• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Iby’inama yateranye ku kibazo cya RDC y’akanama ka Loni gashyinzwe amahoro ku isi.

minebwenews by minebwenews
March 27, 2025
in World News
0
Iby’inama yateranye ku kibazo cya RDC y’akanama ka Loni gashyinzwe amahoro ku isi.
106
SHARES
2.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Iby’inama yateranye ku kibazo cya RDC y’akanama ka Loni gashyinzwe amahoro ku isi.

You might also like

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

Akanama k’umuryango w’Abibumbye gashyinzwe amahoro n’umutekano ku isi, kateranye kuri uyu wa kane tariki ya 27/03/2025, mu nama igamije kurebera hamwe ibibazo bimaze iminsi mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Iyi nama bivugwa ko yanitabiriwe n’u Rwanda, aho rwahagarariwe na minisitiri w’ubanye n’amahanga warwo, Olivier Ndugungirehe.

Nk’uko amakuru abivuga iyi nama yabereye i New York muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, u Rwanda rukaba rwayitanzemo ubutumwa rubinyujije kuri minisitiri w’ubanye n’amahanga warwo.

Mu butumwa minisiteri y’ubanye n’amahanga y’u Rwanda yashyize hanze, yagaragaje ko iyi nama ivugirwamo ibibazo by’umutekano muke uri mu Burasizuba bwa Congo, ndetse kandi ko havugirwamo n’ubutumwa bw’umuryango w’Abibumbye muri aka gace (Monusco).

Iyi nteko y’akanama k’umuryango w’Abibumbye gashyinzwe amahoro n’umutekano ku isi, kateranye nyuma y’iminsi ibiri Abakuru b’ibihugu bigize imiryango ya EAC na SADC bakoze inama na yo yigaga ku bibazo bimaze igihe mu Burasizuba bwa Congo.

Ni nama amakuru avuga ko yafatiwemo imyanzuro irimo ishyirwaho ry’abahuza mu gushaka umuti w’ibibazo, ari bo Olusegun Obasanjo wigeze kuba perezida wa Nigeria, Uhuru Kenyatta wabaye perezida wa Kenya, Kgalema Motlante wabaye perezida wa afrika y’Epfo, Catherina Samba Panza wabaye perezida wa Repubulika ya Centrafrique na Sahle-Work Zewde wigeze kuba perezida wa Ethiopia.

Muri iyi nama kandi Abakuru b’ibihugu basabye abayoboye iyi miryango uwa EAC n’uwa SADC, gutegura ikiganiro mu minsi irindwi, bakaganira n’aba bahuza.

Umuryango w’Abibumbye wongeye guhura kuri iki kibazo, mu gihe wari umaze iminsi ushimangira ko ibibazo byo mu Burasizuba bwa Congo, bigomba gushakirwa umuti binyuze mu biganiro bya politiki, ari na byo bishyizwe imbere n’iyi miryango yombi yo ku mugabane wa Afrika, Congo ibereye umunyamuryango.

Tags: Ikibazo cya RDCInamaLoni
Share42Tweet27Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo avuga n'impamvu Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo ayita minisiteri y'intambara, avuga ko isi...

Read moreDetails

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

Icyemezo gikakaye n'icyo ubutabera bw'i Dubai bwafashe ku mwana w'umukobwa w'imyaka 23 Umukobwo w'imyaka 23 y'amavuko witwa Mia O'Brien ukomoka mu ntara ya Liverpool mu Bwongereza urukiko rw'i...

Read moreDetails

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango Mu karasisi gakomeye aho u Bushinwa bwamuritse intwaro zimwe zitari zizwi hamwe n'abasirikare ibihumbi batambuka badasobanya,...

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

by minebwenews
August 31, 2025
0
U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban Guverinoma y'u Burusiya yasezeanyije iy'Aba-Taliban kuyitera inkunga kurushaho uko bwahoraga buyibatera. Bisanzwe bizwi ko Leta y'Aba-Taliban ko ari yo iyoboye...

Read moreDetails

Kubera telefone minisitiri w’intebe wa Thailand yegujwe

by minebwenews
August 31, 2025
0
Kubera telefone minisitiri w’intebe wa Thailand yegujwe

Kubera telefone minisitiri w'intebe wa Thailand yegujwe Urukiko rw'ikirenga rwo muri Thailand rwafashe icyemezo cyo kweguza minisitiri w'intebe w'iki gihugu, Poetongtarn Shinawatra, kubera ikiganiro cya telefone yagiranye na...

Read moreDetails
Next Post
Ibirimo kuvugwa nyuma y’aho visi perezida wa Sudan y’Epfo atawe muri yombi.

Ibirimo kuvugwa nyuma y'aho visi perezida wa Sudan y'Epfo atawe muri yombi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?