Iby’ibitero byongeye kugabwa mu duce tw’i Mulenge, none tariki ya 19/06/2025.
Ibitero by’ihuriro ry’Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, byongeye kugabwa mu duce dutandukanye two mu nkengero za centre ya Minembwe, muri Kivu y’Amajyepfo, ariko byose bisubizwa inyuma.
Ni uyu munsi kandi ibitero byongeye kugabwa mu gice cya Rugezi n’ahitwa i Nyaruhinga.
Amakuru ava yo avuga ko nubwo amasasu yumvikanye cyane kubari muri centre ya Minembwe, ariko ko ibyo bitero bitari bikomeye, kubera Twirwaneho itarimo isubiza.
Ubuhamya bugira buti: “Mai Mai (Wazalendo), Ingabo z’u Burundi, FARDC na FDLR baje mu Rugezi batangira kurasa ariko Twirwaneho na M23 ntibyabasubiza.”
Byasobanuwe ko izi ngabo zo ku ruhande rwa Leta zarimo zirasira kure, bituma Twirwaneho na M23 bibategerereza hafi n’ibirindiro byayo, abandi n’abo aho kuja imbere hubwo birangira basubiye iyo baje baturuka.
Nyaramara irasagura ryabo ryamaze umwanya ungana n’isaha n’igice.
Urusaku rw’iryo rasagura rw’abariya barwanirira ubutegetsi bw’i Kinshasa, n’abari mu Minembwe centre, i Lundu, Gakangala n’ahandi barwumvaga, kuko haraswaga n’imbunda zinini.
Uduce berekezagamo barasa, ni ako ku w’Ihene, Nyakirango n’i Muchikachika.
Ntibyateye kabiri, izi ngabo za RDC zongye kugaba ikindi gitero i Nyaruhinga haherereye mu ntera ngufi uvuye muri centre ya Minembwe.
Ni igitero kitamaze umwanya, kuko Twirwaneho na M23 byahise byerekeza yo, maze birasa uru ruhande rwa Leta rwakigabye. abarugize barahunga, bakwira n’imishwaro.
Ubuhamya bugira buti: “Twabahaye isomo, ubu bakwiye imishwaro. Bahunze.”
Mu cyumweru gishize nabwo ingabo za Congo zagabye ibitero mu Rugezi. Iyi mitwe yombi ibarizwa mu ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ibisubiza inyuma.
Twirwaneho na M23 bigenzura ibice byinshi by’i Mulenge, harimo Minembwe yose, Mikenke, n’igice cyo mu Cyohagati. Igenzura kandi Rugezi na Rurambo muri teritware ya Uvira.
Biriya bitero, ihuriro ry’ingabo za Congo zibigaba mu rwego rwo kugira ngo zambure iyi mitwe yombi biriya bice igenzura.