• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibindi bitavuzwe kuri FDLR ivugwa muri Rurambo.

minebwenews by minebwenews
November 30, 2024
in Regional Politics
0
Ibindi bitavuzwe kuri FDLR ivugwa muri Rurambo.
95
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibindi bitavuzwe kuri FDLR ivugwa muri Rurambo.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Abarwanyi bo mu mutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenoside mu Rwanda gutinda kwabo muri Rurambo biva kukuba Leta y’u Burundi yarabangiye kwerekeza mw’ishyamba rya Kibira, ariko bikaba byari mu mwumvikano hagati y’impande zombi ndetse na RDC.

Ishyamba rya Kibira ni parike nkuru y’igihugu cy’u Burundi, iherereye mu majyaruguru ashyira uburenganzuba bw’iki gihugu, ikaba iri muri Bubanza intara ipakanye n’u Rwanda.

Kuva aho u Rwanda na RDC, mu biganiro bibahuriza i Luanda muri Angola bisinyanye amasezerano yo kumaraho FDLR burundu, u Burundi bwahise bwemerera mw’ibanga rikomeye uyu mutwe icyumbi mw’ishyamba rya Kibira.

Amasoko yacu atundukanye dukesha iy’inkuru yemeza ko muri icyo gihe interahamwe zahise ziva mu mashyamba ya Mwenga na Fizi zerekeza mu Rurambo ho muri teritware ya Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo.

Bikavugwa ko kwerekeza kwazo muri ibyo bice, byari mu rwego rwo gukomeza inzira y’i Burundi zigana muri Kibira.

Nyuma u Burundi na RDC byongeye guha ibwirizwa uyu mutwe wa FDLR kuguma muri Rurambo, hubwo abagore n’abana babo akaba aribo boherezwa mu ishyamba rya Kibira.

Ndetse mu cyumweru gishize, abo bagore b’interahamwe n’abana babo, boherejwe muri iryo shyamba, nk’uko aya makuru yagiye anatangazwa ku mbuga nyinshi.

Kimwecyo, kuva aho interahamwe zitangiye kugera ku bwinshi muri Rurambo mu kwezi kwa karindwi uyu mwaka, hari amakuru yavugaga ko zigamije gutera u Rwanda ku bufatanye n’ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo(FARDC), n’ingabo z’u Burundi(FDNB).

Kandi ko u Burundi na RDC byabwiwe ko aka gace kwariko gatuma Twirwaneho ibona ubutabazi bikaba biri mu byatumye aba barwanyi bakomeje koherezwa hano aho kujanwa mu ishyamba rya Kibira.

Ni mu gihe n’ahar’ejo ahitwa mu Gitoga muri Rurambo, hakiriwe interahamwe nyinshi zaje ziturutse mu mashyamba yo muri teritware ya Mwenga na Fizi.

Amakuru avuga ko iz’interahamwe iyo zigeze muri Rurambo zakirwa n’imitwe yitwaje imbunda ikorana byahafi n’igisirikare cya RDC n’icy’u Burundi, irimo Gumino yo kwa Nyamusaraba na Maï Maï yo kwa Rushaba.

Usibye kuba zarakiriwe n’iriya mitwe yombi ifatanyije n’igisirikare cy’u Burundi na FARDC zanahawe n’imyambaro yigisikare cy’u Burundi, n’iy’i gisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Sibyo gusa kuko ubu zanahawe uduce zigenzura, nko ku misozi yo kuri Nyundo, Gitabo na Kidote. Gusa ahitwa kuri Kagabwe ho iz’interahamwe zivanze na Gumino, ingabo z’u Burundi na Maï Maï.

Hagati aho, kugeza ubu nta hantu ziracyokoza, cyangwa ngo zibe zagaba igitero, ariko abaturage baturiye ibyo bice bakomeje kugira ubwoba.

Tags: FDLRGuminoKibiraRurambo
Share38Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
FARDC na Maï Maï bafunze Abanyamulenge barenga 5 mu Cyohagati.

FARDC na Maï Maï bafunze Abanyamulenge barenga 5 mu Cyohagati.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?