Iby’igisasu cyaturikiye mu nama i Bukavu harimo n’abayobozi.
Igisasu cyaturikiye mu nama yarimo umuhuza bikorwa w’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, i Bukavu ahazwi nk’umurwa mukuru w’i ntara ya Kivu y’Epfo.
Mu butumwa bw’amashusho bwagiye hanze bugaragaza abasivili barambaraye hasi bapfuye, abandi bakomeretse.
Iyi nama yabaye ku manywa yo kuri uyu wa kane tariki ya 27/02/2025, yarimo abantu benshi, ikaba yasojwe mu kavuyo kuko burumwe yiruka akiza amagara ye.
Kimwecyo ntiharamenyekana uri inyuma yiri turika ry’igisasu n’ubwo bamwe bemeza ko ari drone yagiteye. Ariko kandi ntacyo ihuriro rya AFC rirabivugaho, nk’uko basanzwe babishyira mu matangazo.
Kugeza ubu biravugwa ko hapfuye abantu umunani, mu gihe icyenda ryo bakomeretse.
Binavugwa kandi ko hari abantu bari batangaje ko bazahungabanya umutekano w’iyi nama yarimo ibera kuri place du 24.
Muri iyi nama Nangaa wari umushitsi mukuru muri yo, yatangaje ko AFC izafata umujyi wa Uvira, Fizi n’ahandi vuba.
Ikindi n’uko yasabye abaturage bo muri ibi bice kutazashyigikira ko perezida Felix Tshisekedi guhindura itegeko nshinga ry’iki gihugu.