Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyimbitse ku kiganiro Azarias Ruberwa yavugiye mu muhango wo kw’ibuka abaguye mu Gatumba.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 12, 2024
in Regional Politics
0
Ibyimbitse ku kiganiro Azarias Ruberwa yavugiye mu muhango wo kw’ibuka abaguye mu Gatumba.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyimbitse ku kiganiro Azarias Ruberwa yavugiye mu muhango wo kw’ibuka abaguye mu Gatumba.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Hari mu muhango wo kw’ibuka abaguye mu Gatumba, wabereye muri States ya Arizona ho muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, bwana Ruberwa wabayeho visi perezida wa RDC yavuze ko Abanyamulenge batangiye kwicwa kuva kera, “ariko ko hagomba gutekerezwa ikigomba gukorwa kugirango ako karengane gacike burundu.”

Ni umuhango wabaye ku itariki ya 10/08/2024, aho wari watumiwemo abanyacyubahiro bakomeye, barimo n’Abanyamerika.

Azarias Ruberwa nawe wari umutumirwa muri uwo muhango wabereye muri States ya Arizona, yawuvugiyemo amagambo akomeye.

Ubwo yari amaze gufata ijambo, yavuze ko “intambara zo kurwanya Abanyamulenge mu Burasirazuba bwa RDC, zatangiye kera. Avuga ko zatangiye kuva RDC imaze kubona ubwigenge ndetse ngo zirakomeza na nyuma yaho.”

Yanagaragaje ko we akiri muto yabonyeho Abanyamulenge batotezwa kandi ko batotezwaga n’abari babafiteho ububasha muri leta ya Kinshasa yicyo gihe.

Azarias yavuze kandi ko ubwo we, yari amaze kuba umuyobozi, yigeze gushakisha uko bacura impunzi z’Abanye-kongo zari zicyumbikiwe i Rwanda no mu Burundi, avuga ko muri icyo gihe kwaribwo Abanyamulenge bari mu Gatumba bahise bicwa kandi avuga ko we yabibwiwe n’umusirikare wari ukuriye ingabo za RDC.

Ati: “Ubwo twari muri gahunda yo gucura impunzi zari zarahungiye mu Rwanda n’i Burundi n’ahandi nibwo Abanyamulenge bahise bicwa mu Gatumba. Ibi nabibwiwe n’umusirikare wari ukuriye ingabo za RDC muri icyo gihe.”

Sibyo byonyine Ruberwa yavuze kuko yavuze n’Abanyamulenge bagiye bagwa muri za gereza harimo n’umupolis ufite ipeti rya Major uheruka kugwa i Kinshasa kubera gutotezwa azira kuba Umunyamulenge n’abandi.

Yanavuze kandi Abanyamulenge bagiye bicwa hirya no hino mu gihugu kandi bicwa n’abandi Banye-kongo, avugamo uwitwa Captain Kabongo watwikiwe mu mujyi wa Goma, Ntayoberwa wiciwe i Kindu ndetse avuga kandi na Major Joseph Kaminzobe wiciwe mu Lweba muri teritware ya Fizi.

Gusa, yaje no kongera ashimira umuryango wa Mahoro Peace Association, wafashe umukingi munini mu gufasha Abanyamulenge bagiye basenyerwa i Mihana yabo kubera intambara za Maï Maï.

Muri bamwe uwo muryango wafashije, harimo abasenyewe mu karere ka Mibunda, i Cyohagati, i Ndondo ya Bijombo, Bibogobogo no mu bindi bice byo muri Minembwe.

Usibye gushimira Mahoro Peace Association yanashimiye Twirwaneho yamenye amaraso kugira ngo aka karere k’i Mulenge ntigasenyuke.

Ruberwa yanasabye kandi ko hashirwaho uburyo bwo gutekereza i Mulenge, bityo hakazakorwa ibishoboka kugira ngo Abanyamulenge bazubake aka karere Imana yabahaye.

Ndetse kandi avuga ko Abanyamulenge bagomba kw’irwanaho mu rwego rwo guca akarengane batangiye gukorerwa kuva kera, avuga ko kandi hari abantu bafunzwe bazira ubwoko bwabo harimo Abanyamulenge bafungiwe i Kinshasa, Bukavu, Uvira, Goma n’ahandi.

Mu gusoza iki kiganiro bwana Azarias Ruberwa, yavuze ko kw’ibuka abaguye mu Gatumba bigomba kuzaja bikorwa uko igihe cyabyo kigeze kandi bikazirikanwa naburi wese. Si abaguye mu Gatumba bonyine bazaja bibukwa nk’uko yakomeje abisobanura, ngo hagomba kuzaja hibukwa n’abaguye i Kabera, ku Gatongo, Kirumba, Minembwe n’ahandi.

Kw’ibuka abaguye mu Gatumba birakomeje mu Banyamulenge, kuko bizasozwa ku munsi w’ejo tariki ya 13/08/2024.

               MCN.
Tags: Azarias RuberwaIbyimbitseKwibuka abaguyeMu GatumbaYavuze
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Kagame yavuze ko amahoro aharanirwa, bityo agira icyo asaba RDC n’ibindi bihugu.

Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Kagame yavuze ko amahoro aharanirwa, bityo agira icyo asaba RDC n'ibindi bihugu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?