Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home History

Ibyimbitse kuri Marie ushinjwa gukora icyaha cyo kwica umuyobozi i Bukavu.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 16, 2025
in History
0
Ibyimbitse kuri Marie ushinjwa gukora icyaha cyo kwica umuyobozi i Bukavu.
155
SHARES
3.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyimbitse kuri Marie ushinjwa gukora icyaha cyo kwica umuyobozi i Bukavu.

You might also like

Ibyo wa menya kuri perezida Ibrahim Traoré ukunzwe cyane muri Afrika no ku Isi.

Hatangajwe amakuru y’urupfu rutunguranye rwa visi guverineri wa Kivu y’Epfo.

M’u Rwanda intama yabyaye itungura benshi.

Marie Bizimana ni umukobwa uri mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 25 na 20 y’amavuko, akaba mwene Major Bizimana umusirikare wa Leta y’i Kinshasa iyo Abanyamulenge batunga agatoki kuba ihorana umugambi wo kubarimbura; rero, Marie ni we ukekwaho kuba yarishe visi guverineri wa Kivu y’Amajyepfo, Juvenal Gasinzira, nyuma yuko ari yo misiyo yari yahawe, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.

Ku wa mbere w’iki cyumweru turimo ni bwo i Bukavu havuye amakuru yabihiye abayoboke bose b’ihuriro rya AFC ribarizwamo umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho, n’umuryango wa Gasinzira wose muri rusange.

Ni amakuru yavugaga ko Juvenal yaryamye bisanzwe mu ijoro ryo ku itariki ya 12/05/2025, bukeye bwaho basanga atakiri mu isi y’abazima yarangije.

Itangazo AFC kimwe kandi n’iryumuryango wa bugufi Gasinzira yavukagamo, bashyize hanze icyo gihe, ryavugaga ko yapfuye urupfu rutunguranye. Kandi ryihanganishaga abanyamuryango n’abayoboke biri huriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC). Nta kindi aya matangazo yombi yongeyemo.

Ariko ibi ntibyatumye hataguma kuvugwa andi makuru yo ku ruhande, aho yavugaga ko Marie ari we wishe guverineri wungirije, kandi ko yamwishe atumwe na Lt.Gen. Masunzu uyoboye zone ya gatatu y’ingabo za Congo. Bisanzwe bizwi ko uyu Masunzu Abanyamulenge bamushinja ku bicira abayobozi baba bageze mu rwego hejuru, kandi ko ibyo abikora kugira ngo ashimishe ubutegetsi bw’i Kinshasa bwanga urunuka ubu bwoko bw’Abanyamulenge, bigatuma bukomeza kumugirira icyizere, ari nabyo biviramo ku mwongerera amapeti.

Hagati mu mwaka wa 2006, i Lundu mu Minembwe hapfuye abasirikare bakuru ba Banyamulenge barimo Major Nkumbuyinka, Kayesu, Hassan n’abandi, bivugwa ko biciwe mu gitero General Masunzu yabagabyeho, ari nabwo yahise yongererwa amapeti, kuko yavuye ku mwanya wa Brigadier-General agirwa General-Major.

Na nyuma yabwo kandi hongeye kwicwa kibandi abasirikare benshi ba Banyamulenge, nabo barimo ba Major Tambwe, Maj.Kagigi, n’abandi nk’aba Colonel Gatoki. Ubwo nabwo ntihaciye kangahe Masunzu ava ku ipeti rya Major.Gen, agirwa Lt.Gen. Abo na bo Abanyamulenge benshi babashinja Masunzu.

Ubushize kandi, General Rukunda Michel uwari uzwi cyane nka Makanika, akaba yari yaritangiye kurwanirira Abanyamulenge yagabwaho igitero cya drone ku itariki ya 19/02/2025, icyanasize atabarutse, amakuru yizewe yaje avuga ko iriya drone yoherejwe na General Masunzu. Ibi byongeye kubabaza Abanyamulenge kurushaho.

Hagataho, Juvenal byavuzwe ko nawe yishwe n’inetsi ya Masunzu.

Mu busanzwe abakobwa n’intwaro abanyapolitike bakunze gukoresha mukwiba amabanga cyangwa kwica abanyachubahiro!

Gusa, ntibisazwe kugera kugikorwa cyo kwica, ariko akenshi aba bakobwa batumwa kwiba amabanga y’abariya banyacyubahiro nka telefone zabo, machine ngendanwa n’ibindi.

Kimwe mu bihugu bikoresha cyane abakobwa ni
u Burusiya, nubwo hari n’ibindi bihugu byinshi nabyo bibakoresha, ariko iki cy’u Burusiya kiri mu bivugwa cyane.

