• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Iby’inama ya EAC na SADC i Dar es Salaam muri Tanzania.

minebwenews by minebwenews
February 8, 2025
in Regional Politics
0
Iby’inama ya EAC na SADC i Dar es Salaam muri Tanzania.
137
SHARES
3.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Iby’inama ya EAC na SADC i Dar es Salaam muri Tanzania.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Abakuru b’ibihugu by’umuryango uhuza ibihugu bya Afrika y’Amajy’epfo(SADC) n’iby’umuryango wa Afrika y’iburasirazuba (EAC), bahuriye i Dar es Salaam muri Tanzania, mu nama y’iga ikibazo cy’umutekano muke Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Iyi nama yateranye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 08/02/2025, aho abayitabiriye bavugaga ku ntambara imaze imyaka irenga ibiri ihanganishije umutwe wa M23 n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa mu Burasirazuba bwa RDC.

M23 ihora isobanura ko yafashe imbunda mu rwego rwo kugira ngo irwanirire Abanye-kongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda, bahozwa ku nkenke, kandi bakanicwa na Leta ya Kinshasa mu Burasirazuba bw’iki gihugu.

Mu mpera z’ukwezi gushyize, uyu mutwe wafashe umujyi wa Goma ufatwa nk’umurwa mukuru w’i Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, ndetse ubu ukomeje no gufata ibindi bice bya Kivu y’Amajy’epfo aho usatira ujaya no gufata umujyi wa Bukavu nawo ufatwa nk’umurwa mukuru w’i Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo.

Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania wakiriye iyi nama, ubwo yarimo yakira bagenzi be, yavuze ko ikibaraje ishinga, ari umutekano muke uri mu Burasirazuba bwa RDC, aho yanashigikiye amahoro yirinda gushyira imbere intambara imena amaraso.

Perezida Ruto wa Kenya, uyoboye umuryango wa Afrika y’iburasirazuba, EAC, yavuze ko RDC iri mu bibazo bagomba kwitaho cyane.

Yagize ati: “Igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, kiri mu bibazo tugomba kwitaho cyane. Ibibazo bya Congo byaguyemo benshi, kandi bisiga abandi babaye impunzi.”

Yongeyeho kandi ati: “Ikibazo gishya cyavutse i Goma cyarushijeho gusubiza inyuma iki gihugu ubundi gifite ibikenewe byose ngo kibe cyatera imbere.”

Yakomeje agira ati: “Turasaba M23 guhagarika gufata ibindi bice, FARDC na yo yubahirize agahenge, nyuma bakayoboka inzira y’ibiganiro.”

Uyu mukuru w’igihugu cya Kenya, unayoboye umuryango wa EAC, yasabye buri ruhande ko guharanira kubahiriza ubutumwa bw’amahoro, n’abari mu butumwa bwo kugarura amahoro, baba abasirikare cyangwa abasivili.

Ndetse avuga ko ibyo bigomba kujyana no kwita ku buzima bw’abasivili barenganira mu ntambara. Yagize ati: “Ikigaragara ni uko abantu benshi barushijeho kugwa mu bibazo by’intambara muri RDC, harimo no gushyira abana mu gisirikare. Twumvikane ko byihutirwa gufasha abasivili bafite ikibazo.”

Perezida Ruto yasabye kandi n’umuryango w’Abibumbye kugira uruhare mubyo kugarura amahoro n’umutekano mu Burasirazuba bwa RDC.

Yanaboneyeho kuvuga ko mu ntambara irimo ibera mu Burasirazuba bwa RDC, harimo abayungukiramo, ndetse ko harimo n’ikiganza cyihishe cyo ku rwego mpuzamahanga cy’abashaka inyungu muri RDC.

Yavuze kandi ko kwemera kujya mu biganiro by’amahoro atari ukwisuzuguza, cyangwa kugaragaza ko ufite intege nke, ahubwo ari byo byiza biruta kwemera ko amaraso akomeza kumeneka.

Aha ni ho yahise asaba ko ibiganiro by’i Luanda na Nairobi bikomeza , kandi bigashyirwamo imbaraga.

Perezida Mnangagwa Emerson wa Zimbabwe, uyoboye umuryango wa SADC, nawe ntiyagiye kure ye, kuko yavuze ko ibi biganiro biba mu mutuzo no mu bwisanzure, aho yagize ati: “Mureke dusase inzobe tuganire mu mutuzo no mu bwisanzure, kandi tubwizanye ukuri, nta bundi buryo twagera ku myanzuro myiza.”

Uyu mukuru w’igihugu cya Zimbabwe, yashigikiye nawe ibiganiro by’i Luanda na Nairobi ko byakomeza.

Abakuru b’ibihugu bitabiriye iyi nama, harimo perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni, uw’u Rwanda , Paul Kagame, uwa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, uwa Kenya, William Ruto, uwa Somalia, uwa Zimbabwe, n’uwa Zambia.

Gusa, perezida Félix Tshisekedi wa RDC, ntiyayitabiriye, we ubwe yifashishije ikorana buhanga rya none abasha kuyibamo, ariko akaba yari yayoherejemo minisitiri w’intebe w’igihugu cye, Judith Sumunwa.

Ikindi gihugu kitayitabiriye n’u Burundi, nabwo bwayoherejemo minisitiri w’intebe, mu gihe na Angola nayo yahagaririwe na minisitiri w’ubabanye n’amahanga.

Ikindi gihugu cyahagarariwe na minisitiri w’ubabanye n’amahanga ni Afrika y’Epfo.

Tags: EACIdar es SalaamM23SADC
Share55Tweet34Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Ibyo Gen. Makenga yabwiye inkomeri za FARDC ubwo yazisuraga.

Ibyo Gen. Makenga yabwiye inkomeri za FARDC ubwo yazisuraga.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?