Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Ibivugwa ku masengesho Abanyamulenge bari mu Minembwe bakoze, ndetse n’abari mu mahanga.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 25, 2025
in Religion
0
Ibivugwa ku masengesho Abanyamulenge bari mu Minembwe bakoze, ndetse n’abari mu mahanga.
101
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibivugwa ku masengesho Abanyamulenge bari mu Minembwe bakoze, ndetse n’abari mu mahanga.

You might also like

Na we wemera ko ibi byaje mu nsengero zari zikwiye gusengerwamo Imana gusa?

Uvira ngo bazakubitwa nabi bahunge, umuhanuzi ibyo yeretswe.

Ibyo wa menya kuri Kofi ukoze amateka mu gucuranga injyana y’igisirimba.

Abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge, bakomoka muri Kivu y’Amajyepfo, bakoze amasengesho yo kwiyiriza ubusa, basabira igihugu cyabo kiri muntambara kugira ngo Imana igitabare.

Ni amasengesho aba Banyamulenge bari hirya no ku isi bakoze kuri uyu wa kabiri tariki ya 25/03/2025, aho bayakoze bashingiye kw’ijwi ry’Imana, nk’uko umwe muri bo yatanze ubutumwa bw’amajwi buzwi nk’Ubuhanuzi, buzengurutswa ku mbugankoranyambaga bubaburira “gusenga kandi bagasenga biyirije ubusa.”

Ubu butumwa bwatangiye gutambutswa ku mbugankoranyambaga mu ntangiriro zakiriya cyumweru gishize.

Bukaba bwarimo buvuga ko “n’ibasenga biyirije ubusa bagasabira igihugu cyabo, Imana izagikoraho igitangaza nubwo kimaze imyaka myinshi mu ntambara.”

Bumwe mu butumwa bwanditse twakomeje kwakira kuri Minembwe Capital News, buhamya ko abenshi muri aba Banyamulenge bubahirije bakora aya masengesho nk’uko babitegetswe.

Nk’ubwo twahawe n’abari mu Minembwe, ahazwi nk’i Mulenge, bugira buti: “Mu Minembwe mu bice byayo bitandukanye, twakoze amasengesho. Twayiriwemo kandi twiyirije n’ubusa.”

Ni ubutumwa bukomeza bugira buti: “Abanyamulenge tumaze imyaka 8 turi mu ntambara. Tugabwaho ibitero na FARDC, imitwe yitwaje intwaro y’Abanye-kongo n’iy’abanyamahanga, nka FDLR n’indi ikorana na Leta y’i Kinshasa. Ariko twizeye Imana, iri bugire icyo ihindura.”

Nanone kandi ubundi butumwa twakiriye n’ubwabari mu nkambi y’i mpunzi ya Kavumu iherereye mu ntara ya Cankuzo mu gihugu cy’u Burundi.

Bagize bati: “Twiriwe mu mafungo. Twarimo dusengera igihugu cyacu.”

Abandi bakoze aya masengesho n’abari muri Uganda, nabo biriwe basenga, kandi abenshi muri bo bayakoreye ku misozi, izwi nko ku misozi yo gusengeraho.

Si aho honyine basenze gusa, kuko n’ahandi aho bari hose ku isi bakoze ayo masengesho, mu rwego rwo kubahiriza icyo Imana yabategetse ngo basengere igihugu cyabo.

Nyamara kandi hari n’abatayakoze, bitewe n’impamvu zitandukanye, hari n’abandi bavuga ko uburyo yatangajwemo atariko byari bikwiye gutangazwa.
Abashingira kuri ibyo bavuga ko uwatanze buriya butumwa atigeze avuga uwo ariwe, ubundi kandi bakavuga ko yari akwiye kubinyuza mubashyumba b’Imana akaba ari bo babitangariza abakristo, dore ko ari nabyo bashyinzwe.

Tags: AbanyamulengeAmasengeshoBiyirije ubusa
Share40Tweet25Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Na we wemera ko ibi byaje mu nsengero zari zikwiye gusengerwamo Imana gusa?

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Na we wemera ko ibi byaje mu nsengero zari zikwiye gusengerwamo Imana gusa?

Na we wemera ko ibi byaje mu nsengero zari zikwiye gusengerwamo Imana gusa? Kuri ubu benshi bibaza kuri iki kibazo, aho kuri ubu aho kugira ngo insengero zibe...

Read moreDetails

Uvira ngo bazakubitwa nabi bahunge, umuhanuzi ibyo yeretswe.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Kera kabaye, i Kinshasa bafunze abasirikare bayo ba ba-jenerali benshi.

Uvira ngo bazakubitwa nabi bahunge, umuhanuzi ibyo yeretswe. Umwe mu bahanuzi baherereye muri teritware ya Walungu muri Kivu y'Amajyepfo, yavuze ko ingabo za Congo n'iz'u Burundi zizakubitwa nabi...

Read moreDetails

Ibyo wa menya kuri Kofi ukoze amateka mu gucuranga injyana y’igisirimba.

by Bruce Bahanda
June 1, 2025
0
Ibyo wa menya kuri Kofi ukoze amateka mu gucuranga injyana y’igisirimba.

Kofi akoze amateka mu gucuranga injyana y'igisirimba. Kofi uwo bamwe bakunze kwita Joshua, umucuranzi uri mubakunzwe cyane muri iki gihe mu matorero y'Abanyamulenge yo muri Uganda no ku...

Read moreDetails

Babwiwe ibibateye ubwoba ku Ndondo ya Bijombo.

by Bruce Bahanda
May 29, 2025
0
Babwiwe ibibateye ubwoba ku Ndondo ya Bijombo.

Babwiwe ibibateye ubwoba ku Ndondo ya Bijombo. Umwe mu bahanuzi bakomeye ku Ndondo ya Bijombo muri Kivu y'Amajyepfo, yabwiye Abanye-Ndondo ubuhanuzi budasanzwe bubateye ubwoba. Mu cyumweru gishize ni...

Read moreDetails

Icyo Umushumba yavuze kuri Pentecost iyo abakristo bizihiza nyuma ya Pasika.

by Bruce Bahanda
May 25, 2025
0
Icyo Umushumba yavuze kuri Pentecost iyo abakristo bizihiza nyuma ya Pasika.

Icyo Umushumba yavuze kuri Pentecost iyo abakristo bizihiza nyuma ya Pasika. Umushumba w'itorero rya All National Assembly of God, Reverend Misigaro Bizimana, yavuze ko igiterane cya Pentecost icyo...

Read moreDetails
Next Post
Congo yagiye gutakambira u Burundi.

Congo yagiye gutakambira u Burundi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?