• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, September 7, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Iby’igitero ihuriro ry’ingabo za Congo zagerageje kugaba mu Minembwe ku munsi wa Pasika.

minebwenews by minebwenews
April 21, 2025
in Conflict & Security
0
Iby’igitero ihuriro ry’ingabo za Congo zagerageje kugaba mu Minembwe ku munsi wa Pasika.
106
SHARES
2.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Iby’igitero ihuriro ry’ingabo za Congo zagerageje kugaba mu Minembwe ku munsi wa Pasika.

You might also like

Brig.Gen.Gasita woherejwe i Uvira ari hagati y’urupfu n’umupfumu

FARDC yagize icyo ivuga kuri Wazalendo

Ibyo wa menya kuri Bibogo umwe mu ntwari zarwanye intambara zikomeye mu Mibunda

Amakuru ava mu Minembwe ahazwi nk’umurwa mukuru w’i Mulenge muri Kivu y’Amajyepfo, avuga ko ihuriro ry’ingabo za Congo ryagerageje kugaba igitero shuma mu duce twaho dutuwe n’Abanyamulenge ariko risubizwa inyuma rugikubita.

Agace iri huriro ry’ingabo za RDC ryashatse kugabamo igitero mu gitondo cy’ahar’ejo ku cyumweru ku munsi wa Pasika y’uyu mwaka wa 2025, ni kuri Kalongi.

Kalongi ni agace gaherereye mu Burasizuba bwa komine ya Minembwe, ni nayo kandi iri ku mpera y’ahatuwe n’Abanyamulenge, kuko uyivamo ukinjira amashyamba azahurukira mu bice bya Mutambara bituwe n’Ababembe.

Aya makuru avuga ko iri huriro ry’ingabo za Congo mukugaba kiriya gitero shuma ryasakiranye n’ingabo za Twirwaneho n’iza M23 zari ku burinzi, ubundi rihabwa isomo.

Imirwano hagati y’impande zombi, amakuru avuga ko itamaze iminora icyumi, ni mu gihe iri huriro ry’ingabo za Congo ryahise riyabangira ingata.

Uyu mwanzi ugaba ibitero mu mihana ituwe n’Abanyamulenge haba mu Mikenke n’indi mihana igize komine ya Minembwe, aturuka mu gice cya Zero, Gipupu n’Abijombo.

Uwo mwanzi nk’uko aya makuru akomeza abivuga agizwe n’ingabo z’u Burundi, iza Congo n’imitwe yitwaje intwaro irimo uwa FDLR n’uwa Wazalendo.

Nubwo Abanyamulenge batuye mu Minembwe bagaragaza ko ubatera ava mu Gipupu, Bijombo no mu gice cya Zero, ariko nanone kandi bavuga ko mu gihe umujyi wa Uvira wo fatwa ukava mu biganza by’iri huriro ry’ingabo za Congo, icyo gihe intambara zahita zirangira kuri bo.

Twirwaneho na M23 biheruka gufata igice cya Rugezi cyose, cyavagamo umwanzi wagabaga ibitero mu Marango aherereye mu majy’epfo ashyira uburengerazuba bwa komine ya Minembwe.

Uwaduhaye iyi nkuru yashimangiye ibi avuga ko Rugezi n’inkengero zayo zose, bigenzurwa na Twirwaneho na M23.

Hagataho, mu Minembwe hari tuze n’amahoro, ubundi kandi ubuyobozi bwaho bukomeje kuhakora ibikorwa by’iterambere, nyuma y’aho higaruriwe n’umutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 ku ya 21/02/2025.

Tags: IgiteroM23Minembwe
Share42Tweet27Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Brig.Gen.Gasita woherejwe i Uvira ari hagati y’urupfu n’umupfumu

by Bahanda Bruce
September 7, 2025
0
Brig.Gen.Gasita woherejwe i Uvira ari hagati y’urupfu n’umupfumu

Brig.Gen.Gasita woherejwe i Uvira ari hagati y'urupfu n'umupfumu Brigadier General Olivier Gasita woherejwe na perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo i Uvira muri Kivu y'Amajyepfo...

Read moreDetails

FARDC yagize icyo ivuga kuri Wazalendo

by Bahanda Bruce
September 7, 2025
0
FARDC yagize icyo ivuga kuri Wazalendo

FARDC yagize icyo ivuga kuri Wazalendo Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, cyatangaje ko nubwo gikorana na Wazalendo, kidafite ububasha bwo kuyigenzura kandi ko yahawe intwaro na...

Read moreDetails

Ibyo wa menya kuri Bibogo umwe mu ntwari zarwanye intambara zikomeye mu Mibunda

by Bahanda Bruce
September 7, 2025
0
Ibyo wa menya kuri Bibogo umwe mu ntwari zarwanye intambara zikomeye mu Mibunda

Ibyo wa menya kuri Bibogo umwe mu ntwari zarwanye intambara zikomeye mu Mibunda Bibogo Simiyoni n'umwe mu bagabo b'intwari babayeho mu Banyamulenge, kandi banarwanye n'intambara ziremereye i Mulenge...

Read moreDetails

Byishimo Patrick explained how FARDC, FDLR, and Burundian soldiers are committing genocide against the Banyamulenge

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Byishimo Patrick explained how FARDC, FDLR, and Burundian soldiers are committing genocide against the Banyamulenge

Byishimo Patrick explained how FARDC, FDLR, and Burundian soldiers are committing genocide against the Banyamulenge. Byishimo Patrick, who is in the hills of Mulenge, explained that the Congolese...

Read moreDetails

Uri Ruguru yasobanuye uburyo FARDC, FDLR n’Ingabo z’u Burundi ziri gukorera Abanyamulenge jenoside

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Wazalendo batangaje ibindi bazakora ku munsi w’ejo kugira ngo birukane Gen Gasita i Uvira

Uri Ruguru yasobanuye uburyo FARDC, FDLR n'Ingabo z'u Burundi ziri gukorera Abanyamulenge jenoside Byishimo Patrick uherereye mu misozi y'i Mulenge yasobanuye ko Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya...

Read moreDetails
Next Post
Ibitaravuzwe ku ngabo z’u Burundi ziri mu Bibogobogo.

Ibitaravuzwe ku ngabo z'u Burundi ziri mu Bibogobogo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?