• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, March 11, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyimbitse ku kiganiro Azarias Ruberwa yavugiye mu muhango wo kw’ibuka abaguye mu Gatumba.

minebwenews by minebwenews
August 12, 2024
in Regional Politics
0
Ibyimbitse ku kiganiro Azarias Ruberwa yavugiye mu muhango wo kw’ibuka abaguye mu Gatumba.
61
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyimbitse ku kiganiro Azarias Ruberwa yavugiye mu muhango wo kw’ibuka abaguye mu Gatumba.

You might also like

Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris

Kinshasa: Jean-Luc Habyarimana Aravugwa mu Mugambi wa Tshisekedi wo Guhuza Imitwe Irwanya u Rwanda

Hari mu muhango wo kw’ibuka abaguye mu Gatumba, wabereye muri States ya Arizona ho muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, bwana Ruberwa wabayeho visi perezida wa RDC yavuze ko Abanyamulenge batangiye kwicwa kuva kera, “ariko ko hagomba gutekerezwa ikigomba gukorwa kugirango ako karengane gacike burundu.”

Ni umuhango wabaye ku itariki ya 10/08/2024, aho wari watumiwemo abanyacyubahiro bakomeye, barimo n’Abanyamerika.

Azarias Ruberwa nawe wari umutumirwa muri uwo muhango wabereye muri States ya Arizona, yawuvugiyemo amagambo akomeye.

Ubwo yari amaze gufata ijambo, yavuze ko “intambara zo kurwanya Abanyamulenge mu Burasirazuba bwa RDC, zatangiye kera. Avuga ko zatangiye kuva RDC imaze kubona ubwigenge ndetse ngo zirakomeza na nyuma yaho.”

Yanagaragaje ko we akiri muto yabonyeho Abanyamulenge batotezwa kandi ko batotezwaga n’abari babafiteho ububasha muri leta ya Kinshasa yicyo gihe.

Azarias yavuze kandi ko ubwo we, yari amaze kuba umuyobozi, yigeze gushakisha uko bacura impunzi z’Abanye-kongo zari zicyumbikiwe i Rwanda no mu Burundi, avuga ko muri icyo gihe kwaribwo Abanyamulenge bari mu Gatumba bahise bicwa kandi avuga ko we yabibwiwe n’umusirikare wari ukuriye ingabo za RDC.

Ati: “Ubwo twari muri gahunda yo gucura impunzi zari zarahungiye mu Rwanda n’i Burundi n’ahandi nibwo Abanyamulenge bahise bicwa mu Gatumba. Ibi nabibwiwe n’umusirikare wari ukuriye ingabo za RDC muri icyo gihe.”

Sibyo byonyine Ruberwa yavuze kuko yavuze n’Abanyamulenge bagiye bagwa muri za gereza harimo n’umupolis ufite ipeti rya Major uheruka kugwa i Kinshasa kubera gutotezwa azira kuba Umunyamulenge n’abandi.

Yanavuze kandi Abanyamulenge bagiye bicwa hirya no hino mu gihugu kandi bicwa n’abandi Banye-kongo, avugamo uwitwa Captain Kabongo watwikiwe mu mujyi wa Goma, Ntayoberwa wiciwe i Kindu ndetse avuga kandi na Major Joseph Kaminzobe wiciwe mu Lweba muri teritware ya Fizi.

Gusa, yaje no kongera ashimira umuryango wa Mahoro Peace Association, wafashe umukingi munini mu gufasha Abanyamulenge bagiye basenyerwa i Mihana yabo kubera intambara za Maï Maï.

Muri bamwe uwo muryango wafashije, harimo abasenyewe mu karere ka Mibunda, i Cyohagati, i Ndondo ya Bijombo, Bibogobogo no mu bindi bice byo muri Minembwe.

Usibye gushimira Mahoro Peace Association yanashimiye Twirwaneho yamenye amaraso kugira ngo aka karere k’i Mulenge ntigasenyuke.

