Ibyari umunezero ku bo mu muryango wa Tshisekedi, byabahindukiye amarira.
Ubushinjacyaha bwo mu Bubiligi bwashyikirijwe ikirego kiregwamo abantu bo mu muryango wa perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo baregwa kwiba amabuye y’agaciro mu ntara ya Haut-Katanga na Lualaba.
Amakuru avuga ko iki kirego cyatanzwe n’Umunyamategeko Bernard Maingain na Brieuc, aho bagishikirije Umushinjacyaha Ann Fransen ku itariki ya 08/07/2025.
Abo mu muryango wa Tshisekedi barezwe mu bu Bubiligi, kubera ko bafite ubwenegihugu bwaho.
Aba barega bahamagaye imiryango itegamiye kuri Leta ikorera mu ntara ya Haut-Katanga na Lualaba ndetse n’abayobozi bahoze ari abayobozi ba Gecamines ishinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro guhagurikira iki kibazo.
Umuyobozi w’ishirahamwe ry’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Lualaba, yagize ati: “Kuva mu 2019, ibintu byabaye bibi cyane. Katanga yabaye isanduku y’amafaranga y’umuryango muri izi ntara, cyane cyane muri Lualaba, nyamara ntacyo ushorayo.”
Bavuga ko abo mu muryango wa Tshisekedi barimo umuvandimwe we, Christian Tshisekedi, bambuye abantu benshi ibirombe by’amabuye y’agaciro muri Katanga, bashyiramo abasirikare babirindira umutekano bihoraho.
Nk’uko babisobanura, agaciro k’amabuye y’agaciro umuryango wa Tshisekedi wibye muri Katanga kabarirwa muri miriyoni z’amadolari y’Amerika, ati: “agaciro kubu bujura kabarirwa muri miliyoni z’amadolari.”
Uretse umuvandimwe wa Tshisekedi, haregwa abandi barimo umugore w’uyu mukuru w’igihugu, Denise Nyakeru, umuhungu we Anthony Tshisekedi, babyara be na muramukazi we.