Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Iby’imbitse ku bihano byafatiwe abayobozi bo muri m23 n’abo mungabo z’u Rwanda.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 18, 2025
in Regional Politics
0
Mbere yuko ibiganiro hagati ya m23 na Leta y’i Kinshasa bitangira, hari byasabwe.
102
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Iby’imbitse ku bihano byafatiwe abayobozi bo muri m23 n’abo mungabo z’u Rwanda.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Umuryango w’ubumwe bw’u Burayi wafatiye ibihano abantu icenda barimo abasirikare bakuru bo mu ngabo z’u Rwanda n’abo mu mutwe wa m23 ndetse n’abasivili uvuga ko bafite uruhare mu makimbirane y’intambara iri kubera mu Burasizuba bwa Congo.

Uyu mutwe wa m23 uheruka kwigarurira ibice bitandukanye harimo n’imijyi ya Bukavu n’uwa Goma, imirwa mikuru y’intara ya Kivu y’Epfo n’i Yaruguru.

Reta Zunze ubumwe z’Amerika n’umuryango w’ubumwe bw’u Burayi na ONU bishinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa m23 urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa.

ONU ivuga ko u Rwanda rwohereje muri Congo ingabo zibarirwa mu bihumbi bine. U Rwanda rukabihakana, kandi rukavuga ko ntaruhare rufite muri iyi ntambara iri kubera muri Congo, ruvuga ko gusa rufata ingamba z’ubwirinzi ku gihugu cyabo n’imbibi zacyo.

Ku ruhande rwa m23 abafitiwe ibihano barimo: Bertrand Bisimwa perezida w’uyu mutwe wa m23, Colonel John Nzeze ushinzwe ishami ry’iperereza muri uyu mutwe wa m23, Colonel Joseph Bahati Musanga, azwi nka Colonel Bahati Erasto, niwe uyoboye intara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Ku ruhande rw’u Rwanda abafatiwe ibihano bashinjwa gufasha m23 mu byagisirikare.

Barimo: “General Major Ruki Karusisi uzwi nka Rocky ayoboye special force y’ingabo z’u Rwanda, General Major Eugene Nkubito, na Brigadier General Pascal Muhizi. Ubumwe bw’u Burayi bushinja aba bombi kuyobora abasirikare bagiye gufasha umutwe wa m23 mu ntambara.

Mu bandi bafatiwe ibihano harimo abasivili b’Abanyekongo n’Abanyarwanda, bu bashinja kwegeranya abarwanyi.

Ku ruhande rwa m23 harimo Desire Rukomera, uwo ubu bumwe bw’u Burayi bushinja kuba ashinzwe icengezamatwara(propagande) muri uwo mutwe.

Hari na Jean Bosco Nzabonimpa Mupenzi ushinzwe ishami ry’imari muri m23.

Mu gihe ku ruhande rw’u Rwanda mu basivili harimwo Francis Kamanzi ushinzwe ishirahamwe rya Leta y’u Rwanda rishinzwe amabuye y’agaciro n’ibikomoka kuri peteroli na Gaz, hamwe n’ishirahamwe Gisabo Golf Rifinery rikora mu bucuruzi bw’inzahabu rikaba rifite icyicaro i Kigali.

Ribashinja gucuruza ibya magendu, kandi ko basahura amabuye y’agaciro yo muri Repubulika ya demokarasi ya Congo mu birombe biherereye mu bice m23 yigaruriye.

Ubumwe bw’u Burayi buvuga ko ibihano abo bose bafatiwe ari ugufatirwa imitungo bafite mu bihugu byo mu Burayi no kubuzwa kugira ingendo mu bihugu bigize uwo muryango.

Tags: IbihanoM23U BurayiU Rwanda
Share41Tweet26Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Mu gihe byavugwa ko u Burundi n’u Rwanda birimo kwiyunga, Ndayishimiye yongeye kuri kora atungura benshi.

Mu gihe byavugwa ko u Burundi n'u Rwanda birimo kwiyunga, Ndayishimiye yongeye kuri kora atungura benshi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?