Iby’inama yahuriyemo abayobozi batandukanye ku kibazo cy’umutekano muke muri RDC.
I Kampala muri Uganda hahuriye abategetsi batandukanye bo mu bihugu 11 byo muri Afrika, aho bagiye kurebera hamwe ikibazo cy’umutekano muke umaze igihe urangwa mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.
Ni nama iri bube kuri uyu wa gatatu tariki ya 28/05/2025, ikaba iza kwitabirwa n’aba minisitiri b’ubanye n’amahanga bo mu bihugu 11, nyuma iyabakuru bibyo bihugu nayo ibone kuba.
Tariki ya 24/02/2013, ni bwo abayobozi bibi bihugu byitabiriye iyi nama basinye amasezerano y’ubufanye. Ndetse icyo gihe hashyirwaho n’urwego rushinzwe gukurikirana uburyo ayo masezerano ashyirwa mu bikorwa rwiswe ROM (Regional Oversights Mechanism).
Ibyo bihugu byasinye aya masezerano harimo u Rwanda, Repubulika ya Centrafrique, RDC, Congo-Brazaville, Afrika y’Epfo, Sudan y’Epfo, Tanzania, Uganda, Kenya, Sudan na Zambia.
Muri aya masezerano, RDC yasabwe gukora impinduka zifatika mu rwego rw’umutekano, kwegereza abaturage ubuyobozi, gukora amavugurura mu nzego za Leta, kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge no kuvugurura imiyoborere by’umwihariko mu Burasizuba bwa Congo.
Ibi bihugu biri muri aya masezerano byasabwe kubahirana ubusugire n’ubwingenge, kudaha ubufasha imitwe yitwaje intwaro no kutihanganira abayifasha, gukomeza ubufatanye mu rwego rw’ubukungu n’ubutabera no kudacumbikira abakekwaho ibyaha by’intambara n’ibyibasira inyokomuntu.
Mu gihe imyaka 12 ishize aya masezerano yarashyizweho umukono, umutekano mu Burasizuba bwa Congo, wakomeje kuzamba, ndetse Leta y’iki gihugu ifasha imitwe yitwaje intwaro igamije kugira ngo iyifashe kurwanya umutwe wa M23 wayizengereje.
Mbere yuko iyi nama iterangira i Kampala, Ndayishimiye w’u Burundi uyoboye urwo rwego yabanje kwerekeza i Kinshasa muri RDC kuganira na perezida Felix Tshisekedi ku mutekano wa RDC no kumubano w’ibihugu byombi.
Binateganyijwe ko uyu Ndayishimiye uyoboye uru rwego rushyinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa aya masezerano kuva mu mwaka wa 2023, aza simburwa na perezida Yoweli Kaguta Miseveni kuri uwo mwanya.