• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, December 5, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Ibintu byahinduye isura mu Ntara ya Gaza nimugihe ibitero bya Israel byarushijeho gukara muriyo mirwano hatoraguwe n’igitabo cyanditswe na Adolph Hitler.

minebwenews by minebwenews
November 13, 2023
in Uncategorized
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibitero bya Israel k’u butaka bwa Gaza, byatereye amavuriro guhagarika imirimo bakoreraga muriy’i Ntara ya Gaza.

You might also like

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Ni mu gihe kandi ibihumbi by’abaturage baheze mu bitaro i Al-Shifa biherereye muriy’i Ntara ari nabyo binini. Amakuru avuga ko ibikorwa byo kwimura abarwayi byahagaritswe n’imirwano ikomeje hagati y’ingabo za Israel, n’abarwanyi b’umutwe wa Hamas.

Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP, bivuga ko muri ibi Bitaro, hamaze gupfa abana batandatu n’abarwayi 9, bazize ingaruka zatewe no kubura ibikoresha byo kwa muganga byifashishwa mu buvuzi bw’ibanze n’ibyo kurya.

Ibi byatumye haterana i Nama y’igitaraganya yabereye i Bruxelles mu Bubiligi, yasabiwemo agahenge muri Gaza, kugira ngo abaturage b’abasivili babashe guhabwa ubutabazi bw’imiti n’ibyo kurya.

Muri iyi Nama yahurije hamwe ibihugu 27 bihuriye mu muryango w’Ubumwe bw’u Burayi, hafatiwemo imyanzuro ivuga ko amavuriro yo muri Gaza agomba guhabwa uburinzi bwihariye, kuko abarwanyi ba Hamas barimo bayakoresha nk’ubwihisho n’ubwugamo bwo kwitwikira abarwayi ngo Israel bahanganye itinye kubarasaho.

Byanatangajwe ko muriy’i mirwano umurwanyi wa Hamas yasanganwe igitabo cyanditswe na Hitler, ahakana ko Israel yibasiye ibitaro binini bya Gaza byitwa Al-Shifa amakuru yerekana ko ibi bicumbikiye Abanyapalestine ibihumbi babihungiyeho byabuze amashanyarazi.

Aganira n’umunyamakuru wa BBC, Gaira Kuenssberg, yavuze kandi ko kopi y’igitabo Mein Kampf cya Adolf Hitler yabonetse ku murambo w’umurwanyi wa Hamas mu majyaruguru ya Gaza.

Herzog yavuze ko kopi yahinduwe mu cyarabu yabonetse “mu minsi mike ishize” mu cyumba cy’abana “cyahinduwe ibirindiro by’ibikorwa bya gisirikare bya Hamas”.

Igitabo cy’uwahoze ari umuyobozi w’Abanazi cyuzuye ingengabitekerezo yo kurwanya Abayahudi cyacapwe bwa mbere mu mwaka wa 1925.

Kubona kopi yacyo mu majyaruguru ya Gaza, Perezida Herzog yavuze ko byerekanye ko bamwe muri Hamas “bize inshuro nyinshi ingengabitekerezo ya Adolf Hitler yo kwanga Abayahudi”.

Mbere, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko ryatakaje itumanaho n’abafatanyabikorwa baryo ku bitaro bya Al-Shifa, aho abakozi n’abarwayi baheze mu gihe imirwano ikomeje hanze.

Umuyobozi wa OMS, Dr Tedros Ghebreyesus, yaje kuvuga ko kuvugana byongeye gushoboka ariko aburira ko ibintu bimeze nabi imbere mu bitaro. Yakomeje asaba ko imirwano yahagarara avuga ko ibitaro bimaze iminsi itatu bidafite amashanyarazi n’amazi.

Abaganga na minisiteri y’ubuzima iyobowe na Hamas muri Gaza bavuze ko kubura lisansi bivuze ko abarwayi badashobora kubagwa kandi ibyuma bikurikirana abana bavutse imburagihe bidashobora gukora. Ariko Perezida Herzog yabivuguruje.

Israel yavuze ko Hamas ifite ibirindiro munsi y’inyubako y’ibitaro ariko Hamas yabiteye utwatsi.

Bruce Bahanda.

Tags: Hatoraguwe igitabo cyanditswe na Adolph HitlerIbintu byahinduye isura nimugihe ibitero bya Israel byarushijeho gukara mu Ntara ya Gaza
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

by Bahanda Bruce
November 28, 2025
0
Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga Guinée-Bissau yinjiye mu bibazo bikomeye bya politiki nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi ryabaye ku wa 27/11/2025, ni mu gihe hari imvururu...

Read moreDetails

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

by minebwenews
May 29, 2025
1
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi. Hafashwe umukobwa wari ufite misiyo yo kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu misozi miremire y'i Mulenge muri Kivu...

Read moreDetails

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

by minebwenews
April 28, 2025
0
Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Iby'impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi. Urubuga rwa Whatsapp rwamamaye ku isi cyane, ahanini mu gufasha abantu kuganira, rugiye gushyiraho uburyo bwo kurinda...

Read moreDetails

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

by minebwenews
April 12, 2025
0
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge living in Mbarara, Uganda, are honoring the hero of Mulenge, General Rukunda Michel, widely known as Makanika. In this regard, they are organizing a football match, and...

Read moreDetails

The Kinshasa Government has once again shown AFC/M23 severe Obstacles in Negotiations

by minebwenews
April 11, 2025
0

The government of the Democratic Republic of the Congo has requested the authorities in Doha, Qatar, to ask AFC/M23 to withdraw its fighters from all areas it has...

Read moreDetails
Next Post

Abatavuga rumwe n'ubutegetsi bwa Kinshasa bahatanira umwanya w'umukuru w'igihugu bageze i Pretoria muri Afrika y'Epfo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?