatuwe cyane n'Abanyamulenge, rugamije ahanini gukora controle cyangwa se ibarura ry'abasirikare ba...

Read moreDetails
Next Post
I Kinshasa ibintu byatangiye guhindura isura, nyuma y’aho Kabila ageze i Goma.

Ibiro bikuru by'ishyaka rya PPRD byasahuwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?