Ruberwa yanasabye kandi ko hashirwaho uburyo bwo gutekereza i Mulenge, bityo hakazakorwa ibishoboka kugira ngo Abanyamulenge bazubake aka karere Imana yabahaye.

Ndetse kandi avuga ko Abanyamulenge bagomba kw’irwanaho mu rwego rwo guca akarengane batangiye gukorerwa kuva kera, avuga ko kandi hari abantu bafunzwe bazira ubwoko bwabo harimo Abanyamulenge bafungiwe i Kinshasa, Bukavu, Uvira, Goma n’ahandi.

Mu gusoza iki kiganiro bwana Azarias Ruberwa, yavuze ko kw’ibuka abaguye mu Gatumba bigomba kuzaja bikorwa uko igihe cyabyo kigeze kandi bikazirikanwa naburi wese. Si abaguye mu Gatumba bonyine bazaja bibukwa nk’uko yakomeje abisobanura, ngo hagomba kuzaja hibukwa n’abaguye i Kabera, ku Gatongo, Kirumba, Minembwe n’ahandi.

Kw’ibuka abaguye mu Gatumba birakomeje mu Banyamulenge, kuko bizasozwa ku munsi w’ejo tariki ya 13/08/2024.

               MCN.
Tags: Azarias RuberwaIbyimbitseKwibuka abaguyeMu GatumbaYavuze
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

by Bahanda Bruce
March 10, 2026
0
Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (East African Community – EAC) ukomeje guhura n’ikibazo gikomeye cy’ibura ry’amafaranga, gishobora kugira ingaruka zikomeye...

Read moreDetails

Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris

by Bahanda Bruce
March 10, 2026
0
Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris

Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, ari mu bayobozi bakomeye ku isi bitabiriye inama mpuzamahanga ya kabiri...

Read moreDetails

Kinshasa: Jean-Luc Habyarimana Aravugwa mu Mugambi wa Tshisekedi wo Guhuza Imitwe Irwanya u Rwanda

by Bahanda Bruce
March 10, 2026
0
Kinshasa: Jean-Luc Habyarimana Aravugwa mu Mugambi wa Tshisekedi wo Guhuza Imitwe Irwanya u Rwanda

Kinshasa: Jean-Luc Habyarimana Aravugwa mu Mugambi wa Tshisekedi wo Guhuza Imitwe Irwanya u Rwanda Amakuru aturuka mu nzego zikurikirana ibibera muri politiki y’akarere k’Ibiyaga Bigari akomeje kugaragaza ko...

Read moreDetails

EAC Yahagurukiye Ikibazo cy’Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
March 10, 2026
0
EAC Yahagurukiye Ikibazo cy’Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC

EAC Yahagurukiye Ikibazo cy’Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, uzwi nka East African Community (EAC), wasabye impande zihanganye mu ntambara yo mu burasirazuba bwa Repubulika...

Read moreDetails

Uvira: Ihuriro Rikomeye ry’Ingamba z’Igihe Kirekire za FDLR n’Ingaruka Zabyo ku Mutekano w’Akarere k’Ibiyaga Bigari

by Bahanda Bruce
March 9, 2026
0
Loni Yashinje Ingabo za Leta ya RDC n’Umutwe wa FDLR Gukora Ihohoterwa Rishingiye ku Gitsina ku Baturage

Uvira: Ihuriro Rikomeye ry’Ingamba z’Igihe Kirekire za FDLR n’Ingaruka Zabyo ku Mutekano w’Akarere k’Ibiyaga Bigari Mu mujyi wa Uvira, umwe mu mijyi ifite uruhare rukomeye mu ntara ya...

Read moreDetails
Next Post
Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Kagame yavuze ko amahoro aharanirwa, bityo agira icyo asaba RDC n’ibindi bihugu.

Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Kagame yavuze ko amahoro aharanirwa, bityo agira icyo asaba RDC n'ibindi bihugu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?