Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyimbitse ku kiganiro Azarias Ruberwa yavugiye mu muhango wo kw’ibuka abaguye mu Gatumba.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 12, 2024
in Regional Politics
0
Ibyimbitse ku kiganiro Azarias Ruberwa yavugiye mu muhango wo kw’ibuka abaguye mu Gatumba.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyimbitse ku kiganiro Azarias Ruberwa yavugiye mu muhango wo kw’ibuka abaguye mu Gatumba.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Hari mu muhango wo kw’ibuka abaguye mu Gatumba, wabereye muri States ya Arizona ho muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, bwana Ruberwa wabayeho visi perezida wa RDC yavuze ko Abanyamulenge batangiye kwicwa kuva kera, “ariko ko hagomba gutekerezwa ikigomba gukorwa kugirango ako karengane gacike burundu.”

Ni umuhango wabaye ku itariki ya 10/08/2024, aho wari watumiwemo abanyacyubahiro bakomeye, barimo n’Abanyamerika.

Azarias Ruberwa nawe wari umutumirwa muri uwo muhango wabereye muri States ya Arizona, yawuvugiyemo amagambo akomeye.

Ubwo yari amaze gufata ijambo, yavuze ko “intambara zo kurwanya Abanyamulenge mu Burasirazuba bwa RDC, zatangiye kera. Avuga ko zatangiye kuva RDC imaze kubona ubwigenge ndetse ngo zirakomeza na nyuma yaho.”

Yanagaragaje ko we akiri muto yabonyeho Abanyamulenge batotezwa kandi ko batotezwaga n’abari babafiteho ububasha muri leta ya Kinshasa yicyo gihe.

Azarias yavuze kandi ko ubwo we, yari amaze kuba umuyobozi, yigeze gushakisha uko bacura impunzi z’Abanye-kongo zari zicyumbikiwe i Rwanda no mu Burundi, avuga ko muri icyo gihe kwaribwo Abanyamulenge bari mu Gatumba bahise bicwa kandi avuga ko we yabibwiwe n’umusirikare wari ukuriye ingabo za RDC.

Ati: “Ubwo twari muri gahunda yo gucura impunzi zari zarahungiye mu Rwanda n’i Burundi n’ahandi nibwo Abanyamulenge bahise bicwa mu Gatumba. Ibi nabibwiwe n’umusirikare wari ukuriye ingabo za RDC muri icyo gihe.”

Sibyo byonyine Ruberwa yavuze kuko yavuze n’Abanyamulenge bagiye bagwa muri za gereza harimo n’umupolis ufite ipeti rya Major uheruka kugwa i Kinshasa kubera gutotezwa azira kuba Umunyamulenge n’abandi.

Yanavuze kandi Abanyamulenge bagiye bicwa hirya no hino mu gihugu kandi bicwa n’abandi Banye-kongo, avugamo uwitwa Captain Kabongo watwikiwe mu mujyi wa Goma, Ntayoberwa wiciwe i Kindu ndetse avuga kandi na Major Joseph Kaminzobe wiciwe mu Lweba muri teritware ya Fizi.

Gusa, yaje no kongera ashimira umuryango wa Mahoro Peace Association, wafashe umukingi munini mu gufasha Abanyamulenge bagiye basenyerwa i Mihana yabo kubera intambara za Maï Maï.

Muri bamwe uwo muryango wafashije, harimo abasenyewe mu karere ka Mibunda, i Cyohagati, i Ndondo ya Bijombo, Bibogobogo no mu bindi bice byo muri Minembwe.

Usibye gushimira Mahoro Peace Association yanashimiye Twirwaneho yamenye amaraso kugira ngo aka karere k’i Mulenge ntigasenyuke.

Ruberwa yanasabye kandi ko hashirwaho uburyo bwo gutekereza i Mulenge, bityo hakazakorwa ibishoboka kugira ngo Abanyamulenge bazubake aka karere Imana yabahaye.

Ndetse kandi avuga ko Abanyamulenge bagomba kw’irwanaho mu rwego rwo guca akarengane batangiye gukorerwa kuva kera, avuga ko kandi hari abantu bafunzwe bazira ubwoko bwabo harimo Abanyamulenge bafungiwe i Kinshasa, Bukavu, Uvira, Goma n’ahandi.

Mu gusoza iki kiganiro bwana Azarias Ruberwa, yavuze ko kw’ibuka abaguye mu Gatumba bigomba kuzaja bikorwa uko igihe cyabyo kigeze kandi bikazirikanwa naburi wese. Si abaguye mu Gatumba bonyine bazaja bibukwa nk’uko yakomeje abisobanura, ngo hagomba kuzaja hibukwa n’abaguye i Kabera, ku Gatongo, Kirumba, Minembwe n’ahandi.

Kw’ibuka abaguye mu Gatumba birakomeje mu Banyamulenge, kuko bizasozwa ku munsi w’ejo tariki ya 13/08/2024.

               MCN.
Tags: Azarias RuberwaIbyimbitseKwibuka abaguyeMu GatumbaYavuze
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Kagame yavuze ko amahoro aharanirwa, bityo agira icyo asaba RDC n’ibindi bihugu.

Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Kagame yavuze ko amahoro aharanirwa, bityo agira icyo asaba RDC n'ibindi bihugu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?