Iby’imishikirano ya RDC n’umutwe wa m23 i Luanda.
Mu gihe kuri uyu wa kabiri tariki ya 18/03/2025, i Luanda muri Angola biteganyijwe ko hazabera ibiganiro by’imishikirano izahuza umutwe wa m23 na Leta y’i Kinshasa, iyi Leta yemeje ko izayoherezamo intumwa zayo, nyuma yuko yari itarabyerura.
Ni amakuru yashyizwe hanze n’umuvugizi w’umukuru w’igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, Tina Salama, mu kiganiro yagiranye na Reuters.
Gusa, muri iki kiganiro yagiranye n’iki gitangaza makuru yavuze ko atahita yemeza abo Leta ye izohereza muri ibyo biganiro ariko ko bazabyitabira
Amakuru yo ku ruhande avuga ko minisitiri w’ubwikorezi wa RDC, Jean Pierre Bemba ko ari we uzahagararira itsinda rya Kinshasa rizitabira ibyo biganiro.
Ni mu gihe ku ruhande rwa m23 rwo ruzahagarirwa na Bertrand Bisimwa nk’uko ubuyobozi bw’uyu mutwe bwabitangaje.
Tariki ya 11/03/2025, ni bwo perezida wa Angola, Joao Lourenco yafashe icyemezo cyo gutangiza ibi biganiro by’amahoro nyuma yo kugirana ikiganiro na Tshisekedi.
Ibiro bya perezida wa Angola byatangaje ko ibi biganiro bizatangira tariki ya 18/03/2025, nyuma y’igihe kinini Leta y’i Kinshasa ivuga ko itazaganira na m23.