• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyimbitse ku masezerano RDC na AFC/M23 bagiranye.

minebwenews by minebwenews
July 19, 2025
in Regional Politics
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.
97
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyimbitse ku masezerano RDC na AFC/M23 bagiranye.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n’ihuriro rya AFC/M23 kuri uyu wa gatandatu tariki ya 19/07/2025, byashyize umukono ku mahame ngenderwaho abiganisha ku mahoro arambye.

Itangazo ry’ibanze rishyizweho umukono hashyize amasaha 24 y’ingenzi ryanyuze mu rwego rwa dipolomasi, ndetse rikurikiye amasezerano y’amahoro yasinywe tariki ya 27/06/2025 i Washington hagati ya RDC n’u Rwanda.

Mu isinywa ry’aya masezerano y’i Doha, RDC yari ihagarariwe n’intumwa nkuru ya perezida Felix Tshisekedi mu biganiro by’amahoro bya Luanda na Nairobi, Sita Mamba, mu gihe AFC/M23 ihagarariwe n’umunyamabanga uhoraho wayo, Benjamin Mbonimpa.

Naho Leta ya Qatar yari ihagarariwe n’umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubanyi n’amahanga, Dr Mohammed Bin Abdulaziz Saleh.

Hari kandi n’abahagarariye ibihugu byashyigikiye ibi biganiro nka Massad Boulos wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, minisitiri w’umutekano w’u Rwanda, Vincent Biruta, intumwa ya Togo n’iya komisiyo y’Umuryango wa Afrika Yunze ubumwe.

Ibirori byo gusinya aya masezerano byabereye i Doha, bihagarariwe n’umunyabanga wa Leta ya Qatar ushinzwe ububanyi n’amahanga .

Aya masezerano agamije gushyiraho uburyo bw’ihagarikwa ry’intambara burambye.

Gutegura uburyo bwo kugarura ububasha bw’ubutegetsi bwa Leta mu Burasizuba bwa Congo niharamuka habonetse amahoro.

Kunoza urwego ruzakurikiranira hafi ibiganiro bizakurikiraho.

Nk’ibisanzwe aya mahame agizwe n’ingingo nyamukuru zirindwi zikubiye ku mpapuro 3, zose ziganisha ku gukemura amakimbirane yo mu Burasirazuba bwa Congo.

Impande zombi zemeranyije ko amahoro arambye ari umusingi ukomeye mu kubaka igihugu cyunze ubumwe, giteye imbere kandi gitekaniye abaturage ba RDC.

Zemezanyije kandi gukorana n’imiryango mpuzamahanga n’iyo mukarere kugira ngo umutekano w’abasivili ubungabungwe, aya mahame anashyirwe mu bikorwa.

Hemeranyijwe gukemura amakimbirane binyuze mu nzira y’amahoro, zishyingiye kuri dipolomasi n’ibiganiro, aho gukoresha imbaraga n’amagambo y’ubushotoranyi.

Bemeranya no kwirengangiza ahahise habi, zigatangira urugendo rushya rw’ubwumvikane, kubana mu mahoro ndetse n’umutekano.

Zemeranyije kurandura amacakubiri mu gihugu, guteza imbere imibereho y’abaturage, bakarwanya imvugo zose zambura abantu ubumuntu, hagamijwe kugera ku mahoro n’ubwiyunge.

Harimo kandi no gucyura impunzi, kandi bikazakorwa n’abarebwa n’ayamahame.
Ku mpunzi ziba mu mahanga, aya mahame asobanura ko zizacyurwa hashingiwe ku masezerano RDC n’ishami ry’umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi (UNHCR) byagiranye n’ibihugu bizicumbikiye.

Impande zombi zemeranyije gushyira mu bikorwa aya mahame kuva agitangira kuri uyu wa 19/07/2025, cyangwa se bitarenze iminsi 10 nyuma yo kuyashyiraho umukono.

RDC na AFC/M23 byemeranyije gutangira ibiganiro byimbitse bitarenze mu minsi 10 nyuma yo gushyira mu bikorwa aya mahame.

Tags: AFC/m23AmahameAmasezeranoDohaRdc
Share39Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

AFC/M23 yatanze umucyo kubyo Leta yavuze ko bemeranyije kuvana Ingabo mu duce igenzura.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?