Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Iby’inama yahuriyemo abayobozi batandukanye ku kibazo cy’umutekano muke muri RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 28, 2025
in Regional Politics
0
Iby’inama yahuriyemo abayobozi batandukanye ku kibazo cy’umutekano muke muri RDC.
86
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Iby’inama yahuriyemo abayobozi batandukanye ku kibazo cy’umutekano muke muri RDC.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

I Kampala muri Uganda hahuriye abategetsi batandukanye bo mu bihugu 11 byo muri Afrika, aho bagiye kurebera hamwe ikibazo cy’umutekano muke umaze igihe urangwa mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ni nama iri bube kuri uyu wa gatatu tariki ya 28/05/2025, ikaba iza kwitabirwa n’aba minisitiri b’ubanye n’amahanga bo mu bihugu 11, nyuma iyabakuru bibyo bihugu nayo ibone kuba.

Tariki ya 24/02/2013, ni bwo abayobozi bibi bihugu byitabiriye iyi nama basinye amasezerano y’ubufanye. Ndetse icyo gihe hashyirwaho n’urwego rushinzwe gukurikirana uburyo ayo masezerano ashyirwa mu bikorwa rwiswe ROM (Regional Oversights Mechanism).

Ibyo bihugu byasinye aya masezerano harimo u Rwanda, Repubulika ya Centrafrique, RDC, Congo-Brazaville, Afrika y’Epfo, Sudan y’Epfo, Tanzania, Uganda, Kenya, Sudan na Zambia.

Muri aya masezerano, RDC yasabwe gukora impinduka zifatika mu rwego rw’umutekano, kwegereza abaturage ubuyobozi, gukora amavugurura mu nzego za Leta, kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge no kuvugurura imiyoborere by’umwihariko mu Burasizuba bwa Congo.

Ibi bihugu biri muri aya masezerano byasabwe kubahirana ubusugire n’ubwingenge, kudaha ubufasha imitwe yitwaje intwaro no kutihanganira abayifasha, gukomeza ubufatanye mu rwego rw’ubukungu n’ubutabera no kudacumbikira abakekwaho ibyaha by’intambara n’ibyibasira inyokomuntu.

Mu gihe imyaka 12 ishize aya masezerano yarashyizweho umukono, umutekano mu Burasizuba bwa Congo, wakomeje kuzamba, ndetse Leta y’iki gihugu ifasha imitwe yitwaje intwaro igamije kugira ngo iyifashe kurwanya umutwe wa M23 wayizengereje.

Mbere yuko iyi nama iterangira i Kampala, Ndayishimiye w’u Burundi uyoboye urwo rwego yabanje kwerekeza i Kinshasa muri RDC kuganira na perezida Felix Tshisekedi ku mutekano wa RDC no kumubano w’ibihugu byombi.

Binateganyijwe ko uyu Ndayishimiye uyoboye uru rwego rushyinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa aya masezerano kuva mu mwaka wa 2023, aza simburwa na perezida Yoweli Kaguta Miseveni kuri uwo mwanya.

Tags: KampalaRdcROMUmutekano
Share34Tweet22Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Perezida w’u Burusiya yabwiwe ko ari gukina n’umuriro ugurumana.

Perezida w'u Burusiya yabwiwe ko ari gukina n'umuriro ugurumana.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?