Ibisasu byamanukaga i Tel Aviv nk’imvura, ibyinshi birapfuba….
Igisirikare cya Israel cyatangaje ko Iran yayiteyeho ibisasu bibarigwa mu magana, ariko ko ibyinshi muri byo byapfubiye mu kirere.
Ubwo ibisasu byaraswaga kuri Israel hari igihe c’isaha z’ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa gatandatu tariki ya 14/06/2025.
Umuvugizi w’igisirikare cya Israel, Avichay Adraee yemeje ko zimwe mu nyubako zagizweho ingaruka, ngo kuko zafashwe n’ibishashi by’umuriro byarimo bipfubya n’igisirikare cya Israel.
Ibi bisasu Iran yabiteraga ibyerekeza i Tel Aviv ku murwa mukuru w’iki gihugu cya Israel. Ibyinshi muri ibyo bisasu byari bya misile ballestic.
Inyandiko igisirikare cya Israel cyashyize hanze ubwo ibyo bisasu byamanukaga ku butaka bw’igihugu cyabo, zigira ziti: “IDF ntizigera yemerera Iran kurasa ku baturage bacu. Turi kubipfubya.”
Miliyoni z’abaturage ba Israel zahungaga zerekeza mu nyubako z’ubuhungiro.
Nk’uko ubuyobozi bw’ingabo za Iran zabitangaje, zagaragaje ko aho ibisasu byabo biri guterwa ari ahubatse ibikorwaremezo by’ingufu n’ibindi bijyanye n’ubucuruzi.
Ibi bisasu, ibyinshi muribyo byamanukaga mu mujyi wa Ramat Gan muri Tel Aviv ahari zimwe mu nganda n’ibikorwa remezo bikomeye.
Minisitiri w’ingabo za Israel, Katz, yagize ati: “Iran yarenze umurongo utukura irasa ibisasu mu bice birimo abasivili. Igomba kwirengera ingaruka ziremereye.”
Iran yagabye ibi bitero, nyuma y’aho Israel yari yayigabyeho igitero gikaze, kandi mu kukigaba yibanda cyane kubikorwaremezo by’ingufu za nucléaire.
Nyuma yabwo, Amerika yahise itangaza ko izakomeza gushyigikira Israel.
Ndetse biranavugwa ko Israel mu gupfubya biriya bisasu, Amerika yayifashije cyane.