Noneho tugarutse ku kibazo cya visi guverineri, ikigaragara nuko yapfuye kandi igikorwa cyo kwica nihato abakobwa ba Banyamulenge bakivugwamo. Akenshi iyo umushize mu gikorwa cyo kwica ntabikozwa. Gusa ku bijanye n’isumu bishobora gushoboka kuko n’ibintu bisanzwe bivugwa kubera ko Abanyamulenge baturanye cyane n’Abapfulero bo basanzwe bicana bayikoresheje cyane, akaba ari yo mpamvu hokwemezwa ko yoba yarahawe iriya misiyo yokwica.

Ikindi cyatumye uyu mukobwa ashinjwa n’akiriya cyaha ni uko yahise ahungira mu kindi gihugu rugikubita, kandi akimara gufatwa yahise yemera ibyo ashinjwa anahamya ko ari Masunzu wamuhaye iyo misiyo amushukishije amafaranga. Ndetse kandi no mu gucika yagiye yibye bimwe mu bintu bya guverineri birimo n’amafaranga menshi. Mu bindi yavuze ni uko ngo hari abandi bakobwa bari nkawe bahawe misiyo yo kwica abayobozi bo muri AFC, ndetse avuga ko bagiye boherezwa mu bihugu bitandukanye harimo ni cya Uganda.

Hejuru y’ibyo kugera ngo agere i Bukavu yaje aturutse i Kinshasa mbere yuko agera mu Rwanda aho yageze abona kwambuka i Bukavu.

Nyamara kugeza ubu uruhande rw’umukobwa ntirwemera ibyo umukobwa wabo, ashinjwa. Ariko buri ruhande rwemeza ko uyu mukobwa yarasanzwe aziranye na guverineri wungirije. Kandi ko bari inshuti.

Uyu Gasinzira uheruka kwitaba Imana azize urupfu rutunguranye, mu mpera z’ukwezi kwa kabiri uyu mwaka nyuma y’aho AFC/M23 yarimaze gufata umujyi wa Bukavu, ni bwo yagizwe guverineri wungirije ushinzwe ubukungu muri iyi ntara. Akaba yari yatanzwe n’umutwe wa Twirwaneho nawo ubarizwa muri iri huriro rya AFC.

Hagataho, amaziko no gukura ikiriyo cya Gasinzira, biteganyijwe gukorwa tariki ya 19/05/2025, bikazabera i Bukavu umurwa mukuru w’i ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Tags: BukavuMarieVisi guverineri
Share62Tweet39Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibyo wa menya kuri perezida Ibrahim Traoré ukunzwe cyane muri Afrika no ku Isi.

by Bruce Bahanda
May 13, 2025
0
Ibyo wa menya kuri perezida Ibrahim Traoré ukunzwe cyane muri Afrika no ku Isi.

Perezida ukunzwe cyane muri Afrika no ku Isi.

Read moreDetails

Hatangajwe amakuru y’urupfu rutunguranye rwa visi guverineri wa Kivu y’Epfo.

by Bruce Bahanda
May 12, 2025
0
Hatangajwe amakuru y’urupfu rutunguranye rwa visi guverineri wa Kivu y’Epfo.

Hatangajwe amakuru y'urupfu rutunguranye rwa visi guverineri wa Kivu y'Epfo. Visi guverineri w'i ntara ya Kivu y'Amajyepfo, Gasinzira Gashingira Juvenal, ntakiri mu isi yabazima, aho yapfuye muburyo butunguranye....

Read moreDetails

M’u Rwanda intama yabyaye itungura benshi.

by Bruce Bahanda
May 12, 2025
0
M’u Rwanda intama yabyaye itungura benshi.

M'u Rwanda intama yabyaye itungura benshi. I Rubavu ho mu gihugu cy'u Rwanda intama yabyaye abana batandatu icyarimwe, ibyatumye benshi batungurwa kuko bitari bimenyerewe. Aya makuru agaragaza neza...

Read moreDetails

Amarira n’imenshi ku batuye i Bubwari muri Fizi.

by Bruce Bahanda
May 10, 2025
0
Amarira n’imenshi ku batuye i Bubwari muri Fizi.

Amarira n'imenshi ku batuye i Bubwari muri Fizi. Abantu 100 nibo byatangajwe ko bishwe n'umwuzure watewe n'imvura yaguye ari nyinshi i Bubwari muri teritware ya Fizi mu ntara...

Read moreDetails

Papa mushya Robert Francis Prevost waraye atowe ninde?

by Bruce Bahanda
May 9, 2025
0
Papa mushya Robert Francis Prevost waraye atowe ninde?

Papa mushya Robert Francis Prevost waraye atowe ninde? Kiliziya Gatolika kuri ubu iraramutswa umushumba mushya ari we Papa Robert Francis Prevost, uyu niwe tugiye kuvuga ubuzima bwe nyuma...

Read moreDetails
Next Post
Ihuriro ry’ingabo za Congo zihishe i Walungu, M23 yaziburiye.

Fizi: Wazalendo barasanye abatari bake babigenderamo.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?